Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu 11 Bo Muri Gasabo Na Bugesera Nibo Bahitanywe N’Inzoga Umuneza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abantu 11 Bo Muri Gasabo Na Bugesera Nibo Bahitanywe N’Inzoga Umuneza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 January 2022 10:10 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imibare itangazwa kugeza ubu yerekana ko abantu 11 barimo abo mu Karere ka Gasabo n’abo mu Karere ka Bugesera ari bo bishwe n’inzoga Umuneza  ikorwa n’Uruganda RWANDABEV Ltd. Ubugenzacyaha bwamaze gufata abantu batanu barimo Marcel Ngarambe nyiri ruriya ruganda.

Umuvugizi w’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, RIB, Dr Thierry B Murangira yabwiye The New Times ko abafashwe bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano no gukoresha ibiyobyabwenge bigatuma hari abapfa.

Umuneza ngo bawusanzemo ibinyabutabire byo mu bwoko bwa Methanol bigira ingaruka zikomeye ku bwonko n’umutima.

Nyiri uruganda RWANDABEV Ltd Marcel Ngarambe yatawe muri yombi kuri uyu wa Mbere tariki 03, Mutarama, 2021.

Abandi bane bakurikiranyweho uruhare muri kiriya kibazo cyahitanye abantu 11, bo bafashwe tariki 27, Ukuboza, 2021.

Ikindi ni uko Ubuvugizi bwa RIB buvuga ko hari abandi bantu bane bataye ubushobozi bwo kubona, ubu bakaba bari kwitabwaho  mu bitaro bya Kaminuza bya Kigali( CHUK).

Dr Murangira yabwiye The New Times ati: “ Ikinyobwa Umuneza gifite ikinyabutabire kitwa methanol. Ibi byerekanywe n’ibisubizo byatanzwe n’Ikigo Rwanda Forensic Laboratory. Ibisubizo byarekanye ko ba nyakwigendera bishwe na kiriya kinyabutabire.”

Abafashwe bakurikiranyweho uruhare muri kiriya cyaha bafungiye kuri stations za RIB zitandukanye harimo iya Kimihurura, iya Kicukiro n’iya Gikondo.

Ku wa Kabiri tariki 28, Ukuboza, 2021 nibwo Ikigo gishinzwe kugenzura ibiribwa n’imiti, Rwanda FDA, cyahagaritse ku isoko amoko abiri y’inzoga zikoze mu bitoki. Imwe yitwa Umuneza na Tuzane.

Uruganda RWANDABEV Ltd rukora ‘Umuneza’ naryo rwarahagaritswe ndetse n’urundi  rwitwa ISANGANIZABAGABO LTD cy’i Rwamagana rukora inzoga ‘Tuzane’ narwo rurahagarikwa.

TAGGED:BugeserafeaturedGasaboInzogaUmuneza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urukiko Rwitambitse Icyemezo Cyo Kwirukana Abanyarwanda Umunani Muri Niger
Next Article Bemeza Ko Guterwa AstraZeneca Ya Gatatu Birinda Omicron Ku Kigero Kinini
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?