Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu 46 Basanzwe Barapfiriye Mu Ikamyo Itwara Imizigo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abantu 46 Basanzwe Barapfiriye Mu Ikamyo Itwara Imizigo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 June 2022 9:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bivugwa ko abantu 46 basanzwe mu ikamyo barapfuye bari abimukira bari bavuye muri Mexique bagiye muri Leta zunze ubumwe z’Amerika ariko mu buryo budakurikije amategeko.

Ikamyo bapfiriyemo yasanzwe muri mu Murwa mukuru wa Leta ya Texas witwa Austin.

Imiterere ya Leta ya Texas n’aho iherereye bituma abimukira bava muri Mexique ari ho baca cyane

Amakuru yatanzwe na Polisi avuga ko bariya bantu bazize ubushyuhe bwinshi bwabasanze mu cyumba iriya kamyo yatwaragamo ibicuruzwa, ni icyumba bita container.

Bishwe n’ubushyuhe bwagerezaga degere selisiyusi 100 kandi ubundi ubu nibwo bushyuhe amazi afata iyo aseruye bagiye kuyarikamo ubugari.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Itangazamakuru ryo muri Leta zunze ubumwe z’Amerika rivuga ko kiriya ari ishyano riguye muri Amerika rikaba ribaye mu myaka myinshi ishize aho abantu bangana kuriya bapfira rimwe kandi bakagwa ahantu hamwe.

Hari abandi bantu 16 basanzwemo bagifite akuka bajyanwa kwa muganga.

Polisi hari abandi bantu batatu yafunze kugira ngo isuzume niba nta ruhare urwo ari rwo rwose bagize mu rupfu rwa bariya bantu.

Basanze abantu 46 barapfiriye muri iyi kamyo

Mu myaka ishize, hari abandi bantu bapfuye bagerageza kwambuka ngo bave muri Amerika y’Amajyepfo mu bihugu nka Mexique bajye muri Amerika ariko bakahasiga ubuzima.

Abenshi bazira kurohama, abandi muri iki gihe barazira ubushyuhe bukabije buzamuka bukegera degere selisiyusi 100.

- Advertisement -

Muri iki gihe , ahantu hashyushye cyane kurusha ahandi ni ahitwa San Antonio.

Ubwo abapolisi bageraga aho iriya kamyo yari iri, basanze nta mushoferi uyirimo, bigakekwa ko abari bayitwaye bumvise ubushyuhe bubarembeje bakayivamo bakiruka.

Abapolisi bazaga kureba ikiri muri iyo kamyo yari imaze iminsi runaka ihagaze, batunguwe kandi bababazwa no kubona imirambo 46.

The New York Times yanditse ko aho iriya kamyo yasanzwe ari ahantu hakunze gukoreshwa n’abimukira bava muri Mexique.

Umuturage wo muri kariya gace yabwiye The New York Times ati: “ Nkunze kubona abantu bari mu modoka bazivamo bikoreye ibikapu, barangiza bagafata inzira bakagenda.”

Mu mwaka wa 2017 hari abandi bimukira nabo basanzwe mu ikamyo barapfiriyemo n;uko byagendekeye bariya b’i Texas. Bo baguye ahitwa Walmart muri  San Antonio.

Mu mwaka 2003,  hari abandi bantu 19 nabo bapfuye muri buriya buryo.

TAGGED:AbimukiraAmerikafeaturedPolisiUmuturage
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umugore Wa Bill Gates Aravuga Ibigwi By’u Rwanda Mu Kurwanya Malaria
Next Article CANAL+ Ikomeje Kudabagiza Abanyarwanda Muri Poromosiyo Y’Imyaka 30
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Ya Papa Francis

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?