Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu Batandatu Batawe Muri Yombi Bazira Kunyereza Ibikoresho Byo Kubaka Amashuri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Abantu Batandatu Batawe Muri Yombi Bazira Kunyereza Ibikoresho Byo Kubaka Amashuri

Last updated: 04 July 2021 9:12 am
Share
SHARE

Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abantu batandatu bo mu Karere ka Kamonyi, barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamiyaga, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Mukinga na rwiyemezamirimo.

Yatangaje ko hamwe n’abandi bantu bane, “bakurikiranweho kunyereza umutungo muri gahunda ya Leta yo kongera ibyumba by’amashuri mu Murenge wa Nyamiyaga, Akarere ka Kamonyi.”

Mu bafunzwe kandi harimo Umubaruramari w’Umurenge wa Nyamiyaga, umwarimu mu kigo cy’amashuri cya GS Ngoma n’Umuyobozi w’Ikigo cy’amashuri cya GS Mukinga.

Ubu bafungiwe kuri sitasiyo ya RIB ya Gacurabwenge na Rukoma, mu gihe hategurwa dosiye kugirango ishyikirizwe Ubushinzacyaha.

Mu mwaka ushize Leta yatangije umushinga wo kubaka ibyumba ibyumba 22,505 by’amashuri mu gihugu hose hagamijwe kugabanya ubucucike mu mashuri n’ingendo ku bana bigaga kure. Mu Karere ka Kamonyi ho hagombaga kubakwa ibyumba by’amashuri 657.

MInisiteri y’Imari n’Igenamigambi iheruka gutangaza ko kubaka ibyumba by’amashuri 11,501 imirimo igeze ku gipimo cya 94.13% naho kubaka ubwiherero 17,252 imirimo igeze kuri 87.57%.

Imirimo yo kubaka ibyumba by’amashuri bigeretse rimwe igeze ku gipimo cya 72.72%.

 

TAGGED:AmashurifeaturedKamonyiRIB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amerika: Abantu 121 Bamaze Iminsi 10 Munsi y’Inzu Yabagwiriye
Next Article Ni Umwanya Kuri Buri Wese Wo Gutekereza Uruhare Rwe – Ubutumwa Bwa FPR Ku Munsi Wo Kwibohora
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Muhanga: Bashinja Sosiyete Icukura Amabuye Y’Agaciro Kubambura

Miliyari Frw 1.2 Ziva Mu Gusura Nyungwe Zigiye Gufasha Abandi Bayituriye Kubaho Neza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

You Might Also Like

Ubukungu

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Menya Impamvu Kugabanya Ibiro Bigora

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?