Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu Miliyari 1.6 Nibo Bagizweho Ingaruka N’Ifungwa Ry’Amashuri Kubera COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Abantu Miliyari 1.6 Nibo Bagizweho Ingaruka N’Ifungwa Ry’Amashuri Kubera COVID-19

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 December 2021 3:08 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abahanga mu by’uburezi bateraniye mu Rwanda mu nama yigira hamwe uko imibereho ya mwarimu yarushaho kuba myiza bavuga ko ifungwa ry’amashuri ku isi yose kubera icyorezo COVID-19 ryagize ingaruka ku banyeshuri n’abarimu Miliyari 1.6 ku isi hose.

Inama yiswe Innovation in Teacher policy and practice for education recovery iri kwigira hamwe uko mu gihe kiri imbere uburezi butazongera gukomwa mu nkokora n’icyorezo, bugahagarara.

Bari kurebera hamwe ingamba zafatwa kugira ngo uburezi buzakomeze gutera imbere kandi bugere kuri bose, mbese bube uburezi budaheza.

Umwe mu miti bavuga ko igomba kuvugutirwa kiriya kibazo ni uguteza imbere ikoranabuhanga mu myigire n’imyigishirize.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Muri uru rwego abahanga mu by’uburezi barimo na Minisitiri w’uburezi mu Rwanda Dr Valentine Uwamariya bavuga ko mwarimu agomba guhabwa ubushobozi buhagije kugira ngo amenye aho ikoranabuhanga rigeze n’uburyo bwo kurikoresha aha abanyeshuri ubumenyi n’uburere.

Zimwe mu ntiti zitabiriye iriya nama

Abarimu bagomba guhabwa uburyo bwo kwagura imikorere yabo binyuze mu gukorana na bagenzi babo bakorera mu bihugu byabo n’ahandi ku isi.

Kubera ko ubumenyi bigira uko butangwa, bugomba no kugira ibikoresho byifashishwa mu kubitanga.

Ni ngombwa ko buri mwarimu mu bushobozi bw’igihugu cye n’ubwe ku giti cye agira ibikoresho by’ikoranabuhanga bimufasha guha abanyeshuri ubumenyi bacyeneye.

Ku rundi ruhande ariko, Afurika ifite akazi kenshi ko gufasha abarimu bayo kugira ubumenyi buhagije n’ibikoresho bigezweho byo kubutanga.

- Advertisement -

Ni umukoro utoroshye kuko intego ari ugutuma abarimu miliyoni 15 bagera kuri ziriya ntego kandi bitarenze umwaka wa 2030.

Bizasaba ba Leta kubishoramo imari ifatika kandi mu gihe kirekire.

Mu Rwanda byifashe gute?

Umwe mu barezi witwa Padiri Jean Paul Nshimiyimana uyobora Ishuri ryigisha abarimu ry’i Zaza mu Karere ka Ngoma avuga burya umurimo wa mwarimu ukomatanyije byinshi.

Ngo si ukuguma mu bintu bimwe gusa ahubwo  mwarimu aba agomba gukuruza amatsiko y’umwana ibintu bishya bituma akurikira neza uko ibintu byifashe ku isi.

Abajijwe niba nta mbogamizi abona zikizitira mwarimu ntabone n’uburyo bwo guhanga utwo dushya, Padiri Nshimiyimana yavuze ko ‘ingorane ntaho zitaba’.

Yunzemo ko n’ubwo ibintu bimeze gutyo, Leta y’u Rwanda ikora uko ishoboye igafasha abarimu ‘kwivana’ muri biriya bibazo.

Minisitiri w’uburezi Dr Valentine Uwamariya mu nama yateranye kuri uyu wa Kane tariki 02, Ukuboza, 2021

Minisitiri w’uburezi mu Rwanda Dr Uwamariya Valentine avuga ko ari ngombwa ko abarimu bubakirwa ubushobozi, kugira ngo akore neza akazi ke, kandi buri wese akazirikana ko ubumenyi n’icyubahiro afite muri iki gihe ‘abicyesha mwarimu.’

TAGGED:featuredMinisiteriMinisitiriMwarimuUbureziUwamariya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article KCB Group Yahagaritse Kugura Indi Banki Ya Atlas Mara
Next Article Rwanda Muri Kimwe Cya Kabiri Mu Irushanwa Rya Handball Ribera Muri Tanzania
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?