Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu Miliyari 1.6 Nibo Bagizweho Ingaruka N’Ifungwa Ry’Amashuri Kubera COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Abantu Miliyari 1.6 Nibo Bagizweho Ingaruka N’Ifungwa Ry’Amashuri Kubera COVID-19

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 December 2021 3:08 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abahanga mu by’uburezi bateraniye mu Rwanda mu nama yigira hamwe uko imibereho ya mwarimu yarushaho kuba myiza bavuga ko ifungwa ry’amashuri ku isi yose kubera icyorezo COVID-19 ryagize ingaruka ku banyeshuri n’abarimu Miliyari 1.6 ku isi hose.

Inama yiswe Innovation in Teacher policy and practice for education recovery iri kwigira hamwe uko mu gihe kiri imbere uburezi butazongera gukomwa mu nkokora n’icyorezo, bugahagarara.

Bari kurebera hamwe ingamba zafatwa kugira ngo uburezi buzakomeze gutera imbere kandi bugere kuri bose, mbese bube uburezi budaheza.

Umwe mu miti bavuga ko igomba kuvugutirwa kiriya kibazo ni uguteza imbere ikoranabuhanga mu myigire n’imyigishirize.

Muri uru rwego abahanga mu by’uburezi barimo na Minisitiri w’uburezi mu Rwanda Dr Valentine Uwamariya bavuga ko mwarimu agomba guhabwa ubushobozi buhagije kugira ngo amenye aho ikoranabuhanga rigeze n’uburyo bwo kurikoresha aha abanyeshuri ubumenyi n’uburere.

Zimwe mu ntiti zitabiriye iriya nama

Abarimu bagomba guhabwa uburyo bwo kwagura imikorere yabo binyuze mu gukorana na bagenzi babo bakorera mu bihugu byabo n’ahandi ku isi.

Kubera ko ubumenyi bigira uko butangwa, bugomba no kugira ibikoresho byifashishwa mu kubitanga.

Ni ngombwa ko buri mwarimu mu bushobozi bw’igihugu cye n’ubwe ku giti cye agira ibikoresho by’ikoranabuhanga bimufasha guha abanyeshuri ubumenyi bacyeneye.

Ku rundi ruhande ariko, Afurika ifite akazi kenshi ko gufasha abarimu bayo kugira ubumenyi buhagije n’ibikoresho bigezweho byo kubutanga.

Ni umukoro utoroshye kuko intego ari ugutuma abarimu miliyoni 15 bagera kuri ziriya ntego kandi bitarenze umwaka wa 2030.

Bizasaba ba Leta kubishoramo imari ifatika kandi mu gihe kirekire.

Mu Rwanda byifashe gute?

Umwe mu barezi witwa Padiri Jean Paul Nshimiyimana uyobora Ishuri ryigisha abarimu ry’i Zaza mu Karere ka Ngoma avuga burya umurimo wa mwarimu ukomatanyije byinshi.

Ngo si ukuguma mu bintu bimwe gusa ahubwo  mwarimu aba agomba gukuruza amatsiko y’umwana ibintu bishya bituma akurikira neza uko ibintu byifashe ku isi.

Abajijwe niba nta mbogamizi abona zikizitira mwarimu ntabone n’uburyo bwo guhanga utwo dushya, Padiri Nshimiyimana yavuze ko ‘ingorane ntaho zitaba’.

Yunzemo ko n’ubwo ibintu bimeze gutyo, Leta y’u Rwanda ikora uko ishoboye igafasha abarimu ‘kwivana’ muri biriya bibazo.

Minisitiri w’uburezi Dr Valentine Uwamariya mu nama yateranye kuri uyu wa Kane tariki 02, Ukuboza, 2021

Minisitiri w’uburezi mu Rwanda Dr Uwamariya Valentine avuga ko ari ngombwa ko abarimu bubakirwa ubushobozi, kugira ngo akore neza akazi ke, kandi buri wese akazirikana ko ubumenyi n’icyubahiro afite muri iki gihe ‘abicyesha mwarimu.’

TAGGED:featuredMinisiteriMinisitiriMwarimuUbureziUwamariya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article KCB Group Yahagaritse Kugura Indi Banki Ya Atlas Mara
Next Article Rwanda Muri Kimwe Cya Kabiri Mu Irushanwa Rya Handball Ribera Muri Tanzania
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?