Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanya Venezuela Bari Guhabwa Intwaro Zo Kuzahangana Na Amerika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Abanya Venezuela Bari Guhabwa Intwaro Zo Kuzahangana Na Amerika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 September 2025 5:49 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

I Caracas muri Venezuela hafatiwe umwanzuro wo guha abaturage intwaro, bagatozwa kurwana bitegura kuzahangana na Amerika igihe izaba ibashoyeho intambara.

Mbese abaturage bari gutegurirwa intambara.

Bari gutegurwa kuko hari amakuru y’uko Amerika ishaka kuzatera Venezuela, byatinda byatebuka…

Babishingira ku ngingo y’uko Amerika imaze iminsi yohereza ubwato bw’intambara mu mazi yegereye Venezuela cyanecyane hafi ya Puerto Rico.

Ubu rero abaturage bose bafite imyaka y’ubukure batangiye guhabwa imbunda, batozwa kurasa, kwihisha umwanzi, kumutega igico n’andi mayeri y’urugamba.

Mu byumweru bike bishize, abantu 17 biciwe mu bwato Amerika yarashe ivuga ko bwarimo abacuruza ibiyobyabwenge bashaka kubyinjiza ku butaka bwayo.

Minisitiri w’ingabo za Venezuela witwa Vladimir Padrino avuga ko ibyo Amerika iri gukora muri iki gihe ari ukuyigabaho igitero n’ubwo bitaraba mu buryo bweruye.

Ababirebera hafi bavuga ko n’ubwo Amerika yohereje ibikoresho bya gisirikare byinshi mu gace Venezuela irimo, bidahagije ku buryo wavuga ko bica amarenga y’intambara yeruye.

BBC yemeza ko n’ubwo hari uwabibona atyo, ikidashidikanywaho muri iki gihe ari uko umubano hagati ya Amerika na Venezuela ari mubi kuva aho Donald Trump asubiriye ku butegetsi.

Muri Nyakanga 2024 ubwo Nicolas Maduro yatorwaga, Amerika yanze kwemera ko yayatsinze ahubwo yemeza ko yayibye.

Ishinja Maduro kuba inyuma y’udutsiko tw’abacuruza ibiyobyabwenge babyinjiza muri Amerika, ikaba ari nayo mpamvu Washington yamushyizeho igihembo cya Miliyoni $50 zizahabwa uwo ari we wese watuma afatwa.

Maduro ahakana ibi, ahubwo akemeza ko Amerika ishaka ko avaho hakajyaho uwo izakoresha mu gucukura Petelori na Gazi Venezuela ikungahayeho.

Ibyo rero biri mu biri gutuma amahanga agira impungenge ko hashobora kwaduka intambara muri kiriya gice cya Amerika y’Amajyepfo.

TAGGED:AbaturageAmerikafeaturedIntambaraVenezuela
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanya Venezuela Bari Guhabwa Intwaro Zo Kuzahangana Na Amerika

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Muhanga: Ba Nyiri Ibirombe Bibukijwe Gushyira Abakozi Muri Ejo Heza

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tshisekedi Yavuze Ko u Rwanda Rutacyuye Ingabo Zarwo

Trump Yabwiye Isi Ko Ikabiriza Iby’Imihindagurikire Y’Ikirere

Intambara Iratutumba Hagati Ya Pologne N’Uburusiya

Ubufaransa Bwatangaje Ko Bwemeye Palestine Nk’Igihugu Kigenga Byuzuye

U Rwanda Rwiyemeje Kuba Ihuriro Ry’Ishoramari Mu Karere- RDB

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ese Netanyahu Azasinya Inyandiko Ya Amerika Yo Kurangiza Intambara Na Hamas?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Nyamvumba Yahaye Rayon Sports Umukoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yabwiye UN Ko Igihe Kigeze Afurika Igahagararirwa Mu Kanama Kayo K’Umutekano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?