Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanya Venezuela Bari Guhabwa Intwaro Zo Kuzahangana Na Amerika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Abanya Venezuela Bari Guhabwa Intwaro Zo Kuzahangana Na Amerika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 September 2025 5:49 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

I Caracas muri Venezuela hafatiwe umwanzuro wo guha abaturage intwaro, bagatozwa kurwana bitegura kuzahangana na Amerika igihe izaba ibashoyeho intambara.

Mbese abaturage bari gutegurirwa intambara.

Bari gutegurwa kuko hari amakuru y’uko Amerika ishaka kuzatera Venezuela, byatinda byatebuka…

Babishingira ku ngingo y’uko Amerika imaze iminsi yohereza ubwato bw’intambara mu mazi yegereye Venezuela cyanecyane hafi ya Puerto Rico.

Ubu rero abaturage bose bafite imyaka y’ubukure batangiye guhabwa imbunda, batozwa kurasa, kwihisha umwanzi, kumutega igico n’andi mayeri y’urugamba.

Mu byumweru bike bishize, abantu 17 biciwe mu bwato Amerika yarashe ivuga ko bwarimo abacuruza ibiyobyabwenge bashaka kubyinjiza ku butaka bwayo.

Minisitiri w’ingabo za Venezuela witwa Vladimir Padrino avuga ko ibyo Amerika iri gukora muri iki gihe ari ukuyigabaho igitero n’ubwo bitaraba mu buryo bweruye.

Ababirebera hafi bavuga ko n’ubwo Amerika yohereje ibikoresho bya gisirikare byinshi mu gace Venezuela irimo, bidahagije ku buryo wavuga ko bica amarenga y’intambara yeruye.

BBC yemeza ko n’ubwo hari uwabibona atyo, ikidashidikanywaho muri iki gihe ari uko umubano hagati ya Amerika na Venezuela ari mubi kuva aho Donald Trump asubiriye ku butegetsi.

Muri Nyakanga 2024 ubwo Nicolas Maduro yatorwaga, Amerika yanze kwemera ko yayatsinze ahubwo yemeza ko yayibye.

Ishinja Maduro kuba inyuma y’udutsiko tw’abacuruza ibiyobyabwenge babyinjiza muri Amerika, ikaba ari nayo mpamvu Washington yamushyizeho igihembo cya Miliyoni $50 zizahabwa uwo ari we wese watuma afatwa.

Maduro ahakana ibi, ahubwo akemeza ko Amerika ishaka ko avaho hakajyaho uwo izakoresha mu gucukura Petelori na Gazi Venezuela ikungahayeho.

Ibyo rero biri mu biri gutuma amahanga agira impungenge ko hashobora kwaduka intambara muri kiriya gice cya Amerika y’Amajyepfo.

TAGGED:AbaturageAmerikafeaturedIntambaraVenezuela
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare
Next Article Amerika: Abantu Biciwe Mu Rusengero
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUbumenyi Rusange

Mu Isanzure Haba Inyenyeri Zingahe?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?