Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanya Venezuela Bari Guhabwa Intwaro Zo Kuzahangana Na Amerika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Abanya Venezuela Bari Guhabwa Intwaro Zo Kuzahangana Na Amerika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 September 2025 5:49 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

I Caracas muri Venezuela hafatiwe umwanzuro wo guha abaturage intwaro, bagatozwa kurwana bitegura kuzahangana na Amerika igihe izaba ibashoyeho intambara.

Mbese abaturage bari gutegurirwa intambara.

Bari gutegurwa kuko hari amakuru y’uko Amerika ishaka kuzatera Venezuela, byatinda byatebuka…

Babishingira ku ngingo y’uko Amerika imaze iminsi yohereza ubwato bw’intambara mu mazi yegereye Venezuela cyanecyane hafi ya Puerto Rico.

Ubu rero abaturage bose bafite imyaka y’ubukure batangiye guhabwa imbunda, batozwa kurasa, kwihisha umwanzi, kumutega igico n’andi mayeri y’urugamba.

Mu byumweru bike bishize, abantu 17 biciwe mu bwato Amerika yarashe ivuga ko bwarimo abacuruza ibiyobyabwenge bashaka kubyinjiza ku butaka bwayo.

Minisitiri w’ingabo za Venezuela witwa Vladimir Padrino avuga ko ibyo Amerika iri gukora muri iki gihe ari ukuyigabaho igitero n’ubwo bitaraba mu buryo bweruye.

Ababirebera hafi bavuga ko n’ubwo Amerika yohereje ibikoresho bya gisirikare byinshi mu gace Venezuela irimo, bidahagije ku buryo wavuga ko bica amarenga y’intambara yeruye.

BBC yemeza ko n’ubwo hari uwabibona atyo, ikidashidikanywaho muri iki gihe ari uko umubano hagati ya Amerika na Venezuela ari mubi kuva aho Donald Trump asubiriye ku butegetsi.

Muri Nyakanga 2024 ubwo Nicolas Maduro yatorwaga, Amerika yanze kwemera ko yayatsinze ahubwo yemeza ko yayibye.

Ishinja Maduro kuba inyuma y’udutsiko tw’abacuruza ibiyobyabwenge babyinjiza muri Amerika, ikaba ari nayo mpamvu Washington yamushyizeho igihembo cya Miliyoni $50 zizahabwa uwo ari we wese watuma afatwa.

Maduro ahakana ibi, ahubwo akemeza ko Amerika ishaka ko avaho hakajyaho uwo izakoresha mu gucukura Petelori na Gazi Venezuela ikungahayeho.

Ibyo rero biri mu biri gutuma amahanga agira impungenge ko hashobora kwaduka intambara muri kiriya gice cya Amerika y’Amajyepfo.

TAGGED:AbaturageAmerikafeaturedIntambaraVenezuela
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare
Next Article Amerika: Abantu Biciwe Mu Rusengero
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Sarkozy Agiye Kurekurwa

Meteo Rwanda Yatangaje Imvura Nyinshi Ugereranyije Nisanzwe Mu Ukuboza

Abayobozi Ba BBC Baravugwaho Kubeshyera Trump 

Guhangana N’Imihindagurikire Y’Ikirere Bizahenda u Rwanda

Imidugararo Y’Amatora Muri Cameroun Yatumye Ibiciro Muri Centrafrique Bizamuka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Nyarugenge: Polisi Yafashe Abanigaga Abantu Mu Ijoro Batashye

Dagalo Uvugwaho Gukora Jenoside Muri Sudani Ni Muntu Ki?

Kuri Perezida Kagame Nta Terambere Rirambye Igihe Umuturage Ahejwe

Umuyobozi Wa Qatar Yaganiriye N’Uw’u Rwanda Ku Bihuza Ibihugu Byombi 

You Might Also Like

Imibereho Y'Abaturage

Nyamasheke: Abaturage Barasaba Kugabanyirizwa Tike Y’Ubwato Bubafasha Kujya Guhaha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Harabura 5% Ngo Ubumwe N’Ubwiyunge Mu Banyarwanda Bube 100%

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Kitoko Bibarwa Agarutse Mu Rwanda Ari Intiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

U Rwanda Rugiye Kwikira Inama Y’Abayobora Amashuri Ya Gisirikare Muri Afurika 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?