Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyamahanga Biga Muri Harvard Bareze Leta Ya Trump
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Abanyamahanga Biga Muri Harvard Bareze Leta Ya Trump

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 May 2025 6:06 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abanyamahanga biga muri Kaminuza ya mbere muri Amerika yitwa Harvard University bagejeje ikirego mu nkiko barega ubutegetsi bwa Donald Trump kubera icyemezo bwafashe cy’uko iyo Kaminuza ikwiye gushaka ahandi ibohereza kandi ko nta munyamahanga ikwiye kongera kwakira.

Ubutegetsi bwa Donald Trump bwanzuye ko Kaminuza ya Harvard itazongera kwakira abo banyeshuri kuko babyitwaza bakabiba urwango ku Bayahudi bigana.

Ikirego abanyeshuri b’iyo Kaminuza batanze kivuga ko ibyo ubutegetsi bwa Amerika bwakoze bidakwiye kandi bihabanye n’amategeko.

Ibiro bya Trump bivuga ko iriya Kaminuza ntacyo yakoze ngo ikumire ivangura n’ihohoterwa rikorerwa Abayahudi kandi ngo ntiyahinduye ibyo igendereho mu kwakira abayigana.

Ibi ariko ubuyobozi bw’iyi Kaminuza bubihakana bwivuye inyuma.

BBC ivuga ko icyemezo cya Amerika cyo kuvana bariya banyeshuri muri Harvard cyahungabanyije benshi, gituma ubuyobozi bwayo butanga ikirego.

Abanyeshuri 6,800 b’abanyamahanga nibo biga muri iyo Kaminuza bakaba 27% by’abahiga bose.

Perezida wa Kaminuza ya Harvard witwa Alan Garber yavuze ko ibyo Trump n’ubuyobozi bwe bakoze bidahuje n’amategeko asanzwe kandi ko kwemeza ikintu kidashingiye ku itegeko bidakwiye.

Yanditse ati: ” Ibyo ubutegetsi buri gukora bigize uruhererekane rw’ibyo bushaka ko dukora ngo tureke kugira ubwigenge bwacu nka Kaminuza bwaba ubwo gutegura integanyanyigisho, ubwo gushyiraho ibyiciro by’amasomo yacu no kugena abaza kwiga muri Kaminuza yacu”.

Ubutegetsi bwa Trump kandi bushinjwa kubangamira izindi Kaminuza zikomeye muri Amerika.

Imwe muri zo ni Columbia University ikorera muri Leta ya New York.

Muri Mata, 2025, Ibiro bya Trump byanzuye ko amafaranga y’umusoro Harvard yari yarasonewe iwushyiriweho, ko izajya iwusora.

Ni umusoro ungana na Miliyari $2.2.

Icyemezo cya Trump kizagira ingaruka ku banyeshuri benshi bigaga cyangwa bashakaga kuziga muri Kaminuza ya Harvard.

Kaminuza za Amerika zirebwa n’ibyemezo bya Trump ni izigaragaramo abantu bagaragaza ko bashyigikiye Palestine.

Umunyamabanga wa Leta muri Amerika ushinzwe ibibera imbere mu gihugu witwa Kristi Noem niwe watangaje icyemezo cy’ubutegetsi cya Donald Trump.

Kaminuza ya Harvard yashinzwe Tariki 28, Ukwakira, 1636, ikaba ari yo ya mbere yashinzwe muri Amerika.

Bivugwa ko yitiriwe umukire witwa John Harvard wari umukire wize wakundaga ibitabo, akaba yarayihaye inzu za mbere yakoreyemo zirimo n’inzu y’ibitabo yari irimo ibitabo 400.

TAGGED:AbanyamahangaAbanyeshurifeaturedKaminuzaTrump
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uko I&M Bank Rwanda Yungutse Mu Mezi Atatu Ashize
Next Article Jeannette Kagame Arahemba Abakobwa Batsinze Neza Ibizamini Bya Leta
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abagendera Muri Rwandair Bazajya Bareberamo ‘Filimi Nyarwanda’

Abaturiye CIMERWA Bagiye Kwimurwa

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Abanyarwanda Bitabiriye UCI

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Tigers BBC Yatwaye Bwa Mbere Igikombe Cya Rwanda Cup

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

IkoranabuhangaImibereho Y'Abaturage

Ababyeyi Baraburirwa Ko Tik Tok Ibangiriza Abana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Arashinja Polisi Kumubuza Kwiyamamaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?