Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyamahanga Biga Muri Harvard Bareze Leta Ya Trump
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Abanyamahanga Biga Muri Harvard Bareze Leta Ya Trump

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 May 2025 6:06 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abanyamahanga biga muri Kaminuza ya mbere muri Amerika yitwa Harvard University bagejeje ikirego mu nkiko barega ubutegetsi bwa Donald Trump kubera icyemezo bwafashe cy’uko iyo Kaminuza ikwiye gushaka ahandi ibohereza kandi ko nta munyamahanga ikwiye kongera kwakira.

Ubutegetsi bwa Donald Trump bwanzuye ko Kaminuza ya Harvard itazongera kwakira abo banyeshuri kuko babyitwaza bakabiba urwango ku Bayahudi bigana.

Ikirego abanyeshuri b’iyo Kaminuza batanze kivuga ko ibyo ubutegetsi bwa Amerika bwakoze bidakwiye kandi bihabanye n’amategeko.

Ibiro bya Trump bivuga ko iriya Kaminuza ntacyo yakoze ngo ikumire ivangura n’ihohoterwa rikorerwa Abayahudi kandi ngo ntiyahinduye ibyo igendereho mu kwakira abayigana.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ibi ariko ubuyobozi bw’iyi Kaminuza bubihakana bwivuye inyuma.

BBC ivuga ko icyemezo cya Amerika cyo kuvana bariya banyeshuri muri Harvard cyahungabanyije benshi, gituma ubuyobozi bwayo butanga ikirego.

Abanyeshuri 6,800 b’abanyamahanga nibo biga muri iyo Kaminuza bakaba 27% by’abahiga bose.

Perezida wa Kaminuza ya Harvard witwa Alan Garber yavuze ko ibyo Trump n’ubuyobozi bwe bakoze bidahuje n’amategeko asanzwe kandi ko kwemeza ikintu kidashingiye ku itegeko bidakwiye.

Yanditse ati: ” Ibyo ubutegetsi buri gukora bigize uruhererekane rw’ibyo bushaka ko dukora ngo tureke kugira ubwigenge bwacu nka Kaminuza bwaba ubwo gutegura integanyanyigisho, ubwo gushyiraho ibyiciro by’amasomo yacu no kugena abaza kwiga muri Kaminuza yacu”.

- Advertisement -

Ubutegetsi bwa Trump kandi bushinjwa kubangamira izindi Kaminuza zikomeye muri Amerika.

Imwe muri zo ni Columbia University ikorera muri Leta ya New York.

Muri Mata, 2025, Ibiro bya Trump byanzuye ko amafaranga y’umusoro Harvard yari yarasonewe iwushyiriweho, ko izajya iwusora.

Ni umusoro ungana na Miliyari $2.2.

Icyemezo cya Trump kizagira ingaruka ku banyeshuri benshi bigaga cyangwa bashakaga kuziga muri Kaminuza ya Harvard.

Kaminuza za Amerika zirebwa n’ibyemezo bya Trump ni izigaragaramo abantu bagaragaza ko bashyigikiye Palestine.

Umunyamabanga wa Leta muri Amerika ushinzwe ibibera imbere mu gihugu witwa Kristi Noem niwe watangaje icyemezo cy’ubutegetsi cya Donald Trump.

Kaminuza ya Harvard yashinzwe Tariki 28, Ukwakira, 1636, ikaba ari yo ya mbere yashinzwe muri Amerika.

Bivugwa ko yitiriwe umukire witwa John Harvard wari umukire wize wakundaga ibitabo, akaba yarayihaye inzu za mbere yakoreyemo zirimo n’inzu y’ibitabo yari irimo ibitabo 400.

TAGGED:AbanyamahangaAbanyeshurifeaturedKaminuzaTrump
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uko I&M Bank Rwanda Yungutse Mu Mezi Atatu Ashize
Next Article Jeannette Kagame Arahemba Abakobwa Batsinze Neza Ibizamini Bya Leta
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Jeannette Kagame Arahemba Abakobwa Batsinze Neza Ibizamini Bya Leta

Abanyamahanga Biga Muri Harvard Bareze Leta Ya Trump

Uko I&M Bank Rwanda Yungutse Mu Mezi Atatu Ashize

Martin Ngoga Yabaye Ambasaderi W’u Rwanda Muri UN

Igihangange Manny Pacquiao Agiye Kugaruka Mu Iteramakofe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzima

Abatuye Umujyi Wa Kigali Bari Mu Bibasiwe Na Malaria

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Intambara Y’Amagambo Hagati Ya Israel N’Ubwongereza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Kabila Yambuwe Ubudahangarwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

RIB Yafunze Abanyamahanga Batatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?