Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyamerika Baje Kureba Aho Bashora Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Abanyamerika Baje Kureba Aho Bashora Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 January 2025 12:58 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Itsinda ry’abantu 15 bavuye muri Leta ya Missouri muri Leta zunze ubumwe z’Amerika ryakiriwe n’Umuyobozi wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), Juliana Kangeli Muganza abaganiriza aho abona bashora imari.

Baje baturuka mu mujyi wa St. Louis, Missouri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ni itsinda riri mu Rwanda ngo rinoze ubufatanye mu bucuruzi, rishore imari mu bushakashatsi n’iterambere, ikoranabuhanga, uburezi, ubuzima na siporo hagati y’Umujyi wa Kigali n’uwa St Louis.

Aba bantu baje mu Rwanda nyuma y’uko hari Inama mpuzamahanga RDB yatabiriye iyigaragarizamo ko u Rwanda rwinjije miliyoni $ 247 mu mezi atandatu ya mbere y’umwaka wa 2023 aturutse mu bukerarugendo.

Bavugaga ko uwo mubare wazamutse ku kigero cya 56% ugereranyije na miliyoni $ 158 zabonetse mu gihe nk’icyo mu mwaka wa 2022.

Iyo nama yari yitabiriwe n’abayobozi b’ibihugu ndetse n’abakora mu bukerarugendo, kubungabunga ibidukikije, abikorera muri izo nzego n’abandi bose bagamije kwigira hamwe uko urwego rw’ubukerarugendo rwakorwa mu buryo bwiza.

Hagati aho muri Mata 2024, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubukerarugendo bushingiye ku Nama (RCB), cyatangaje ko mu 2023 ubu bukerarugendo bwinjirije u Rwanda miliyoni $ 95, avuye mu nama n’ibindi bikorwa bitandukanye igihugu cyakiriye icyo gihe.

Ayo mafaranga kandi yanganaga n’izamuka rya 48% ugereranyije n’ayo urwego rw’ubukerarugendo bushingiye ku nama rwari rwinjije mu mwaka wa 2022.

TAGGED:featuredIshoramariMuganzaRDBUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubushinwa: Umutingito Wishe Abantu 95
Next Article Kagame Yagiye Mu Irahira Rya Perezida Wa Ghana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?