Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyamerika Baje Kureba Aho Bashora Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Abanyamerika Baje Kureba Aho Bashora Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 January 2025 12:58 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Itsinda ry’abantu 15 bavuye muri Leta ya Missouri muri Leta zunze ubumwe z’Amerika ryakiriwe n’Umuyobozi wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), Juliana Kangeli Muganza abaganiriza aho abona bashora imari.

Baje baturuka mu mujyi wa St. Louis, Missouri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ni itsinda riri mu Rwanda ngo rinoze ubufatanye mu bucuruzi, rishore imari mu bushakashatsi n’iterambere, ikoranabuhanga, uburezi, ubuzima na siporo hagati y’Umujyi wa Kigali n’uwa St Louis.

Aba bantu baje mu Rwanda nyuma y’uko hari Inama mpuzamahanga RDB yatabiriye iyigaragarizamo ko u Rwanda rwinjije miliyoni $ 247 mu mezi atandatu ya mbere y’umwaka wa 2023 aturutse mu bukerarugendo.

Bavugaga ko uwo mubare wazamutse ku kigero cya 56% ugereranyije na miliyoni $ 158 zabonetse mu gihe nk’icyo mu mwaka wa 2022.

Iyo nama yari yitabiriwe n’abayobozi b’ibihugu ndetse n’abakora mu bukerarugendo, kubungabunga ibidukikije, abikorera muri izo nzego n’abandi bose bagamije kwigira hamwe uko urwego rw’ubukerarugendo rwakorwa mu buryo bwiza.

Hagati aho muri Mata 2024, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubukerarugendo bushingiye ku Nama (RCB), cyatangaje ko mu 2023 ubu bukerarugendo bwinjirije u Rwanda miliyoni $ 95, avuye mu nama n’ibindi bikorwa bitandukanye igihugu cyakiriye icyo gihe.

Ayo mafaranga kandi yanganaga n’izamuka rya 48% ugereranyije n’ayo urwego rw’ubukerarugendo bushingiye ku nama rwari rwinjije mu mwaka wa 2022.

TAGGED:featuredIshoramariMuganzaRDBUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubushinwa: Umutingito Wishe Abantu 95
Next Article Kagame Yagiye Mu Irahira Rya Perezida Wa Ghana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Thailand Ipfa Iki Na Cambodia?

Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”

Kigali: Yadukiriye Imodoka Ziparitse Mu Mujyi Azimena Ibirahure Atarobanura

Rwanda: Undi Mupolisi Yishwe N’Umuntu Wamugonze

Polisi Yafashe Abibaga Abatuye Ikirwa Cya Nkombo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ababitse Ibitabo By’Amateka Y’u Rwanda Barasabwa Kubishyira Inkoranyabitabo Y’Igihugu

DJ Toxxyk Akurikiranyweho Kugonga Umupolisi Agapfa

Ibitabo Umuntu Yandika Ni Umutungo We Bwite Ashobora No Gutanga- Prof Nzeyimana Wigisha Filozofiya

M23 Ivuga Ko Yakuye Abarwanyi Bayo Muri Uvira, Leta Ya Kinshasa Iti: ‘Murabeshya!’

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

You Might Also Like

Imikino

Amakipe Yaturutse Muri Sudan Ari Kwitwara Neza Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abanyarwanda Bumve Ko Batekanye- ACP Rutikanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Kirehe: Abimuwe Kubera Urugomero Rwa Rusumo Bagiye Gutaha Inzu Nshya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

BRD Yahawe Umuyobozi Mushya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?