Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyarwanda Bagiye Kororera Ingurube Muri Mozambique
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Abanyarwanda Bagiye Kororera Ingurube Muri Mozambique

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 January 2024 8:23 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abanyarwanda bacururiza muri Mozambique basuye rwiyemezamirimo ufite ikigo cyorora ingurube bya kijyambere ukorera muri Gicumbi witwa Jean Claude Shirimpumu abereka uko bazazororera muri Mozambique.

Bahavuye biyemeje gukomereza ubwo bworozi muri Mozambique aho batuye.

Iki gihugu gituwe n’abantu miliyoni 35 kandi abenshi bakunda inyama.

Mu mwaka wa 2023 hari Umunyarwanda wakoreye urugendo muri Gicumbi asanga borora neza ingurube ajya kubishishikariza bagenzi be yasize muri Mozambique.

Mu kiganiro bahaye itangazamakuru, Abanyarwanda basuye Shirimpumu bavuga ko ingurube abanya Mozambique barya bazikura muri Afurika y’Epfo ariko ngo bari kureba uko bazororera muri Mozambique bikagabanya izitumizwa hanze.

Umunyarwanda witwa Nyamwasa Alex utuye mu mujyi wa Maputo muri Mozambike agira ati:” Dukorera mu gihugu gifite abaturage benshi kandi bafite ubushobozi, bagera kuri Miliyoni 35, kandi barya inyama z’ ingurube ku rwego rwo hejuru cyane. Twakoze urugendo shuri kwa Shirimpumu kugira ngo turebe uko twafatanya n’uyu mucuruzi natwe tugashora muri ubu bworozi“.

Manirarora Diogene nawe akorera ishoramari muri Mozambike mu bikorwa byo kubaka inzu.

Avuga ko agiye gushora mu bworozi bw’ingurube bwa kijyambere.

Shirimpumu Claude uhagarariye aborozi b’ingurube mu Rwanda akaba ari nawe wari wabashishikarije gusura aho akorera ubworozi , avuga ko ubwo aherutse muri Mozambique, bamubwiye ko bazamusura akabigisha.

Ati:” Mbere ubworozi bw’ingurube bwakorwaga mu buryo bwa gakondo abantu ntibabihe agaciro, ariko iyo woroye ubikunze ubonamo inyungu, hakenewe guhindura imyumvire y’ abantu bacyeka ko ingurube iba mu isayo, kirazira kuko iyo uyitoje usanga ari itungo ryubaha isuku cyane. Turashishikariza abantu guhindura iyo myumvire.”

Avuga ko mu bworozi bw’ingurube umuntu ahitamo izo yorora kuko hari izitanga inyama n’izororerwa kubera izindi icyororo kuko zitanga intanga gusa.

Intego y’aborozi b’ingurube mu Rwanda ni ukorora kinyamwuga no kwagura amasoko ku rwego mpuzamahanga.

Ubwo aba Banyarwanda baba Mozambique basuraga Shirimpumu bari bazanye n’ uwahoze ari Ambasaderi w’uRwanda muri Mozambique witwa Nikobisanzwe Claude, ariko kuri ubu akaba asigaye akorera mu Rwanda.

Bigishijwe ko hari ingurube ziba zaragenewe gutanga intanga za kijyambere gusa nta kindi kintu zikora.

Ni ingurube zitanga icyororo cyane kuko hari izibwagura ibyana 15 kuzamura.

Hari n’izitanga inyama ku bwinshi kuko hari izo usanga zipima ibilo hagati ya 250 na 300 no kuzamura.

TAGGED:AbanyarwandafeaturedIngurubeMozambiqueShirimpumuUbworozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Pasiteri Ezra Mpyisi Yatabarutse
Next Article U Rwanda Rwahawe Kuyobora Ingabo Za EAC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?