Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyarwanda Bagiye Kororera Ingurube Muri Mozambique
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Abanyarwanda Bagiye Kororera Ingurube Muri Mozambique

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 January 2024 8:23 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abanyarwanda bacururiza muri Mozambique basuye rwiyemezamirimo ufite ikigo cyorora ingurube bya kijyambere ukorera muri Gicumbi witwa Jean Claude Shirimpumu abereka uko bazazororera muri Mozambique.

Bahavuye biyemeje gukomereza ubwo bworozi muri Mozambique aho batuye.

Iki gihugu gituwe n’abantu miliyoni 35 kandi abenshi bakunda inyama.

Mu mwaka wa 2023 hari Umunyarwanda wakoreye urugendo muri Gicumbi asanga borora neza ingurube ajya kubishishikariza bagenzi be yasize muri Mozambique.

Mu kiganiro bahaye itangazamakuru, Abanyarwanda basuye Shirimpumu bavuga ko ingurube abanya Mozambique barya bazikura muri Afurika y’Epfo ariko ngo bari kureba uko bazororera muri Mozambique bikagabanya izitumizwa hanze.

Umunyarwanda witwa Nyamwasa Alex utuye mu mujyi wa Maputo muri Mozambike agira ati:” Dukorera mu gihugu gifite abaturage benshi kandi bafite ubushobozi, bagera kuri Miliyoni 35, kandi barya inyama z’ ingurube ku rwego rwo hejuru cyane. Twakoze urugendo shuri kwa Shirimpumu kugira ngo turebe uko twafatanya n’uyu mucuruzi natwe tugashora muri ubu bworozi“.

Manirarora Diogene nawe akorera ishoramari muri Mozambike mu bikorwa byo kubaka inzu.

Avuga ko agiye gushora mu bworozi bw’ingurube bwa kijyambere.

Shirimpumu Claude uhagarariye aborozi b’ingurube mu Rwanda akaba ari nawe wari wabashishikarije gusura aho akorera ubworozi , avuga ko ubwo aherutse muri Mozambique, bamubwiye ko bazamusura akabigisha.

Ati:” Mbere ubworozi bw’ingurube bwakorwaga mu buryo bwa gakondo abantu ntibabihe agaciro, ariko iyo woroye ubikunze ubonamo inyungu, hakenewe guhindura imyumvire y’ abantu bacyeka ko ingurube iba mu isayo, kirazira kuko iyo uyitoje usanga ari itungo ryubaha isuku cyane. Turashishikariza abantu guhindura iyo myumvire.”

Avuga ko mu bworozi bw’ingurube umuntu ahitamo izo yorora kuko hari izitanga inyama n’izororerwa kubera izindi icyororo kuko zitanga intanga gusa.

Intego y’aborozi b’ingurube mu Rwanda ni ukorora kinyamwuga no kwagura amasoko ku rwego mpuzamahanga.

Ubwo aba Banyarwanda baba Mozambique basuraga Shirimpumu bari bazanye n’ uwahoze ari Ambasaderi w’uRwanda muri Mozambique witwa Nikobisanzwe Claude, ariko kuri ubu akaba asigaye akorera mu Rwanda.

Bigishijwe ko hari ingurube ziba zaragenewe gutanga intanga za kijyambere gusa nta kindi kintu zikora.

Ni ingurube zitanga icyororo cyane kuko hari izibwagura ibyana 15 kuzamura.

Hari n’izitanga inyama ku bwinshi kuko hari izo usanga zipima ibilo hagati ya 250 na 300 no kuzamura.

TAGGED:AbanyarwandafeaturedIngurubeMozambiqueShirimpumuUbworozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Pasiteri Ezra Mpyisi Yatabarutse
Next Article U Rwanda Rwahawe Kuyobora Ingabo Za EAC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?