Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyarwanda Bagiye Kujya Bahabwa Umuti Urinda Kwandura SIDA
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abanyarwanda Bagiye Kujya Bahabwa Umuti Urinda Kwandura SIDA

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 December 2024 2:49 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo gufasha Abanyarwanda kurandura SIDA, inzego z’ubuzima zigiye gutangira guha abantu umuti witwa ‘Cabotegravir Long Acting’ bahina uukitwa CAB-LA.

N umuti uterwa mu rushinge hagamijwe gukumira ubwandu bushya bwa Virusi Itera SIDA.

Mu mwaka wa 2022 nibwo Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima ryawemeje.

Ku isi buri mwaka abantu miliyoni 1.3 bandura SIDA, kandi abangana na 63% bakaba abo mu bihugu byo munsi y’Ubutayu bwa Sahara biganjemo urubyiruko.

Buri mezi abiri umuntu araruterwa, bityo bigatuma umwanya abantu basanzwe bakoresha bajya gufata ibinini birinda ubwandu ugabanuka.

Umuti wa CAB-LA ufasha umubiri kugira ubudahangarwa bubuza agakoko gatera SIDA kwinjira mu turemangingo no kutwororokeramo.

Mu Mujyi wa Kigali niho ibyo guha abantu uriya muti bizatangirira, urushinge rukazaterwa by’umwihariko abakora uburaya, abantu babana umwe yaranduye undi adafite ubwandu, ingimbi n’abangavu n’abandi.

Aba mbere batewe uyu muti wa CAB-LA ku isi ni abo muri Zambia no muri Afurika y’Epfo.

Byari mu buryo bw’igerageza kandi byagaragaye ko nta nkurikizi ugira ku wawutewe.

Imibare igaragaza ko mu rubyiruko ari ho haboneka umubare munini w’ubwandu bashya bwa Virusi itera SIDA kuko ari 35%, abakobwa bakiharira umubare munini.

Minisitiri w’ubuzima Dr Sabin Nsanzimana aherutse kubwira abari baje mu munsi mpuzamahanga wo kurwanya SIDA ko mu bantu 100 bapfa buri munsi mu Rwanda, barindwi baba bazira SIDA.

TAGGED:featuredSIDAUbuzimaUmuti
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Katumbi Na Fayulu Bihuje Ngo Bahirike Tshisekedi
Next Article Dramini Mahama Yongeye Gutorerwa Kuyobora Ghana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?