Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyarwanda Bagiye Kujya Bahabwa Umuti Urinda Kwandura SIDA
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abanyarwanda Bagiye Kujya Bahabwa Umuti Urinda Kwandura SIDA

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 December 2024 2:49 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo gufasha Abanyarwanda kurandura SIDA, inzego z’ubuzima zigiye gutangira guha abantu umuti witwa ‘Cabotegravir Long Acting’ bahina uukitwa CAB-LA.

N umuti uterwa mu rushinge hagamijwe gukumira ubwandu bushya bwa Virusi Itera SIDA.

Mu mwaka wa 2022 nibwo Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima ryawemeje.

Ku isi buri mwaka abantu miliyoni 1.3 bandura SIDA, kandi abangana na 63% bakaba abo mu bihugu byo munsi y’Ubutayu bwa Sahara biganjemo urubyiruko.

Buri mezi abiri umuntu araruterwa, bityo bigatuma umwanya abantu basanzwe bakoresha bajya gufata ibinini birinda ubwandu ugabanuka.

Umuti wa CAB-LA ufasha umubiri kugira ubudahangarwa bubuza agakoko gatera SIDA kwinjira mu turemangingo no kutwororokeramo.

Mu Mujyi wa Kigali niho ibyo guha abantu uriya muti bizatangirira, urushinge rukazaterwa by’umwihariko abakora uburaya, abantu babana umwe yaranduye undi adafite ubwandu, ingimbi n’abangavu n’abandi.

Aba mbere batewe uyu muti wa CAB-LA ku isi ni abo muri Zambia no muri Afurika y’Epfo.

Byari mu buryo bw’igerageza kandi byagaragaye ko nta nkurikizi ugira ku wawutewe.

Imibare igaragaza ko mu rubyiruko ari ho haboneka umubare munini w’ubwandu bashya bwa Virusi itera SIDA kuko ari 35%, abakobwa bakiharira umubare munini.

Minisitiri w’ubuzima Dr Sabin Nsanzimana aherutse kubwira abari baje mu munsi mpuzamahanga wo kurwanya SIDA ko mu bantu 100 bapfa buri munsi mu Rwanda, barindwi baba bazira SIDA.

TAGGED:featuredSIDAUbuzimaUmuti
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Katumbi Na Fayulu Bihuje Ngo Bahirike Tshisekedi
Next Article Dramini Mahama Yongeye Gutorerwa Kuyobora Ghana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?