Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyarwanda Bakinnye Tour Du Rwanda Basabye Minisiteri Imyitozo Myinshi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Abanyarwanda Bakinnye Tour Du Rwanda Basabye Minisiteri Imyitozo Myinshi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 May 2021 3:16 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’uko isiganwa ku magare mu irushanwa ryo kuzenguruka u Rwanda rirangiye ryegukanywe n’umunyamahanga, Abanyarwanda baryitabiriye basabye Minisiteri ya Siporo na FERWACY kubategurira imyitozo myinshi kugira ngo ubutaha bazayitware.

Babibwiye Minisitiri Aurore Munyangaju Mimosa ari kumwe na Abdallah Murenzi uyobora Ishyirahamwe ry’abakina umukino w’igare mu nama yabahuje kuri uyu wa Mbere tariki 10, Gicurasi,2021 baganira uko Tour du Rwanda yabagendekeye.

Umwe muri bariya bakinnyi witwa Patrick Byukusenge akaba asanzwe ari Kapiteni wa Benedictio Ignite wavuze mu izina rya bagenzi be yasabye ko bahabwa imyiteguro ihagije binyuze no mu marushanwa.

Avuga ko kwitoza cyane bizabafasha gutwara Tour du Rwanda zizakinwa mu bihe biri imbere.

Abatoza b’amakipe yo mu Rwanda yitabiriye ririya rushanwa bashimye Minisiteri ya Siporo na Federasiyo y’amagare kuba barababaye hafi mu Cyumweru ririya rushanwa ryamaze.

Nabo babwiye Minisiteri ya Siporo ko kuba abakinnyi babo bataritwaye neza nk’uko babyifuzaga, byatewe n’uko ibihe bya COVID-19 byababereye intandaro yo kutitoza neza.

Ikindi ni uko mu byo abatoza bavuze byabaye imbogamizi harimo n’uko amakipe yabo afite ibikoresho bishaje.

Minisiteri ya Siporo yabijeje kuzakorana nabo bya hafi kugira ngo ibyo basabye bizagerwaho bityo bazashobore kwitwara neza mu bihe biri imbere

Mu bantu 10 baje ku mwanya wa mbere mu batwaye ibihembo muri Tour du Rwanda 2021 nta mu Munyarwanda urimo.

Minisitiri wa Siporo Madamu Aurore Munyangaju Mimosa ari kumwe na Perezida wa FERWACY Bwana Abdallah Murenzi
Abakinnyi 10 ba mbere nta Munyarwanda wajemo
TAGGED:AbanyarwandafeaturedFERWACYMunyangajuMurenzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inkoramutima Za Bobi Wine Muri Politiki Ahanganyemo Na Museveni
Next Article Ibyo Leta Y’U Rwanda Izakora Mu Kuzahura Ubukungu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?