Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyarwanda Batumiwe Kuzaza Kwakira Indahiro Ya Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Abanyarwanda Batumiwe Kuzaza Kwakira Indahiro Ya Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 July 2024 4:14 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda yatumiye Abanyarwanda mu muhango wo kurahiza Perezida Paul Kagame uheruka gutorwa, kuzarahira kwe bikazaba taliki 11, Kanama, 2024.

Azaba arahirira kongera kuyobora Abanyarwanda muri manda y’imyaka itanu.

Mu kiganiro yahaye abanyamakuru ubwo yari arangije kwiyamamaza Paul Kagame yabwiye umunyamakuru ko ibya mber azibandaho muri iyo manda ari ugutsimbataza umutekano n’umudendezo w’Abanyarwanda muri byose.

Yavuze ko umutekano mu bukungu no bundi bundi buryo ari wo uzaza imbere, abaturage bagakungahara.

Kagame aherutse kwegukana intsinzi mu matora aheruka ku ijanisha rya 99.18%.

Ubwo yatorerwaga bwa mbere kuyobora u Rwanda hari mu mwaka wa 2003 akaba yari yatorewe manda y’imyaka irindwi.

Mu mwaka wa 2010 nabwo yaratowe ndetse no mu wa 2017 biba uko.

Muri izo manda zose yazaga ku mwanya wa mbere kandi byabaga bigaragara kuko aho yageraga hose agiye kwiyamamaza, abaturage baba ari benshi bamubwira ko ntacyatuma batamutora kubera umutekano n’amajyambere yabagejejeho.

Buri uko arahiye indahiro ya Perezida wa Repubulika yakirwa na Perezida w’Urukiko rw’ikirenga.

Abanyarwanda baratumiwe kwakira indahiro y’uwo bitoreye

Kuri iyi nshuro izakirwa na Dr. Faustin Ntezilyayo.

Arahira afashe ku ibendera ry’u Rwanda akazamura akaboko k’iburyo.

Mu ndahiro ye arahira kutazahemukira u Rwanda, gukurikiza no kurinda itegeko nshinga n’andi mategeko, gukorana umurava imirimo ashinzwe, guharanira amahoro n’ubusigire bw’igihugu, gushimangira ubumwe bw’Abanyarwanda, kutazigera akoresha ububasha azaba ahawe mu nyungu ze bwite no guharanira ibyagirira Abanyarwanda bose akamaro.

TAGGED:AbanyarwandafeaturedGuverinomaIndahiroKagameKurahiraRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Iran Yarahiye Kuzahorera Hamas Ku Muyobozi Wayo Israel Yivuganye
Next Article M23 Ntirebwa N’Iby’Agahenge Kaganiririweho Muri Angola
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Bobi Wine Arashinja Polisi Kumubuza Kwiyamamaza

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bakisanga Mu Bucakara- Amb Kimonyo 

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

Hamas Irashaka Igihe Cyo Gusesengura Gahunda Y’Amahoro Yateguwe Na Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Airtel Rwanda Yahawe Umuyobozi Mushya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu Rwanda

U Rwanda Rugiye Gushinga Ikigo Gitoza Gukumira Ibitero By’Ikoranabuhanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?