Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 October 2025 8:28 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
AIP Esther Mukakalisa na AIP Natete Ange babanza uhereye iburyo. Ifoto@RNP.
SHARE

Assistant Inspector of Police (AIP) Esther Mukakalisa na AIP Ange Natete ni Abanyarwandakazi baherutse kurangiza amasomo yo kuba ofisiye muto muri Polisi y’u Rwanda baherwaga muri Singapore.

Ubwo bambikwaga iryo peti, ubuyobozi muri Polisi y’u Rwanda bwari buhagarariwe na ACP Barthelemy Rugwizangoga ushinzwe amahugururwa muri uru rwego.

Uruhande rwa Polisi ya Singapore rwari ruhagarariwe n’Umuyobozi Mukuru wungirije wa Polisi ya Singapore; DCP How Kwang Hwee ndetse hari yo na Ambasaderi w’u Rwanda muri icyo gihugu Innocent Muhizi.

Muhizi (wahoze uyobora ikigo RISA) yagiye yo asimbuye Jean de Dieu Uwihanganye wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ibikorwaremezo.

AIP Esther Mukakalisa na AIP Ange Natete bari bamaze amezi icyenda bahugurirwa mu mashuri ya Polisi ya Singapore, urwego rumaze imyaka 205 rukora kuko rwashinzwe tariki 24, Gicurasi, 1820.

Biganaga na bagenzi babo 28 bitabiriye amasomo yamaze amezi icyenda.

Polisi y’u Rwanda ifitanye amasezerano y’imikoranire n’iya Singapore, yashyizweho umukono mu mwaka wa 2022 ubwo uru rwego rw’u Rwanda rwayoborwaga na CG Dan Munyuza, usigaye uri Ambasaderi w’u Rwanda mu Misiri.

Muri Kanama, 2022, ubwo yasinywaga, intego yari iy’ubufatanye mu kubaka ubushobozi bw’inzego zombi, gukumira no guhangana n’ibyaha byambukiranya imipaka.

Nubwo ibihugu byombi bidahana imbibi kuko kimwe kiri muri Afurika ikindi kikaba muri Aziya y’Amajyepfo, imiterere y’ibyaha by’ubu ituma ikoranabuhanga rishobora guteza ibihugu byose akaga hatitawe ku byerekezo biherereyemo.

Ubushakashatsi na za raporo zinyuranye bigaragaza ko abagizi ba nabi basigaye bakoresha murandasi mu gucuruza abantu n’ibiyobyabwenge kandi ibi ntibigira imipaka ibitangira.

Polisi zose zirakorana ngo zitahure, zikumire kandi zigenze ibyaha aho byaba byakorewe hose bitewe nuko abagizi ba nabi bambuka igihugu bajya mu kindi, bakava ku mugabane umwe bajya mu wundi kandi mu mayeri menshi.

Imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’iya Singapore kandi irimo ubufatanye mu guhanahana ubunararibonye, gusangira amakuru, gufatanyiriza hamwe mu kurwanya ibyaha no kurinda umutekano n’ituze rusange by’abaturage b’ibihugu byombi.

Harimo kurwanya ibyaha by’ikoranabuhanga, icuruzwa ry’abantu, ihohoterwa rikorerwa abana hifashishijwe imbuga nkoranyambaga, iyezandonke, magendu, ubucuruzi bw’intwaro bunyuranyije n’amategeko n’ikwirakwizwa ry’amasasu n’ibiturika.

TAGGED:AbanyarwandakaziAbapolisiAmahugurwaAmbasaderifeaturedMuhiziMunyuzaPolisiRwandaSingapore
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Tigers BBC Yatwaye Bwa Mbere Igikombe Cya Rwanda Cup
Next Article Minisitiri W’Intebe Yakiriye Abanyarwanda Bitabiriye UCI
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Abanyarwanda Bitabiriye UCI

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Tigers BBC Yatwaye Bwa Mbere Igikombe Cya Rwanda Cup

Ababyeyi Baraburirwa Ko Tik Tok Ibangiriza Abana

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Airtel Rwanda Yahawe Umuyobozi Mushya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?