Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyeshuri Bashyigikiye Israel N’Abashyigikiye Palestine Batangiye Kurwana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abanyeshuri Bashyigikiye Israel N’Abashyigikiye Palestine Batangiye Kurwana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 May 2024 3:30 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri Kaminuza nkuru ya Leta ya California yitwa University of California, Los Angeles, ibyari bimaze iminsi ari imyigaragambyo isa n’irimo amahoro, byahinduye isura ubwo abanyeshuri bashyigikiye Israel mu ntambara iri kurwana muri Gaza basakiranaga na bagenzi babo bavuga ko Palestine irengana.

Iyi mirwano yabaye nyuma y’uko aho abo banyeshuri, buri ruhande ukwarwo, bari bakambitse mu bice bitandukanye, bakaza kurakazanya.

Umuyobozi mukuru wungirije w’iyi Kaminuza witwa Mary Osako yavuze ko imirwano yabaye hagati ya bariya banyeshuri yari ikomeye.

BBC yo yanditse ko abanyeshuri bashyigikiye Israel badutse muri bagenzi babo batangira kubahuraguza ibibando, abandi bava mu mahema bari barimo shishi itabona batangira kwitabara.

Osako yavuze ko ubuyobozi bwa Kaminuza ye bwahise batabaza Polisi ngo ize ihoshe.

Mu gihe ibi bivugwa muri iyi Kaminuza, ku rundi ruhande, Kaminuza ya New York nayo yari imaze iminsi yarigaruriwe n’abanyeshuri bari barafashe bunyago imwe mu nzu nini zitangirwamo amasomo bita Hamilton Hall.

Ni inzu bagezemo baciye mu madirishya nyuma yo gukoresha urwego bazamuka.

Polisi niyo yaraye ibakuyemo ariko ku ngufu nyinshi.

Tugarutse ku biri kubera muri Kaminuza ya California, Los Angeles, twababwira ko abapolisi bashyize mu kigo bariyeri ariko n’abanyeshuri bahashyira izindi ku buryo haramutse hari ukomye imbarutso, impande zombi zasakirana.

TAGGED:AbanyeshuriIsraelKaminuzaKurwanaPalestinePolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article PM Ngirente Asanga Science Iri Gufasha u Rwanda Mu Ntego Zarwo
Next Article Ngororero: Yatwikiye Umwana We Mu Nzu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwifatanyije Na Algeria Kwizihiza Isabukuru Y’Ubwigenge

Ubuhinde: Igitero Cy’Iterabwoba Kishe Abantu Umunani 

Yabyariye Mu Modoka Y’Abagenzi Ijya Rubavu

Sarkozy Agiye Kurekurwa

Meteo Rwanda Yatangaje Imvura Nyinshi Ugereranyije Nisanzwe Mu Ukuboza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Dagalo Uvugwaho Gukora Jenoside Muri Sudani Ni Muntu Ki?

Umuyobozi Wa Qatar Yaganiriye N’Uw’u Rwanda Ku Bihuza Ibihugu Byombi 

Harabura Iki Ngo Interineti Igere Hose?-Abadepite Babaza Ingabire

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

You Might Also Like

Mu mahanga

Abayobozi Ba BBC Baravugwaho Kubeshyera Trump 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Imidugararo Y’Amatora Muri Cameroun Yatumye Ibiciro Muri Centrafrique Bizamuka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC Yishimiye Isinywa Ry’Imikoranire N’u Rwanda Mu Majyambere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Tuzakomeza Gukorana N’u Rwanda No Mu Guhanga Udushya-Amb Wa Israel

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?