Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyonzi Bongeye Kwibutswa Kutageza Umugoroba Bakiri Mu Muhanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abanyonzi Bongeye Kwibutswa Kutageza Umugoroba Bakiri Mu Muhanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 December 2023 4:48 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibyiciro bitandukanye by’abatwara ibinyabiziga byasabwe kurushaho kwitwararika, abantu bakirinda ikintu cyose gishobora guteza impanuka zo mu muhanda cyane cyane muri ibi bihe by’iminsi mikuru irangiza umwaka wa 2023 indi igatangira  umwaka mushya wa 2024. Abanyozi basabwe ko saa kumi n’ebyiri agomba kuba batashye.

Polisi y’u Rwanda irabasaba kwibuka ko ubuzima bwabo ari ingenzi, bakirinda kuzagera mu mwaka wa 2024 bafite ikibazo batewe n’impanuka kubera kudakenga.

Umuvugizi wa Polisi Assistant Commissioner of Police( ACP) Boniface Rutikanga yabwiye abatwarira ibinyabiziga muri Nyabugogo ko  Gerayo Amahoro igifite akamaro kandi ko igamije kubarindira ubuzima.

Ubu bukangurambaga bwakozwe ku bufatanye n’imwe mu masosoyete acuruza ibikomoka kuri petelori akorera Nyabugogo.

Assistant Commissioner of Police (ACP) Boniface Rutikanga yasabye abakoresha umuhanda gushyira imbere ubuzima basigasira umutekano wo mu muhanda.

Ati: “Icyo abakoresha umuhanda bakenerwaho ni uko bagenda neza bakagera aho berekeje amahoro. Ibyo ntabwo byagerwaho mwese mutabigizemo uruhare ngo buri wese mu cyiciro arimo yitwararike, yirinda ikintu cyose cyahungabanya umutekano wo mu muhanda.”

Yibukije abatwara ibinyabiziga cyane cyane muri ibi bihe by iminsi mikuru kwirinda amakosa arimo gutwara banyoye ibisindisha, kugendera ku muvuduko urenze uwagenwe, gutwara umubare w’abantu urenze uwo ikinyabiziga cyagenewe gutwara no kutabangamira abandi basangiye umuhanda.

Yasabye kandi abatwara amagare kwirinda gufata ku makamyo, kudatwara imizigo irenze ubushobozi bw’igare,  no kutarenza’ saa kumi n’ebyiri z’umugoroba bakiri mu muhanda

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda arasaba abantu kwitwararika n’abanyonzi bakajya bataha mbere ya saa kumi n’ebyiri z’umugoroba

Buri mwaka isi yose itakaza abantu bagera kuri miliyoni 1 n’ibihumbi 300, bazize impanuka zo mu muhanda nk’uko bitangazwa n’Umuryango Mpuzamahanga wita ku buzima (OMS).

Ubukangurambaga bwa Gerayo Amahoro bugamije gushishikariza abakoresha umuhanda kugira imyitwarire yimakaza umutekano wo mu muhanda hirindwa icyateza impanuka cyose ku bw’amahitamo kugeza bibaye umuco.

Bwatangijwe mu mwaka wa 2019, buza guhagarikwa n’icyorezo cya Covid-19, mu mwaka wa 2020 nyuma y’ibyumweru 39, bwongeye gusubukurwa mu kwezi k’Ukuboza 2022, bukaba bukomeje hose mu gihugu buri wese asabwa kumva ko umutekano wo mu muhanda uri mu nshingano ze.

TAGGED:AbanyonziAbapolisiAmagarefeaturedPolisiUmugoroba
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Bimwe Mu Byavuye Mu Matora Byatangajwe
Next Article Abepisikopi Ba DRC Bamaganye Icyemezo Cya Papa Ku Batinganyi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?