Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanzi Ba Tshisekedi Muri Politiki Bihuje
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Abanzi Ba Tshisekedi Muri Politiki Bihuje

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 November 2024 9:21 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Perezida wa DRC Felix Tshisekedi
SHARE

Abo ni Joseph Kabila, Moïse Katumbi, Martin Fayulu na Matata Ponyo Mapon. Aba bagabo ubusanzwe batari babanye neza, bahisemo kwihuza ngo babangamire gahunda ya Perezida Tshisekedi yo guhindura Itegeko Nshinga.

Guhera mu ntangiriro z’umwaka wa 2024, hari amakuru yavugaga ko  ishyaka riri ku butegetsi muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo riri gushaka uko ryahindura Itegeko Nshinga.

Impamvu yavugwaga yari iy’uko ubuyobozi bw’iki gihugu bwashakaga ko Felix Tshisekedi aba ari we uguma ku butegetsi kugira ngo azahangane kandi ahangamure imitwe imaze igihe yarayogoje Uburengerazuba bw’igihugu cye.

Nyuma y’uko bitangajwe ko uwo mugambi uhari, hari abo muri Sosiyete sivile bahise babyamagana, bavuga ko bitazabuza n’ubundi ko abaturage babaho nabi.

Abanyamadini bagizwe ahanini na Kiliziya Gatulika nabo bavuze ko bidakwiye ko Itegeko Nshinga rihindurwa kuko, kuri bo, nta kintu kinini byahindura, ahubwo bizazamura umwuka mubi mu baturage.

Abanyapolitiki bakomeye nabo bahagurutse barihuza kugira ngo bamagane icyo gikorwa.

Nubwo muri rusange abo bagabo bari basanzwe badacana uwaka, basanze ari ngombwa guhuriza hamwe imbaraga bagahangana na Felix Tshisekedi bagakoma imbere uwo mugambi we.

Jeune Afrique yanditse ko barebye basanga kwihuriza kuri uwo mugambi byaba ari byiza kandi byabatiza umurindi mu kubangamira ishyaka riri ku butegetsi muri iki gihe.

TAGGED:featuredItegekoKatumbiNshingaPerezidaSivileSosiyeteTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyagatare: Umunyamuryango WA GAERG Bamusanze Mu Mugozi Yapfuye
Next Article Rwanda: Ubumenyi Bw’Abaminuje Buracumbagira
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?