Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abapadiri Bashobora Kwemererwa Kurongora ‘Ku Mugaragaro’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abapadiri Bashobora Kwemererwa Kurongora ‘Ku Mugaragaro’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 March 2023 9:03 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guhera mu Kinyejana cya 11 Nyuma ya Yezu Kristu, Kiliziya Gatulika yari yaraciye iteka ko nta mupadiri wemerewe gushaka umugore.

Amateka avuga ko ibyo kudashaka umugore byatangijwe n’Intumwa Pawulo  kuko atigeze ashaka.

N’ubwo atigeze ashaka, ntawe yabujije kubikora.

Uko imyaka yagiye ihita ni ko inama za Papa n’aba Cardinals ( bazita synods) zateranye zifatirwamo imyanzuro itandukanye harimo n’uwo uko abapadiri, abasenyeri n’abandi bakora ubutambyi bagomba kubaho batabangamiwe n’inshingano z’urugo.

Byasaga n’aho gutunga umugore byabangamira gusohoza ugushaka kw’Imana.

Biri guhinduka…

Muri iki gihe ariko ibintu birasa n’aho bigiye guhinduka.

Papa Francis yaraye aciye amarenga ko  ibyo kuba Padiri udafite umugore bizahinduka kuko n’icyemezo  cyo kubishyiraho cyari icy’agateganyo.

Mu Cyongereza babyise ‘temporary prescription’.

Iki cyemezo kimaze imyaka 1000.

Ku myaka 86, Papa Francis yavuze ko icyemezo cyo kudashaka kwa ba padiri cyari icy’agateganyo kandi ngo ntikinyuranya mu buryo bwite kandi bwimbitse no kuba Padiri yarongora.

Abahanga bavuga ko Kiliziya gatulika ifite ihurizo rikomeye ryo gukemura.

Iryo hurizo rirabana no kubuza ko abapadiri barongora abagore hanyuma bikagaragara ko basambanya abana.

Ibi nibyo bihesha Kiliziya isura mbi kurusha uko yareka abapadiri bakarongora kuko ari abantu nk’abandi.

Abagize Kiliziya yo mu Budage biyemeje ko igomba kubamwo impinduka abapadiri bakemererwa gushaka haba ku bahuje igitsina cyangwa abatagihuje.

Papa Francis yabwiye ikinyamakuru cyo muri Argentine( ni ho akomoka) kitwa Infobae ati: “ Nta hantu handitse ko bibujijwe ko Padiri ashaka. Kudashaka kwa Padiri mu Burayi ni ikintu cy’agateganyo.”

Umushumba wa Kiliziya gatulika ku isi yavuze ko igihe kigiye kugera iby’uko Padiri atemerewe kurongora bigasubirwamo.

TAGGED:featuredFrancisKurongoraPadiriPapaUmuryango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article MONUSCO Irashaka Kongererwa Ibikoresho Ngo Ikore Neza
Next Article FPR-Inkotanyi Mu Ntara Y’Amajyepfo Irasaba Kagame Gukomeza Kuyobora u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?