Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abapolisi Barinda Umutekano Mu Kivu Bongererewe Ubumenyi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abapolisi Barinda Umutekano Mu Kivu Bongererewe Ubumenyi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 September 2022 7:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abapolisi mu ishami rya Polisi y’u Rwanda bashinzwe gucunga umutekano mu mazi, baherutse kwibutswa ko akazi bakora gafitiye Abanyarwanda akamaro bityo ko bagomba gukomeza kwihugura kugira ngo bakore akazi kabo neza.

Abaherutse kurangiza amasomo yabo ni abantu 27. Bari mu ishami rya Polisi yitwa Marine Police Unit riyoborwa na Assistant Commissioner of Police (ACP) Elias Mwesigye.

Barangije amahugurwa y’ibanze yaberaga mu kiyaga cya Kivu mu gihe cy’amezi abiri.

Yitabiriwe n’abapolisi batangiye akazi muri iri shami, bahawe ubumenyi mu bijyanye no gucunga umutekano wo mu mazi, h ubumenyi bw’ibanze k’umutekano wo mu mazi, ubutabazi bw’ibanze,  kwirwanaho no gutabara uwarohamye mu mazi, ubumenyi bwo koga, gufunga no gufungura ubwato, imiterere n’imikorere ya moteri y’ubwato n’ibindi.

Kurangiza aya mahugurwa no gushima abayarangije byabereye mu Karere ka Rubavu, asozwa n’Umuyobozi w’ishami rya Marine ACP Elias Mwesigye.

Yarababwiye ati: “Aya mahugurwa y’ibanze yateguwe kugira ngo abapolisi bagire ubumenyi n’ubushobozi bwo  gukora neza inshingano zabo  buri munsi zijyanye no kubungabunga umutekano wo mu mazi  bityo bakabasha guhangana n’icyo ari cyo cyose gishobora kuwuhungabanya ndetse no kubasha  kurokora ubuzima.”

Umuyobozi w’ishami rya Marine ACP Elias Mwesigye.

ACP Mwesigye ashima ubwitange n’umurava byagaragajwe na bariya bapolisi mu gihe bamaze bigishwa kandi abasaba kutazatezuka kubishyira mu bikorwa kandi bagakomeza kurangwa n’ikinyabupfuta no guharanira gushyira mu bikorwa ibyo bize.

Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano mu mazi ni rimwe mu yandi menshi uru rwego rw’umutekano rufite.

Rifite inshingano zitandukanye zirimo kubungabunga umutekano mu mazi mu Rwanda, gukangurira abaturage kwirinda ibyaha bikorerwa mu mazi binyujijwe mu bukangurambaga bugamije  gukumira ibyaha bikorerwa mu mazi n’impfu za hato na hato ziterwa ahanini n’ikoreshwa ry’amazi mu buryo bunyuranyije n’amategeko n’uburangare.

Abaherutse kurangiza amasomo yabo ni abantu 27.

Impanuka zo mu mazi ziterwa ahanini n’uko abasare baba batateganyije ko bashobora gutungurwa ngo bambare imyenda ibabuza kwibira cyangwa ngo bitwaze amatoroshi abafasha kureba kure babe bashobora gukumira impanuka hakiri kare.

Ikindi gikunze kuba intandaro y’impanuka ni abantu bapakira ubwato ibicuruzwa birengeje ubushobozi bwabwo kandi rimwe na rimwe bikaba ari magendu.

Ikindi kibi ni uko bigoye gutabara umuntu warohomye.

Biragorana kubera ko ngo akenshi umuntu urohamye atarenza iminota itandatu atarapfa iyo adatabawe vuba cyane.

Kugira ngo izi mpanuka zirindwe abantu bagomba kujya babanza gutekereza ko bagiye kujya mu mazi, bakamenya uko baza kubyitwaramo haje umuhengeri uterwa n’umuyaga mwinshi.

Umusare agomba  kubanza kureba uko ikirere kimeze kugira ngo aze kubasha guhangana n’umuhengeri, akabanza kugenzura ko n’ubwato nta kibazo bufite.

Mu mazi manini nk’ay’Ikiyaga cya Kivu hahora abapolisi biteguye gutabara abarohamye ariko icy’ingenzi ni ugukumira impanuka.

Mu gihe ubonye hari ubwato bwarohamye ujye wihutira guhamagara Nomero ya Polisi: 0788311545.

TAGGED:AmazifeaturedImpanukaMarineMwesigyePolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Shema Maboko Wo Muri Minisiteri Ya Siporo Yavanywe Ku Mirimo
Next Article Yacunze Polisi Ku Jisho Asimbukira Isanduku Elisabeth II Aruhukiyemo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?