Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abapolisi Barinda Umutekano Mu Kivu Bongererewe Ubumenyi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abapolisi Barinda Umutekano Mu Kivu Bongererewe Ubumenyi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 September 2022 7:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abapolisi mu ishami rya Polisi y’u Rwanda bashinzwe gucunga umutekano mu mazi, baherutse kwibutswa ko akazi bakora gafitiye Abanyarwanda akamaro bityo ko bagomba gukomeza kwihugura kugira ngo bakore akazi kabo neza.

Abaherutse kurangiza amasomo yabo ni abantu 27. Bari mu ishami rya Polisi yitwa Marine Police Unit riyoborwa na Assistant Commissioner of Police (ACP) Elias Mwesigye.

Barangije amahugurwa y’ibanze yaberaga mu kiyaga cya Kivu mu gihe cy’amezi abiri.

Yitabiriwe n’abapolisi batangiye akazi muri iri shami, bahawe ubumenyi mu bijyanye no gucunga umutekano wo mu mazi, h ubumenyi bw’ibanze k’umutekano wo mu mazi, ubutabazi bw’ibanze,  kwirwanaho no gutabara uwarohamye mu mazi, ubumenyi bwo koga, gufunga no gufungura ubwato, imiterere n’imikorere ya moteri y’ubwato n’ibindi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kurangiza aya mahugurwa no gushima abayarangije byabereye mu Karere ka Rubavu, asozwa n’Umuyobozi w’ishami rya Marine ACP Elias Mwesigye.

Yarababwiye ati: “Aya mahugurwa y’ibanze yateguwe kugira ngo abapolisi bagire ubumenyi n’ubushobozi bwo  gukora neza inshingano zabo  buri munsi zijyanye no kubungabunga umutekano wo mu mazi  bityo bakabasha guhangana n’icyo ari cyo cyose gishobora kuwuhungabanya ndetse no kubasha  kurokora ubuzima.”

Umuyobozi w’ishami rya Marine ACP Elias Mwesigye.

ACP Mwesigye ashima ubwitange n’umurava byagaragajwe na bariya bapolisi mu gihe bamaze bigishwa kandi abasaba kutazatezuka kubishyira mu bikorwa kandi bagakomeza kurangwa n’ikinyabupfuta no guharanira gushyira mu bikorwa ibyo bize.

Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano mu mazi ni rimwe mu yandi menshi uru rwego rw’umutekano rufite.

Rifite inshingano zitandukanye zirimo kubungabunga umutekano mu mazi mu Rwanda, gukangurira abaturage kwirinda ibyaha bikorerwa mu mazi binyujijwe mu bukangurambaga bugamije  gukumira ibyaha bikorerwa mu mazi n’impfu za hato na hato ziterwa ahanini n’ikoreshwa ry’amazi mu buryo bunyuranyije n’amategeko n’uburangare.

- Advertisement -
Abaherutse kurangiza amasomo yabo ni abantu 27.

Impanuka zo mu mazi ziterwa ahanini n’uko abasare baba batateganyije ko bashobora gutungurwa ngo bambare imyenda ibabuza kwibira cyangwa ngo bitwaze amatoroshi abafasha kureba kure babe bashobora gukumira impanuka hakiri kare.

Ikindi gikunze kuba intandaro y’impanuka ni abantu bapakira ubwato ibicuruzwa birengeje ubushobozi bwabwo kandi rimwe na rimwe bikaba ari magendu.

Ikindi kibi ni uko bigoye gutabara umuntu warohomye.

Biragorana kubera ko ngo akenshi umuntu urohamye atarenza iminota itandatu atarapfa iyo adatabawe vuba cyane.

Kugira ngo izi mpanuka zirindwe abantu bagomba kujya babanza gutekereza ko bagiye kujya mu mazi, bakamenya uko baza kubyitwaramo haje umuhengeri uterwa n’umuyaga mwinshi.

Umusare agomba  kubanza kureba uko ikirere kimeze kugira ngo aze kubasha guhangana n’umuhengeri, akabanza kugenzura ko n’ubwato nta kibazo bufite.

Mu mazi manini nk’ay’Ikiyaga cya Kivu hahora abapolisi biteguye gutabara abarohamye ariko icy’ingenzi ni ugukumira impanuka.

Mu gihe ubonye hari ubwato bwarohamye ujye wihutira guhamagara Nomero ya Polisi: 0788311545.

TAGGED:AmazifeaturedImpanukaMarineMwesigyePolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Shema Maboko Wo Muri Minisiteri Ya Siporo Yavanywe Ku Mirimo
Next Article Yacunze Polisi Ku Jisho Asimbukira Isanduku Elisabeth II Aruhukiyemo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?