Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abapolisi Barinda Umutekano Mu Kivu Bongererewe Ubumenyi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abapolisi Barinda Umutekano Mu Kivu Bongererewe Ubumenyi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 September 2022 7:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abapolisi mu ishami rya Polisi y’u Rwanda bashinzwe gucunga umutekano mu mazi, baherutse kwibutswa ko akazi bakora gafitiye Abanyarwanda akamaro bityo ko bagomba gukomeza kwihugura kugira ngo bakore akazi kabo neza.

Abaherutse kurangiza amasomo yabo ni abantu 27. Bari mu ishami rya Polisi yitwa Marine Police Unit riyoborwa na Assistant Commissioner of Police (ACP) Elias Mwesigye.

Barangije amahugurwa y’ibanze yaberaga mu kiyaga cya Kivu mu gihe cy’amezi abiri.

Yitabiriwe n’abapolisi batangiye akazi muri iri shami, bahawe ubumenyi mu bijyanye no gucunga umutekano wo mu mazi, h ubumenyi bw’ibanze k’umutekano wo mu mazi, ubutabazi bw’ibanze,  kwirwanaho no gutabara uwarohamye mu mazi, ubumenyi bwo koga, gufunga no gufungura ubwato, imiterere n’imikorere ya moteri y’ubwato n’ibindi.

Kurangiza aya mahugurwa no gushima abayarangije byabereye mu Karere ka Rubavu, asozwa n’Umuyobozi w’ishami rya Marine ACP Elias Mwesigye.

Yarababwiye ati: “Aya mahugurwa y’ibanze yateguwe kugira ngo abapolisi bagire ubumenyi n’ubushobozi bwo  gukora neza inshingano zabo  buri munsi zijyanye no kubungabunga umutekano wo mu mazi  bityo bakabasha guhangana n’icyo ari cyo cyose gishobora kuwuhungabanya ndetse no kubasha  kurokora ubuzima.”

Umuyobozi w’ishami rya Marine ACP Elias Mwesigye.

ACP Mwesigye ashima ubwitange n’umurava byagaragajwe na bariya bapolisi mu gihe bamaze bigishwa kandi abasaba kutazatezuka kubishyira mu bikorwa kandi bagakomeza kurangwa n’ikinyabupfuta no guharanira gushyira mu bikorwa ibyo bize.

Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano mu mazi ni rimwe mu yandi menshi uru rwego rw’umutekano rufite.

Rifite inshingano zitandukanye zirimo kubungabunga umutekano mu mazi mu Rwanda, gukangurira abaturage kwirinda ibyaha bikorerwa mu mazi binyujijwe mu bukangurambaga bugamije  gukumira ibyaha bikorerwa mu mazi n’impfu za hato na hato ziterwa ahanini n’ikoreshwa ry’amazi mu buryo bunyuranyije n’amategeko n’uburangare.

Abaherutse kurangiza amasomo yabo ni abantu 27.

Impanuka zo mu mazi ziterwa ahanini n’uko abasare baba batateganyije ko bashobora gutungurwa ngo bambare imyenda ibabuza kwibira cyangwa ngo bitwaze amatoroshi abafasha kureba kure babe bashobora gukumira impanuka hakiri kare.

Ikindi gikunze kuba intandaro y’impanuka ni abantu bapakira ubwato ibicuruzwa birengeje ubushobozi bwabwo kandi rimwe na rimwe bikaba ari magendu.

Ikindi kibi ni uko bigoye gutabara umuntu warohomye.

Biragorana kubera ko ngo akenshi umuntu urohamye atarenza iminota itandatu atarapfa iyo adatabawe vuba cyane.

Kugira ngo izi mpanuka zirindwe abantu bagomba kujya babanza gutekereza ko bagiye kujya mu mazi, bakamenya uko baza kubyitwaramo haje umuhengeri uterwa n’umuyaga mwinshi.

Umusare agomba  kubanza kureba uko ikirere kimeze kugira ngo aze kubasha guhangana n’umuhengeri, akabanza kugenzura ko n’ubwato nta kibazo bufite.

Mu mazi manini nk’ay’Ikiyaga cya Kivu hahora abapolisi biteguye gutabara abarohamye ariko icy’ingenzi ni ugukumira impanuka.

Mu gihe ubonye hari ubwato bwarohamye ujye wihutira guhamagara Nomero ya Polisi: 0788311545.

TAGGED:AmazifeaturedImpanukaMarineMwesigyePolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Shema Maboko Wo Muri Minisiteri Ya Siporo Yavanywe Ku Mirimo
Next Article Yacunze Polisi Ku Jisho Asimbukira Isanduku Elisabeth II Aruhukiyemo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?