Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abarundi Basabwe Kwakira Gitwari Madamu Ndayishimiye Uzanye Igihembo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abarundi Basabwe Kwakira Gitwari Madamu Ndayishimiye Uzanye Igihembo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 July 2023 8:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Yishimiye igihembo yahawe
SHARE

Ubuyobozi bw’ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi ryasabye abayoboke baryo n’Abarundi muri rusange ko bagomba kwitegura kuza kwakirana ubwuzu Madamu Angeline Ndayishimiye Umufasha wa Perezida w’Uburundi nyuma y’igihembo cya UN aherutse guhabwa.

Kuri Twitter ubuyobozi bwa CNDD-FDD bwasabye abaturage ko saa tanu z’amanywa baza kuba bari ku kibuga cy’indege kugira ngo bakire Madamu Angeline Ndayishimiye uraba uturutse i New York muri USA aho yaherewe kiriya gihembo.

Abaturage basabwe kuza gukora imirongo ikikije umuhanda uva ku kibuga cy’indege kugeza ku Biro by’Umukuru w’Igihugu.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe abaturage, UNFPA,  riherutse guhemba Angeline Ndayishimiye  kubera ibikorwa byiza yakoreye Abarundikazi birimo no gushinga ikigo kibafasha kuvurwa indwara yo kujojoba.

Abarundi basabwe kuza kwakira gitwari Angeline Ndayishimiye

Angeline Ndayishimiye yashinze ikigo yise Foundation Umugiraneza gifasha abagore cyangwa abakobwa kuvurwa iriya ndwara.

Abahanga bayita obstetric fistula.

Yashinze n’ikigo yise Femmes Intwari gihuza abagore bahoze ari abarwanyi mu mitwe ya gisirikare yarwanye intambara zitandukanye mu Burundi mu myaka myinshi yashize.

Ku rubuga rw’Umuryango w’Abibumbye handitse ho ko guhemba Madamu Ndayishimiye bishingiye no k’uburyo yaharaniye ko abakobwa biga, ko badakorerwa ihohoterwa kandi akita no ku bantu batagira kivurira.

Ndayishimiye kandi yashyizeho n’ahantu hatandukanye abakobwa bahurira bakaganirizwa ku buzima bw’imyororokere kandi abafite ihungabana bakaganirizwa.

Muri Kamena, 2023 yatorewe kuyobora Ihuriro ry’Abafasha b’Abakuru b’ibihugu byo muri Afurika  baharanira amahoro ryitwa Africa First Ladies’ Peace Mission (AFLPM).

TAGGED:AbagoreAbibumbyeAfurikafeaturedIgihemboMadamuNdayishimiyeUmuryango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Musanze: Umwana Yiganye Ibyo Abona Muri Filimi Nyarwanda Ariyahura
Next Article Nyarugenge: Abatuye Umurenge Wa Kigali Begerejwe Ikindi Kigo Nderabuzima
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?