Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abarwara Malaria Baracyari Benshi Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Abarwara Malaria Baracyari Benshi Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 July 2021 2:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Taarifa yabajije Dr Aimable Mbituyumuremyi ushinzwe ibikorwa byo kurwanya Malaria mu Kigo cy’igihugu cy’ubuzima aho ubwandu bwayo buhagaze mu Rwanda avuga ko Malaria igihari kandi ifata benshi. Avuga ko COVID-19 hari abo yarangaje bibagirwa ingamba zo kurwanya Malaria…

Bamwe mu bajyanama b’ubuzima baherutse kubwira Taarifa ko iyo bitegereje imbaraga zishyirwa mu kurwanya COVID-19 basanga izindi ndwara harimo na Malaria ‘zaribagiranye.’

Mukasine wo mu Karere ka Kicukiro yatubwiye ko ubukangurambaga bakoraga bwo gushishikariza abagore batwite kurara mu nzitiramibu babuhagaritse kubera ko kwegerana bitakiri ibintu byemewe.

Ati: “ Ubukangurambaga twakoraga mu gushishikariza abaturage gukuraho ibihuru, ibigunda, kurara mu nzitiramibu n’ibindi bibarinda kwandura Malaria bwarahagaze. Ubu amaso yose twayahanze COVID-19.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Avuga ko n’ubwo COVID-19 ari icyorezo kandi gihangayikishije isi, ariko n’izindi ndwara nazo zigomba kurwanywa, abantu ntibarindwe icyago kimwe, ngo bicwe n’ikindi.

Mudaheranwa wo mu Karere ka Bugesera avuga ko n’ubwo imibare ivuga abanduye cyangwa abahitanywe na COVID-19 ari ngombwa ko itangazwa kugira ngo abantu bayirinde, Malaria nayo itigeze ihagarika gufata Abanyarwanda, agatanga urugero rw’umuturage  baturanye mu Murenge wa Nyarugenge iherutse gufata ayikira ku bw’amahirwe.

Mudaheranwa na Mukasine bombi basaba inzego z’ubuzima gushyiraho uburyo bwo kongera kwibutsa abaturage akamaro ko kurara mu nzitiramibu no gukora ibindi byose bikumira iyororoka ry’imibu irimo n’itera Malaria.

RBC yemera ko Malaria ihari…

Taarifa yabajije Dr Aimable Mbituyumuremyi uko ikibazo cya Malaria gihagaze mu Rwanda muri iki gihe avuga ko ‘ugereranyije no mu myaka ine ishize’ yagabanutse.

- Advertisement -

Ati: “Kuva mu mwaka wa 2017, umubare w’abarwara Malaria wavuye kuri  miliyoni 4.8 ugera kuri  miliyoni 1.8 mu mwaka wa 2020.”

Nawe yemera ko muri iki gihe ubukangurambaga ku kwirinda Malaria bwadohotse mu rugero runaka ariko ko bugikorwa.

Avuga ko  hari aho usanga abaturage baradohotse mu gukoresha neza inzitiramibu ndetse n’izindi ngamba zirimo nko kwivuza hakiri kare.

Ku rundi ruhande  Dr Mbituyumuremyi avuga ko ubukangurambaga buri gushyirwamo ingufu ku bufatanye n’abajyanama b’ubuzima ndetse n’imiryango itegamiye kuri Leta.

Iyo miryango ngo irimo gukorana na Ministeri y’ubuzima mu kurwanya Malaria mu turere twose.

Hari abahugiye kuri COVID-19

Uyu muganga avuga ko n’ubwo imbaraga zo kurwanya COVID-19 ari ngombwa muri iki gihe ariko hari abantu bahugiye muri ibyo bibagirwa ko na Malaria ari ikindi kibazo.

Ati: “ Imbaraga ziracyashyirwa mu kurwanya malaria n’ubwo bigaragara ko hari ubwo hari abahugira kuri COVID 19 bakaba bakwibagirwa ko n’izindi ndwara zigihari.”

Yemeza ko kurwanya Malaria ari urugendo rugikomeje gushyirwamo imbaraga.

Imibare y’uko Malaria ihagaze yerekana ko Intara y’Amajyepfo ari yo igaragaramo cyane.

Ni imibare yo mu mwaka wa 2020 nk’uko Dr Mbituyumuremyi abivuga.

Iriya mibare yerekana ko Intara y’i Burengerazuba ari iya kabiri mu kugira abarwara Malaria benshi, Intara y’Amajyaruguru ikagira imibare mike ugereranyije n’ahandi.

Dr Aimable Mbituyumuremyi asaba Abanyarwanda kwibuka ko n’ubwo COVID 19 ari ikibazo cyugarije u Rwanda ariko na Malaria ihari kandi iri mu turere twose tw’igihugu.

Abasaba kongera  imbaraga mu kuyirinda no kuyivuza hakiri kare.

TAGGED:COVID-19featuredIcyorezoIndwaraMalariaRBC
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mukiganiro yatanze KABERA Yagize ati “Gahunda rero ni Gera mu rugo bose babireba”
Next Article Mbere Y’Uko Gisupusupu Afatwa ‘Yatanze’ Ruswa Barayanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Misa Ya Mbere Ya Papa Leo XIV Yasomewe Ku Mva Ya Papa Francis

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?