Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abasenateri Bagaragaje Impungenge Ku Cyemezo Cyo Kwandika Kuri Leta Ubutaka Bw’Abaturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Abasenateri Bagaragaje Impungenge Ku Cyemezo Cyo Kwandika Kuri Leta Ubutaka Bw’Abaturage

Last updated: 17 March 2021 7:53 pm
Share
SHARE

Abasenateri bagaragaje impungenge ko igikorwa cyo kwandika mu mutungo wa leta ubutaka abaturage batandikishije, kidashingiye ku itegeko cyangwa ibwiriza kandi kigira ingaruka ku baturage.

Kuri uyu wa Gatatu abasenateri bagize Komisiyo y’Iterambere ry’Ubukungu n’Imari baganiriye n’ubuyobozi bw’Ikigo Gishinzwe Imicungire n’Imikoreshereze y’Ubutaka, mu rwego rwo kumenya imiterere y’igikorwa cyo kwandika by’agateganyo kuri Leta ibibanza ba nyirabyo batandikishije.

Perezida wa Komisiyo Senateri Nkusi Juvénal yavuze ko iki gikorwa kigamije kumenya impamvu ubu butaka bwanditswe by’agateganyo kuri Leta, imikoreshereze yabwo, imikoreshereze y’umutungo uriho nk’inzu, amashyamba n’ibindi, n’icyo nyirabwo asabwa kugira ngo azabusubizwe igihe azaboneka.

Umuyobozi Mukuru w’ikigo cy’ubutaka Mukamana Esperance yabwiye Abasenateri ko ingingo ya 20 y’Itegeko rigenga ubutaka mu Rwanda iha inshingano buri wese yo kwandikisha ubutaka.

Yavuze ko itegeko rigenga ubutaka rishyira mu mutungo bwite wa Leta ubutaka butagira umuntu n’umwe ubufiteho uburenganzira bwihariye.

Ibyo ngo bivuze ko ubutaka butandikishijwe na bwo bwafatwa nk’aho butagira ubufiteho uburenganzira, kugeza igihe ubukoresha azabwandikisha.

Mukamana yavuze ko tariki 30 Ukuboza 2020, mu gihugu hose ubutaka butari bwanditse kuri ba nyirabwo bwageraga ku bibanza 1.499.845.

Ati “Ibi bibanza byahise byandikwa by’agateganyo kuri Leta by’agateganyo mu gihe hategerejwe ko ba nyirabwo bazaza kubwandikisha.”

Abasenateri bagaragaje impungenge z’uko iki cyemezo kidashingiye ku itegeko cyangwa ibwiriza kandi kigira ingaruka ku baturage ndetse itegeko nshinga rivuga ko umutungo w’umuntu ari ntavogerwa.

Basabye ko hakorwa ubukangurambaga abaturage bakandikisha ubutaka, aho kubwandika kuri Leta.

Senateri Nkusi Juvénal yabwiye Taarifa ko icyo bagamije ari ugutanga inama kugira ngo ibintu bisobanuke.

Ati “Ntabwo turarangiza ubusesenguzi ngo dukore raporo, nidusoza imyanzuro yacu tuzayigeza ku nteko rusange ya Sena iyifateho icyemezo, ari naho hazava imyanzuro y’aho Sena ihagaze kuri icyo kibazo.”

Ikigo cy’ubutaka kivuga ko umwaka ushize warangiye habaruwe ubutaka 11.539.974 mu gihugu cyose.

Abasenateri mu kiganiro n’ubuyobozi bw’ikigo cy’ubutaka

TAGGED:featuredSena
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abimukira Bamaze Igihe Kinini Mu Rwanda Bagiye Koroherezwa Kubona Ubwenegihugu
Next Article Perezida Magufuli Wa Tanzania Yapfuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?