Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abashoramari Bo Muri Hongrie ‘Bibwe Miliyari 1 Frw’ Basubijwe Ayagarujwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abashoramari Bo Muri Hongrie ‘Bibwe Miliyari 1 Frw’ Basubijwe Ayagarujwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 June 2021 12:27 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha bweretse itangazamakuru bamwe mu bo ruheruka gufata rubakurikiranyeho kwiba umushoramari w’Umunyamahanga. Rwagaruje ibihumbi birenga 700 by’amadolari. Uwibwe ni umuturage wo muri Hongrie witwa Skare Jonas.

Mu beretswe itangazamakuru  ntabwo Padiri w’I Rwamagana uherutse gufatwa yari arimo.

Abafashwe ntibigeze bavugisha itangazamakuru, baje baraforwa barangije baragenda.

Uwibwe  Skare Jonas yashimye ubugenzacyaha bw’u Rwanda bwamufashije kugaruza amafaranga ye mu gihe gito, avuga ko byerekana ko ubugenzacyaha bwarwo bukora neza.

Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwari ruherutse gutangaza ko rwataye muri yombi Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Rwamagana, Ingabire Jean Marie Theophille, nyuma yo kumusangana amafaranga yibwe umucuruzi.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha Dr Thierry B Murangira yavuze ko ariya mafaranga yafashwe binyuze ku makuru bahawe n’abaturage ndetse ku bufatanye na Polisi.

Dr Murangira yasobanuye uko byagenze ngo ariya mafaranga agaruzwe

Yavuze kandi ko abibye uriya mushoramari bamuteye ubwoba ubwo yari agiye kubareba ngo bakorane kuko yari aje gutangira business y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Ngo bamuteye ubwoba bamusaba kubika inda, ntarebe hejuru hanyuma bamucuza amafaranga yari azanye gushora mu Rwanda.

Ati: “ Bamwambuye binyuze mu iterabwoba bamuteye, bamucuza amafaranga angana na miliyoni imwe y’amadolari y’Amerika ni ukuvuga amafaranga angana na miliyari imwe y’amafaranga y’u Rwanda.”

Asinyira ko ayakiriye

Nyuma Skare yaregeye ubugenzacyaha butangira iperereza hafatwa abantu batandukanye barimo abacuze umugambi n’abababereye ibyitso barimo Umupadiri mukuru wa Paruwasi ya Rwamagana n’Umunyamategeko umwe.

Icyo gihe ubugenzacyaha batangaje ko bwahise butangiza iperereza.

Mu butumwa RIB iherutse gushyira kuri Twitter ubwo yafataga Padiri, yavuze ko uyu mupadiri yari yabikijwe n’umwe mu bibye ariya mafaranga umugabane we ungana na miliyoni 400Frw.

Ku rukuta rwa Twitter rwa RIB haranditswe hari: “Uwo mujura amaze kuvuga aho yahishe amafaranga nibwo RIB yagiye gusaka padiri iyasanga yo abitswe mu mutamenwa (safe box) irayafatira na Padiri arafatwa.”

Amakuru Taarifa yamenye ni uko aberetswe itangazamakuru hari na gahunda yo guhita bashyikirizwa ubushinjacyaha.

Ayagarujwe ni amafaranga 324,650£,  344,700$,  37,421,000frw, yose hamwe angana na 771,701,000 frw ku mafaranga agera kuri Miliyari 1 Frw ( ni ukuvuga Miliyoni 1 $ yibwe.

Aya ni amafaranga yasubijwe

Andi aracyashakishwa!

TAGGED:AmadolarifeaturedMurangiraUbugenzacyaha
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibyo Ukeneye Ngo Utangire Guhinga Urumogi Mu Buryo Bwemewe Mu Rwanda
Next Article Inyeshyamba Zigaruriye Umurwa Mukuru W’Agace Ka Tigray Muri Ethiopia
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?