Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abasirikare Ba Iran Bishwe N’Igisasu Cya Israel
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abasirikare Ba Iran Bishwe N’Igisasu Cya Israel

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 December 2023 4:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Televiziyo y’igihugu ya Iran yatangaje ko hari igisasu cyaturutse muri Israel gihitana abasirikare babiri bayo bakoreraga muri Syria.  Ni ubwa mbere abasirikare ba Iran baguye mu bisasu Israel iri kurasa muri Syria ihakurikiye abanzi bayo bo muri Hezbollah.

Itangazo rya Leta ya Iran ntiritanga ibisobanuro byinshi kuri ayo makuru  ariko rivuga ko abo basirikare bari baragiye kuba abajyanama mu bya gisirikare mu ngabo za Syria.

Abasirikare bapfuye ni uwitwa Mohammed Ali Ataei Shoorcheh na Panah Taghizadeh nk’uko ibigo ntaramakuru bya Iran kitwa Sepah News byabivuze.

Umuyobozi w’ikigo cyo muri Syria gishinzwe iby’uburenganzira bwa muntu witwa Rami Abdel Rahman yavuze ko hashize igihe gito ibisasu bya Israel bihitanye abandi basirikare ba Syria barwanaga ku ruhande rwa Hezbollah.

Icyo gihe ngo ibisasu byaguye ahari ibirindiro by’aba barwanyi hafi y’umurwa mukuru wa Syria witwa Damascus.

Syria iri mu Majyaruguru ya Israel

Hashize igihe Israel igaba ibitero bito ku birindiro by’abarwanyi ba Hezbollah bakorera mu bice bya Syria.

Icyakora byariyongereye kuva aho itangiriye intambara na Hamas, ikabikora mu rwego rwo guca intege abarwanyi ba Hezbollah baba bisuganya ngo batere mu Majyaruguru ya Israel cyangwa ahandi muri iki gihugu.

Iby’igitero cyahitanye bariya basirikare babiri bavugwa muri iyi nkuru, Israel ntiragira icyo ibitangazaho.

Si muri Syria gusa iki gihugu kigaba ibitero ahubwo no mu bice bya Lebanon aho Hezbollah irunda intwaro cyangwa yitoreza naho ikunze kuhatera ibisasu.

Ababirebera kure bavuga ko bititondewe, ibibera muri Gaza mu ntambara ya Israel na Hamas bishobora kuvamo imirwano ikomeye yavamo n’intambara yafata Uburasirazuba bwose bwo Hagati.

TAGGED:featuredGazaigisasuIngaboIsraelSyria
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingabo Z’u Rwanda Zikomeje Kwiga Igifaransa
Next Article M23 Yiyemeje Kwisubiza Ibice Yari Yarahaye Ingabo Za EAC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?