Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abasirikare Ba Uganda Muri Somalia Bamaze Amezi Umunani Badahembwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abasirikare Ba Uganda Muri Somalia Bamaze Amezi Umunani Badahembwa

Last updated: 10 January 2022 7:48 am
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Ingabo za Uganda (UPDF) bwemeje ko abasirikare bari mu butumwa bw’Ubumwe bwa Afurika bwo kugarura amahoro muri Somalia (AMISOM) bamaze amezi umunani badahembwa, kuko amafaranga bagenerwa ajyanye n’ubutumwa barimo aheruka gutangwa muri Mata 2021.

Ni abasirikare boherejwe muri Somaia mu butumwa bwo guhangana by’umwihariko n’umutwe wa Al-Shabaab, umaze igihe ukora ibitero by’iterabwoba.

Umuvugizi wa UPDF, Brigadier General Flavia Byekwaso, yavuze ko ibitangazwa ko ayo mafaranga yaba yaribwe na bamwe mu basirikare bakuru ari ibinyoma.

Yakomeje ati “Guverinoma ya Uganda na Minisiteri y’Ingabo byashyizeho uburyo hamwe n’abaterankunga b’ubu butumwa, Ubumwe bwa Afurika, hakemurwa ibirarane by’ingabo zoherejwe muri AMISOM.”

“Ubwo buryo burimo gukurikizwa kugira ngo biriya birarane byishyurwe. Turasaba abasirikare byagizeho ingaruka gukomeza imyitwarire myiza n’ukwihangana kubera ko urugendo rwo kwishyura ibirarane rwaratangiye kandi bazahemberwa umurimo ukomeye bakora.”

AMISOM yatangiye ku wa 19 Mutarama 2007 biteganywa ko izamara amezi atandatu, ariko ubwo butumwa buza kugenda bwongererwa igihe.

Uganda nicyo gihugu gifite abasirikare benshi muri AMISOM, bagera ku 6,223. Bakorera mu bice bya Banadir (Mogadishu) na Shabelle.

Bayobowe na Brig Gen Keith Katungi guhera mu Ukuboza 2021.

TAGGED:al-ShabaabfeaturedSomaliaUPDF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Turashaka Ko Nituva Muri Mozambique, Ingabo Zabo Zizakomeza Kurinda Cabo Delgado- Col Rwivanga
Next Article Bagiye Kubaka Mu Rwanda Inzu Zo ‘Kubamo’ Zifite Agaciro Ka Miliyari 30 Frw
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Madagascar: Ingabo Zafashe Ubutegetsi 

Hateranye Inama Y’Abajyanama Ba Perezida Kagame

Njozi: Indirimbo Nshya Ya Element Yatunganyijwe N’Usanzwe Ukorana Na Diamond

Intumwa Za DRC N’Iza AFC/M23 Zongeye Kuganirira i Doha

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

You Might Also Like

IkoranabuhangaImibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Rwanda: Ababyeyi Baraburirwa Ngo Barinde Abana Ibibi Bya Interineti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Ingabire Immaculée Agiye Gushyingurwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Hamas Iherutse Guhura Mu Ibanga N’Intumwa Za Amerika Kubera Kudashira Amakenga Israel

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Yasinyanye N’Abarabu Amasezerano Yo Kubaka Gaza Nshya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?