Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abasirikare Ba Uganda Muri Somalia Bamaze Amezi Umunani Badahembwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abasirikare Ba Uganda Muri Somalia Bamaze Amezi Umunani Badahembwa

admin
Last updated: 10 January 2022 7:48 am
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Ingabo za Uganda (UPDF) bwemeje ko abasirikare bari mu butumwa bw’Ubumwe bwa Afurika bwo kugarura amahoro muri Somalia (AMISOM) bamaze amezi umunani badahembwa, kuko amafaranga bagenerwa ajyanye n’ubutumwa barimo aheruka gutangwa muri Mata 2021.

Ni abasirikare boherejwe muri Somaia mu butumwa bwo guhangana by’umwihariko n’umutwe wa Al-Shabaab, umaze igihe ukora ibitero by’iterabwoba.

Umuvugizi wa UPDF, Brigadier General Flavia Byekwaso, yavuze ko ibitangazwa ko ayo mafaranga yaba yaribwe na bamwe mu basirikare bakuru ari ibinyoma.

Yakomeje ati “Guverinoma ya Uganda na Minisiteri y’Ingabo byashyizeho uburyo hamwe n’abaterankunga b’ubu butumwa, Ubumwe bwa Afurika, hakemurwa ibirarane by’ingabo zoherejwe muri AMISOM.”

“Ubwo buryo burimo gukurikizwa kugira ngo biriya birarane byishyurwe. Turasaba abasirikare byagizeho ingaruka gukomeza imyitwarire myiza n’ukwihangana kubera ko urugendo rwo kwishyura ibirarane rwaratangiye kandi bazahemberwa umurimo ukomeye bakora.”

AMISOM yatangiye ku wa 19 Mutarama 2007 biteganywa ko izamara amezi atandatu, ariko ubwo butumwa buza kugenda bwongererwa igihe.

Uganda nicyo gihugu gifite abasirikare benshi muri AMISOM, bagera ku 6,223. Bakorera mu bice bya Banadir (Mogadishu) na Shabelle.

Bayobowe na Brig Gen Keith Katungi guhera mu Ukuboza 2021.

TAGGED:al-ShabaabfeaturedSomaliaUPDF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Turashaka Ko Nituva Muri Mozambique, Ingabo Zabo Zizakomeza Kurinda Cabo Delgado- Col Rwivanga
Next Article Bagiye Kubaka Mu Rwanda Inzu Zo ‘Kubamo’ Zifite Agaciro Ka Miliyari 30 Frw
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?