Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abasora Neza Babishimiwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Abasora Neza Babishimiwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 December 2025 8:50 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kwinjiza Imisoro n’Amahoro cyashimiye abasoze neza mu mwaka 2024/2025 kandi kivuga ko ibyo bakora kizakomeza kubafasha ngo babikore bitabagoye binyuze mu cyiyemeza gukomeza kuborohereza binyuze mu ikoranabuhanga.

Minisitiri w’Intebe Dr Justin Nsengiyumva niwe wari Umushyitsi mukuru muri iki gikorwa cyaraye kibaye kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025.

Yahavugiye ko gusora ari igikorwa kigaragaza agaciro ababikora baha igihugu, kandi ari inzira izageza igihugu ku kudashingira ku nkunga cyangwa imfashanyo z’abandi.

Dr. Nsengiyumva yavuze ko kuri mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2024/25, ikigo cy’imisoro n’amahoro cyakusanyije amafaranga agizwe n’imisoro n’andi atari imisoro angana na Miliyari Frw3.099,0 ku ntego yari ifite ingana na Miliyari Frw 3.041,2.

Bivuze ko intego yari yahawe yagezweho ku gipimo cya 101,9%, bivuze izamuka rya 17,4% ugereranije n’umwaka wa 2023/2024.

Minisitiri w’Intebe yavuze ko u Rwanda nk’ibindi bihugu bikiri mu nzira y’iterambere, ruhanganye n’igabanuka ry’inkunga z’amahanga, aho mu myaka 15 ishize zavuye kuri 37% by’ingengo y’imari, ubu zigeze ku 8,3%.

Nk’uko yabivuze, ibi bavuze ko ari ngombwa ko imisoro yinyongera.

Yusuf Murangwa uyobora Minisiteri y’imari n’igenamigambi yavuze ko amafaranga ikigo cy’imisoro n’amahoro cyinjije mu isanduku ya Leta mu mwaka wa 2024/2025 yagize uruhare rungana na 55,1% ku ngengo y’imari, ugereranyije na 44,7% mu myaka itanu ishize.

Ibi kandi ngo bizakomeza kuko Guverinoma izakomeza gushyigikira ishoramari,akemeza ko mu ngengo y’imari y’uyu mwaka, 62,8% yahariwe ivugurura ry’ubukungu, byerekana icyizere cyo kwihutisha iterambere ry’ubukungu mu buryo burambye.

Komiseri Mukuru wa Rwanda Revenue AutorityR, RA, Niwenshuti Ronald, yashimye abasora ku ruhare bagaragaza mu kuzuza inshingano zabo.

Yijeje ko imikoranire ihamye n’abasora, izatuma ikigo ayoboye kizagera ku ntego zacyo zo kuzakusanya Miliyari 3.728,2 Frw mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2025/2026.

Abantu 20 niho bashimwe nk’indashyikirwa.

Batoranyijwe hagendewe ku kuba uko byagenwe neza kandi ku gihe, kuba batarafatiwe mu makosa yo kunyereza imisoro, kuba bakoresha neza ikoranabuhanga rya EBM mu gutanga inyemezabuguzi no kuba badafite umwenda w’imisoro, kandi uwufite, akaba yaragiranye amasezerano n’ubuyobozi bw’imisoro y’uburyo azawishyura.

Umuguzi wahize abandi akaba yariyemeje ko igihe cyose ahashye agomba gusaba fagitire ya EBM kandi akahava bayimuhaye, yabaye Maniragaba Elissa wo mu Mujyi wa Kigali.

Mu binjiza bakanatumiza ibicuruzwa mu mahanga

1.Mu batumiza ibintu mu mahanga: SOCIÉTÉ RWANDAISE DE TRAITEMENT DE TOMATES (SORWATOM) Ltd

2) Mu bohereza ibicuruzwa mu mahanga: FG INVESTMENT

Abacuruzi bakoresha neza EBM ku rwego rw’Intara:

1.Amajyepfo: D.D.B Ltd

2. Amajyaruguru: NZAFAMICO Ltd

3. Iburengerazuba: SOSERGI COMPANY Ltd

4.Iburasirazuba: 3P INITIATIVE Ltd

Abacuruzi bahanze udushya bagahuza sisiteme zabo na EBM:

1 SANLAM ALLIANZ GENERAL INSURANCE

2 SOCIETE PETROLIERE LTD

Ababaye indashyikirwa mu kumenyekanisha no kwishyura ku gihe, imisoro yeguriwe inzego z’ibanze:

1)Mugwaneza Joram

2) Mukantabana Ruth

Abasora bahize abandi ku rwego rw’igihugu mu byiciro babarizwamo

1)Abasora banini: BPR BANK RWANDA PLC

2) Mu cyiciro cyo hagati no hagati (MEDIUM): YYUSSA COMPANY Ltd

3) Mu cyiciro cy’abato (SMALL): LANDY INDUSTRIES ® LTD

4) Abasora bato cyane (MICRO): CULTURAL CAPITAL RWANDA R&D Ltd

Abasora bamaze imyaka isaga 10 bashimirwa nk’Indashyikirwa

1)MTN Rwandacell PLC

2) Bank of Kigali.

MTN imaze igihe isora neza.

Icyiciro cy’abasora bamaze kuza mu ndashyikirwa mu myaka itatu ikurikirana

1)NKUNDUNKUNDIYE J. Bosco

2) RWANDA CHARITY EYE HOSPITAL

3) PFUNDA TEA COMPANY Limited

TAGGED:featuredIkigoImisoroUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikigega Mpuzamahanga Cy’Imari Gifitiye ‘Umugambi’ Mozambique
Next Article Polisi Yafashe Abo Ikekaho Kwiba Telefoni Na Mudasobwa 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Yemeje Urwego Rwemerewe Kwita Ku Mbuto

Australia: Abantu 12 Biciwe Mu Gitero Cyagabwe Ku Bari Bitabiriye Umunsi W’Abayahudi

U Burundi Bwamaze Kwegeranya Ingabo Ku Mupaka Busangiye N’u Rwanda

DRC:Abarwanyi Ba Twirwaneho Na AFC/M23 Bafashe Ahitwa Kipupu 

Mu Mafoto: Uko Jeannette Kagame Yahaye Abana Noheli

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko Kugonganisha Ibigo Bitubura Imbuto Byakoze K’Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubuhinzi

U Rwanda Rufunze Abanyamahanga 500 -RCS

Kwinjira Muri Amerika Bigiye Kugora Abakoresheje Imbuga Nkoranyambaga Uko Itabishaka

Perezida wa Benin Yabwiye Abaturage Ko Abashatse Kumuhirika Baruhiye Ubusa

Tanzania: Abaturage Bategetswe Kuguma Mu Rugo

You Might Also Like

Mu Rwanda

Urubyiruko Rw’u Rwanda Rurasabwa Kuba Abahamya B’Indangagaciro Zarwo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Uburundi Buvuga Ko Nibiba Ngombwa Buzarwana N’u Rwanda 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Ikigega Mpuzamahanga Cy’Imari Gifitiye ‘Umugambi’ Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kabarebe Yahererekanyije Ububasha Na Kaitesi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?