Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abatalibani Bakomeje Kuburabuzwa N’Abagaba Ibitero Mu Murwa Mukuru
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abatalibani Bakomeje Kuburabuzwa N’Abagaba Ibitero Mu Murwa Mukuru

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 September 2022 8:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

I Kabul  muri Afghanistan haturikiye igisasu cyahitanye abantu 19 abanndi 27 barakomereka. Byabereye hafi y’umusigiti ahiganje Abisilamu b’Aba Shiite. Kuva Abatalibani bongera kwisubiza Afghanistan Abanyamerika n’abandi bari  bafatanyije bagataha, umutekano uhamye muri iki gihugu nturagerwaho.

Nk’ubu mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu Taliki 30,Nzeri, 2022 abatuye ahitwa Dashti Barchi  bakanguwe n’urusaku rukomeye rw’igisasu cyahaturikiye gihitana benshi.

Aka gace gatuwe n’abaturage ba nyamuke bo mu Bisilamu n’Aba Shiite.

Kugeza ubu nta muntu cyangwa umutwe runaka urigamba iki gitero, ariko birakekwa ko cyaba cyagabwe n’abarwanyi bagize umutwe witwa Islamic State Group kuko wigeze no kugaba igitero nk’iki muri Kanama, 2021.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Cyagabwe mu baturage b’ahitwa Hazara.

Umuvugizi wa Guverinoma y’Abatalibani witwa Abdul  Nafi Takor yabwiye Associated Press ko kiriya gitero cyabaye mu cyakare mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu ariko nta bintu byinshi yabitangaje ho.

Abo muri Islamic State Group bigeze kwibasira imisigiti yo muri Kabul n’ahandi hafite ubusobanuro bukomeye mu mwemerere y’Abatalibani bahagaba ibitero.

Hagati aho, ni ngombwa kwibuka ko hari undi mugabo ufite umutwe wa gisikare warahiriye guhangamura Abatalibani.

Yitwa  Massoud.

- Advertisement -

Uyu mugabo yigeze gutozwa n’ingabo z’Amerika n’u Bwongereza kugira ngo azafashe mu kurwanya Abatalibani.

Mu mpera z’umwaka wa 2021 hari amakuru yatangajwe  na Reuters yavugaga ko imirwano yabaye kuwa Gatandatu Taliki 04, Nzeri, 2021 yabereye mu gace ka Panjshir kari mu Majyaruguru y’Umurwa mukuru  wa Afghanistan ari wo Kabul yari igamije kwekera Abatalibani ko Massoud yihagazeho.

Mu ntangiriro za Gicurasi, 2021 nibwo intambara yubuye hagati y’abarwanyi b’Abatalibani n’ingabo za kiriya gihugu zari zifashijwe n’Amerika.

TAGGED:AbatalibaniAfghanistanAmerika
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Na Singapore Basinye Amasezerano Yo Guhererekanya Abanyeshuri Ba Kaminuza
Next Article Sandra Ndayizeye Umukobwa W’Uwayoboye u Burundi Yafunzwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?