Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abatalibani Bakomeje Kuburabuzwa N’Abagaba Ibitero Mu Murwa Mukuru
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abatalibani Bakomeje Kuburabuzwa N’Abagaba Ibitero Mu Murwa Mukuru

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 September 2022 8:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

I Kabul  muri Afghanistan haturikiye igisasu cyahitanye abantu 19 abanndi 27 barakomereka. Byabereye hafi y’umusigiti ahiganje Abisilamu b’Aba Shiite. Kuva Abatalibani bongera kwisubiza Afghanistan Abanyamerika n’abandi bari  bafatanyije bagataha, umutekano uhamye muri iki gihugu nturagerwaho.

Nk’ubu mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu Taliki 30,Nzeri, 2022 abatuye ahitwa Dashti Barchi  bakanguwe n’urusaku rukomeye rw’igisasu cyahaturikiye gihitana benshi.

Aka gace gatuwe n’abaturage ba nyamuke bo mu Bisilamu n’Aba Shiite.

Kugeza ubu nta muntu cyangwa umutwe runaka urigamba iki gitero, ariko birakekwa ko cyaba cyagabwe n’abarwanyi bagize umutwe witwa Islamic State Group kuko wigeze no kugaba igitero nk’iki muri Kanama, 2021.

Cyagabwe mu baturage b’ahitwa Hazara.

Umuvugizi wa Guverinoma y’Abatalibani witwa Abdul  Nafi Takor yabwiye Associated Press ko kiriya gitero cyabaye mu cyakare mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu ariko nta bintu byinshi yabitangaje ho.

Abo muri Islamic State Group bigeze kwibasira imisigiti yo muri Kabul n’ahandi hafite ubusobanuro bukomeye mu mwemerere y’Abatalibani bahagaba ibitero.

Hagati aho, ni ngombwa kwibuka ko hari undi mugabo ufite umutwe wa gisikare warahiriye guhangamura Abatalibani.

Yitwa  Massoud.

Uyu mugabo yigeze gutozwa n’ingabo z’Amerika n’u Bwongereza kugira ngo azafashe mu kurwanya Abatalibani.

Mu mpera z’umwaka wa 2021 hari amakuru yatangajwe  na Reuters yavugaga ko imirwano yabaye kuwa Gatandatu Taliki 04, Nzeri, 2021 yabereye mu gace ka Panjshir kari mu Majyaruguru y’Umurwa mukuru  wa Afghanistan ari wo Kabul yari igamije kwekera Abatalibani ko Massoud yihagazeho.

Mu ntangiriro za Gicurasi, 2021 nibwo intambara yubuye hagati y’abarwanyi b’Abatalibani n’ingabo za kiriya gihugu zari zifashijwe n’Amerika.

TAGGED:AbatalibaniAfghanistanAmerika
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Na Singapore Basinye Amasezerano Yo Guhererekanya Abanyeshuri Ba Kaminuza
Next Article Sandra Ndayizeye Umukobwa W’Uwayoboye u Burundi Yafunzwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?