Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abatavuga Rumwe Na Leta Ya Iran Bishimiye Ko Ikipe Yayo Yatsinzwe N’Amerika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abatavuga Rumwe Na Leta Ya Iran Bishimiye Ko Ikipe Yayo Yatsinzwe N’Amerika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 November 2022 10:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu mijyi imwe n’imwe ya Iran, bamwe mu batavuga rumwe na Leta baraye abandi bazindukira mu myigaragambyo yo kwishimira ko Amerika yaraye itsinze Iran mu mukino baraye bakinnye. Ni umwe mu mikino y’igikombe cy’isi kiri kubera i Doha muri Qatar.

Hamwe muho bazindutse bishimira ko ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru ya Iran yatsinzwe ni ahitwa Saqez.

Abantu bishimye k’uburyo no mu ijoro ryacyeye yari abaturikije ibishashi by’ibyishimo, ibyo bita feux d’artifice.

Igitego cya mbere cya Amerika(uretse ko ari nacyo cyatsinzwe cyonyine), cyagiyemo ubundi hakurikiraho kwishima kw’abatuye Saqez.

Bagiye mu muhanda bacana imuri baturitsa ibishashi by’ibyishimo kubera ko ikipe ya Iran yatsinzwe.

Bahise bashyira iyo video kuri Twitter.

Ibi byabaye mu gihe muri Iran  hamaze igihe hari imidugararo y’abaturage bavuga ko badashaka ubutegetsi bw’i Teheran kubera ko babushinja kutubaha ikiremwamuntu.

Ni imyigaragambyo yatangiye Taliki 16, Nzeri, 2022 nyuma y’urupfu rw’umugore bivugwa ko yakubiswe na Polisi ya Iran imuziza kutubaha itegeko ryo kwambara ukikwiza, uwo mugore akaba yaraguye muri gereza nyuma y’iminsi mike afunzwe.
Uriya mugore yavukaga mu Mujyi wa Saqez.

Si muri uyu mujyi abantu bishimiye gutsinda kwa Iran honyine, ahubwo no mu wundi witwa Sanandaj n’aho ni uko byagenze.

Ifirimbi ya nyuma ikivuga, abaturage bo muri uyu mujyi basohotse bajya mu modoka zabo batangira kuvuza amahoni y’ibyishimo ko Washington itsindiye Teheran i Doha.

Ahandi bishimiye kuri uru rwego ni ahitwa Mahabad, Marivan, Paveh n’i Sarpol-e Zahab.

Uko bigaragara, ikintu cyose Amerika izahuriramo na Iran ntikizabura kugira n’isura ya Politiki!

TAGGED:AmaguruAmerikafeaturedIgikombeIranIsiUmupira
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ndabasaba Kuva Hano Mwahinduye Imitekerereze- IGP Munyuza Abwira Ba Ofisiye
Next Article Uganda: Hasohotse Itegeko Nshinga Ryanditswe Mu Nyandiko Y’Abatabona, Mu Rwanda Bigeze He?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Madagascar: Ingabo Zafashe Ubutegetsi 

Hateranye Inama Y’Abajyanama Ba Perezida Kagame

Njozi: Indirimbo Nshya Ya Element Yatunganyijwe N’Usanzwe Ukorana Na Diamond

Intumwa Za DRC N’Iza AFC/M23 Zongeye Kuganirira i Doha

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

You Might Also Like

IkoranabuhangaImibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Rwanda: Ababyeyi Baraburirwa Ngo Barinde Abana Ibibi Bya Interineti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Ingabire Immaculée Agiye Gushyingurwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Hamas Iherutse Guhura Mu Ibanga N’Intumwa Za Amerika Kubera Kudashira Amakenga Israel

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Yasinyanye N’Abarabu Amasezerano Yo Kubaka Gaza Nshya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?