Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abaturage 52 ‘Bajyanywe Mu Bitaro’ Nyuma Yo Kunywa Ikigage Mu Bukwe Bwa Gitifu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abaturage 52 ‘Bajyanywe Mu Bitaro’ Nyuma Yo Kunywa Ikigage Mu Bukwe Bwa Gitifu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 January 2022 6:21 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uwari usanzwe ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nkungu kari mu Murenge wa Munyaga muri Rwamagana(ubu yahagaritswe mu nshingano) yakoresheje ubukwe mu mpera z’Icyumweru gishize mu babutashye hagaragaramo abantu 52 barwaye k’uburyo bajyanywe mu bitaro.

Bivugwa ko abo baturage bakirijwe ikigage barakinywa kibagwa nabi.

Ubukwe bw’uriya muyobozi bwabereye mu Murenge wa Gahini mu Karere ka Kayonza, ariko kwiyakira bibera i Rwamagana mu Kagari ka Nkungu ari n’aho umugore we akomoka.

Kwiyakira byabereye kwa Nyirabukwe utuye muri ako Kagari.

Abatashye biriya birori bahawe ikigage , gusa uriya muyobozi ntiyari ahari nk’uko Igihe yabyanditse  ndetse ngo ntiyari yahageze umunsi wose.

Byabereye mu Karere ka Rwamagana
Abaturage bahuye n’ikibazo ni abo mu Kagari ka Nkungu, Umurenge wa Munyaga

Mu batashye buriya bukwe harimo uwanduye COVID-19…

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana bwaraye bubwiye itangazamakuru ko mu bantu bari bitashye ibirori kwa Nyirabukwe wa Gitifu hari umwe wagaragayeho ubwandu bwa COVID-19.

Ikindi ngo ni uko mu kwitabira biriya birori, abaturage b’i Nkungu batakurikije amabwiriza yose kandi neza yo kwirinda COVID-19.

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana Radjab Mbonyumuvunyi yagarutse ko gicyekwa ko cyaba cyarateye uburwayi abaturage banyoye kiriya kigage.

Ngo ni amasaka bashigishemo ikigage batirigeze bayoronga!

Radjab Mbonyumuvunyi yagize ati: “Iby’ibanze byagaragaje ko harimo isuku nke muri icyo kigage, gusa biracyari mu iperereza kugira ngo tumenye neza iby’isuku nke ibyo ari byo, ariko dukurikije amakuru y’ibanze ni uko binitse amasaka barayinura barayashesha batigeze bayaronga, biza gutera umwanda watumye abasigaye mu rugo bakinyoyeho bose bagira ikibazo cyo kuribwa mu nda no gucibwamo.”

Gusa ngo abarwayi ntibakomerejwe ahubwo bageze kwa muganga barasezerwa barataha.

Gitifu yahagaritswe kugira ngo hakorwe iperereza risesuye…

Mbonyumuvunyi avuga ko  gitifu yahagaritswe kugira ngo habanze hakorwe iperereza barebe niba nta ruhare yabigizemo.

Icyakora yahagaritswe ‘by’agateganyo.’

Ikigamijwe ni ugukora icukumbura ryimbitse ngo harebwe niba nta ruhare yaba yarabigizemo cyangwa uburangare bigatera ingaruka zageze ku baturage yari ashizwe kuyobora.

Ubu hashyizweho itsinda ryo kubigenzura.

TAGGED:AbaturagefeaturedGitifuInzogaRwamagana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Mnangagwa Yirukanye Minisitiri Wari Inkoramutima Ye
Next Article Abaturage B’Afghanistan Bugarijwe N’Inzara, Amahanga Yarabatereranye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?