Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abaturage Ba Congo-Kinshasa N’Umurundi Bafatiwe I Rubavu Bafite Urumogi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Abaturage Ba Congo-Kinshasa N’Umurundi Bafatiwe I Rubavu Bafite Urumogi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 December 2021 10:23 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Aba bagabo babiri bafatanywe n’abandi Banyarwanda batatu barimo abagore babiri n’umugabo umwe. Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge ryabafashe ku wa Kane ribasanze mu Murenge wa Cyanzarwe muri Rubavu bafite udupfunyika 1,911 tw’urumogi.

Polisi ivuga ko bariya bantu bari mu bandi benshi bagira uruhare mu gukwirakwiza urumogi mu baturage.

Umunyarwanda wafashwe yasanganywe udupfunyika 521, Umukongomani wa mbere wafashwe yitwa Jesus yafatanywe  n’Umurundi witwa Serge bombi bafatanywe udupfunyika 49.

Undi muturage wa Congo Kinshasa witwa Shukuru nawe yafatanywe n’Umunyarwandakazi w’imyaka 30 bombi bakaba bafatanywe udupfunyika tw’urumogi 1,350.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi yavuze ko bariya bantu bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abayobozi mu nzego z’ibanze.

Yagize ati: “Abayobozi bo mu tugari twavuze haruguru nibo baduhaye  amakuru dukora ibikorwa byo kubafata. Bafashwe mu masaha atandukanye bafatwa barimo gucuruza urumogi ku bakiriya babo.”

Avuga ko bariya bantu bose urumogi barukuraga mu gihugu cy’abaturanyi cya Congo bakanyura mu nzira za rwihishwa.

Abaturage batanze amakuru ngo barashimirwa kuko bafasha mu gutuma abagizi ba nabi bafatwa.

CIP Karekezi yaburiye abakora ibikorwa byo gucuruza ibiyobyabwenge, abibutsa ko Polisi itazigera ihagarika ibikorwa byo kurwanya abakora ibyaha.

- Advertisement -

Abafashwe bose bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha(RIB) kugira ngo hatangire iperereza.

Iteka rya minisitiri nº 001/moh/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo rishyira ikiyobyabwenge cy’urumogi mu biyobyabwenge bihambaye.

Itegeko…

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko Umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.

TAGGED:BurundiCongofeaturedRubavuRwandaUrumogi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Ntiruzatezuka Ku Mugambi W’Iterambere Ry’Afurika- Kagame
Next Article U Bufaransa Bwemeye Kwerekana Inyandiko Z’Ubwicanyi Bwakoreye Muri Algeria
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?