Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abaturage baratangira gushyirwa mu byiciro by’Ubudehe kuri uyu wa Gatanu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abaturage baratangira gushyirwa mu byiciro by’Ubudehe kuri uyu wa Gatanu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 December 2020 9:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere ry’inzego z’ibanze(Local Administrative Entities Development Agency, LODA) gitangaza ko guhera kuri uyu wa Gatanu taliki 04 kugeza ku Cyumweru taliki 06, Ukuboza, 2020, abaturage bazatangira gushyirwa mu byiciro by’Ubudehe. Bizakorwa mu minsi ibiri kandi mu gihugu hose.

Mu myaka yashize ibyiciro by’Ubudehe byari byarashyizweho na Leta hari bamwe babinenze ko byashyiraga abaturage mu byiciro mu buryo butandukanye n’imibereho yabo, abandi bakavuga ko bifite amazina afifitse ndetse atesha bamwe agaciro.

Nyuma Leta yasanze ari ngombwa ko byasubirwamo, bigahabwa n’andi mazina.

Haherutse gushyirwaho ibyiciro bine by’Ubudehe byiswe A,B,C,D na E.

‘Ikiciro cya A’ gikubiyemo abaturage bafite amikoro yo hejuru cyane n’aho ‘ikiciro cya E’ kikabamo abafite amikoro make kurusha abandi.

Umuyobozi mukuru wa LODA Madamu Marie-Solange Nyinawagaga yemeza ko abaturage bazahabwa ‘ijambo rinini’ mu kubashyira mu byiciro.

Yabwiye The New Times ati: “Ubu turi gukusanya amakuru yose muri buri rugo kandi twizeye ko bizagera mu mugoroba wo kuri uyu wa Kane taliki 02, Ukuboza, 2020 ibintu byose biri ku murongo. Bukeye bw’aho abakuru b’imiryango bazahurira ku biro by’Umudugudu bicarane bakurikije amabwiriza yo kwirinda COVID-19 ubundi buri rugo rushyirwe mu kiciro cy’Ubudehe.”

Avuga ko abayobozi mu nzego z’ibanze bazakorana n’urubyiruko rw’abakorera bushake mu gushishikariza abaturage kuvugisha ukuri ku byerekeye imibereho ya bagenzi babo kugira ngo babone uko bashyirwa mu byiciro, ntawe ugize ingingimira.

LODA ivuga ko abaturage bose nibarangiza gushyirwa mu byiciro, bazabimenyeshwa binyuze mu kumanika urutonde ruriho ikiciro buri rugo rwashyizwemo.

Urugo cyangwa umuturage uzasanga yashyizwe mu kiciro atibonamo azaba afite uburenganzira bwo kukijuririra, ubujurire bwe bukazatangirwa ku biro by’Umudugudu aho bishoboka.

Nyinawagaga avuga ko gushyira abaturage mu byiciro by’Ubudehe bifasha Leta mu igenamigambi rigamije kuzamura imibereho y’abaturage basanzwe bakennye.

Ubudehe bwatangijwe muri 2000 butangizwa na Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, ariko ubu bugenzurwa na Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu binyuze mu kigo cyayo kitwa LODA.

Photo@KigaliToday

TAGGED:AbaturagefeaturedLODANyinawagagaUbudeheUmudugudu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article USA yashyize Miliyoni $ 1.5 mu mishinga izafasha abafite ubumuga guhanga akazi
Next Article OMS yakuye urumogi ku rutonde rw’ibiyobyabwenge bikomeye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?