Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abatuye Leta Zunze Ubumwe Z’Abarabu Bakomeje Kwishimira Imbuto Zituruka Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Abatuye Leta Zunze Ubumwe Z’Abarabu Bakomeje Kwishimira Imbuto Zituruka Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 January 2021 8:41 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri icyi Cyumweru tariki 10, Mutarama, 2021 nibwo imbuto ziturutse mu Rwanda zagejejwe mu iguriro ryitwa Carrefour riri mu isoko rya kijyambere rinini cyane riri i Dubai muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu. Kuzakira byitabiriwe na Ambasaderi Emmanuel Hategeka uhagarariye u Rwanda muri kiriya gihugu.

Imbuto zakiriwe kuri iki Cyumweru ku nshuro ya mbere zirimo avoka n’amatunda.

MAF Carrefour ni Sosiyete y’ubucuruzi yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu ifite amashami atandukanye hirya no hino ku isi.

Kuva uyu mwaka wa 2021 watangira, iriya sosiyete yagiranye amasezerano y’ubucuruzi n’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe kohereza hanze ibikomoka ku buhinzi, NAEB.

NAEB yiyemeje kuzajya yohereza yo imboga n’imbuto nk’uko ibyohereza n’ahandi.

Ni ubwa mbere NAEB yari yoherereje kiriya kigo ziriya mbuto.

Mu gikorwa cyo kwishimira ko ziriya mbuto zigeze muri kiriya gihugu, hari Ambasaderi w’u Rwanda Bwana  Emmanuel Hategeka umujyanama we Edouard Bizumuremyi n’abandi bayobozi muri MAF Carrefour UAE.

Amb Emmanuel Hategeka yashimye ubuyobozi bwa MAF Carrefour kuko bwemeye kwakira imbuto ziturutse mu Rwanda kandi avuga ko byerekana ko bazakorana n’u Rwanda neza mu rwego rw’ubuhinzi.

Yashimye ko buri ruhande ruri gukurikiza amasezerano rwasinye mu Ugushyingo, 2020 yerekeye ubucuruzi mu bw’imboga n’imbuto muri kiriya gihugu.

Yagize ati: “  Ubu bufatanye burashishikaje kandi bufitiye akamaro buri ruhande, haba abahinzi b’Abanyarwanda, haba ibigo by’indege zizana uyu musaruro n’ibiwakira ndetse n’abaturage b’iki gihugu bafungura izi mbuto.”

Yasezeranyije abamwumvaga ko u Rwanda ruzongera ubwinshi n’ubwiza bw’imbuto rwohereza mu muhanga by’umwihariko muri kiriya gihugu.

Umuyobozi wa NAEB Bwana Claude Bizimana nawe yasezeranyije abo muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu ko u Rwanda rutazatezuka ku ntego yo koherereza amahanga imbuto n’imboga bimeze neza kandi mu buryo budahindagurika.

Ikigo MAF Carrefour gikorera mu bihugu 30 biri muri Aziya y’Uburasirazuba bwo Hagati, muri Afurika n’ahandi.

U Rwanda ruzajya rwoherezayo amatunda, imineke, avoka na pomme.

MAF Carrefour ifite amaduka 320 ku isi hose, kandi buri munsi iha serivisi abantu 750 000 ku isi.

Ambasade y’u Rwanda muri kiriya gihugu iba Abu Dhabi ariko uriya muhango wabereye i Dubai.

Amb Emmanuel Hategeka niwe uhagarariya u Rwanda muri kiriya gihugu cy’Abarabu
Ahagararanye n’abayobozi ba ririya duka mpuzamahanga
TAGGED:DubaifeaturedHategekaNAEBRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article WHO Igiye Gukorana N’u Bushinwa Mu Kumenya Inkomoko Ya COVID-19, Ibizavamo Biribazwaho
Next Article Mu Maboko Ya Police ||17 Bafatiwe Mu Rugo i Kigali Bahahinduye Mu Kabari
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?