Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abatuye Leta Zunze Ubumwe Z’Abarabu Bakomeje Kwishimira Imbuto Zituruka Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Abatuye Leta Zunze Ubumwe Z’Abarabu Bakomeje Kwishimira Imbuto Zituruka Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 January 2021 8:41 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri icyi Cyumweru tariki 10, Mutarama, 2021 nibwo imbuto ziturutse mu Rwanda zagejejwe mu iguriro ryitwa Carrefour riri mu isoko rya kijyambere rinini cyane riri i Dubai muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu. Kuzakira byitabiriwe na Ambasaderi Emmanuel Hategeka uhagarariye u Rwanda muri kiriya gihugu.

Imbuto zakiriwe kuri iki Cyumweru ku nshuro ya mbere zirimo avoka n’amatunda.

MAF Carrefour ni Sosiyete y’ubucuruzi yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu ifite amashami atandukanye hirya no hino ku isi.

Kuva uyu mwaka wa 2021 watangira, iriya sosiyete yagiranye amasezerano y’ubucuruzi n’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe kohereza hanze ibikomoka ku buhinzi, NAEB.

NAEB yiyemeje kuzajya yohereza yo imboga n’imbuto nk’uko ibyohereza n’ahandi.

Ni ubwa mbere NAEB yari yoherereje kiriya kigo ziriya mbuto.

Mu gikorwa cyo kwishimira ko ziriya mbuto zigeze muri kiriya gihugu, hari Ambasaderi w’u Rwanda Bwana  Emmanuel Hategeka umujyanama we Edouard Bizumuremyi n’abandi bayobozi muri MAF Carrefour UAE.

Amb Emmanuel Hategeka yashimye ubuyobozi bwa MAF Carrefour kuko bwemeye kwakira imbuto ziturutse mu Rwanda kandi avuga ko byerekana ko bazakorana n’u Rwanda neza mu rwego rw’ubuhinzi.

Yashimye ko buri ruhande ruri gukurikiza amasezerano rwasinye mu Ugushyingo, 2020 yerekeye ubucuruzi mu bw’imboga n’imbuto muri kiriya gihugu.

Yagize ati: “  Ubu bufatanye burashishikaje kandi bufitiye akamaro buri ruhande, haba abahinzi b’Abanyarwanda, haba ibigo by’indege zizana uyu musaruro n’ibiwakira ndetse n’abaturage b’iki gihugu bafungura izi mbuto.”

Yasezeranyije abamwumvaga ko u Rwanda ruzongera ubwinshi n’ubwiza bw’imbuto rwohereza mu muhanga by’umwihariko muri kiriya gihugu.

Umuyobozi wa NAEB Bwana Claude Bizimana nawe yasezeranyije abo muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu ko u Rwanda rutazatezuka ku ntego yo koherereza amahanga imbuto n’imboga bimeze neza kandi mu buryo budahindagurika.

Ikigo MAF Carrefour gikorera mu bihugu 30 biri muri Aziya y’Uburasirazuba bwo Hagati, muri Afurika n’ahandi.

U Rwanda ruzajya rwoherezayo amatunda, imineke, avoka na pomme.

MAF Carrefour ifite amaduka 320 ku isi hose, kandi buri munsi iha serivisi abantu 750 000 ku isi.

Ambasade y’u Rwanda muri kiriya gihugu iba Abu Dhabi ariko uriya muhango wabereye i Dubai.

Amb Emmanuel Hategeka niwe uhagarariya u Rwanda muri kiriya gihugu cy’Abarabu
Ahagararanye n’abayobozi ba ririya duka mpuzamahanga
TAGGED:DubaifeaturedHategekaNAEBRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article WHO Igiye Gukorana N’u Bushinwa Mu Kumenya Inkomoko Ya COVID-19, Ibizavamo Biribazwaho
Next Article Mu Maboko Ya Police ||17 Bafatiwe Mu Rugo i Kigali Bahahinduye Mu Kabari
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?