Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abazahabwa Indishyi Mu Rubanza Rwa Rusesabagina Bashobora Kwiyongera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Abazahabwa Indishyi Mu Rubanza Rwa Rusesabagina Bashobora Kwiyongera

Last updated: 20 January 2022 3:37 pm
Share
SHARE

Urukiko rw’Ubujurire rwemeje ko ruzatumiza abatangabuhamya bashya mu rubanza rwa Paul Rusesabagina, Nsabimana Callixte alias Sankara n’abandi bareganwa uko ari 21, nyuma y’uko abimwe indishyi z’akababaro bajuriye.

Ni abaturage bagizweho ingaruka n’ibitero by’umutwe wa MRCD/FLN mu myaka ya 2018/2019. Barimo abangirijwe ibyabo, abasahuwe cyangwa abakomeretse.

Umwe mu babunganira, Me Munyamahoro Rene, kuri uyu wa Kane yabwiye urukiko ko mu rubanza rwasomwe n’Urukiko Rukuru ku wa 20 Nzeri 2021, hari abantu batahawe indishyi kubera ko batagaragaje ibimenyetso bihagije.

Yagize ati “Kimwe na bagenzi banjye duhagarariye abaregera indishyi, ni kibazo dufite kijyanye n’abatangabuhamya dushaka ko urukiko rwazumva kuko hari abaregera indishyi batawe indishyi, bitewe n’uko ngo nta bimenyetso bagaragaje.”

“Ariko hakaba hari abatangabuhamya babibonye bashaka kugira ngo bazatumirwe n’urukiko, kugira ngo bazaze kubihamya hano imbere y’urukiko.”

Perezida w’Urukiko rw’Ubujurire François Regis Rukundakuvuga, yahise amubaza niba abo batangabuhamya bitabiriye iburanisha rya none cyangwa niba hari urutonde rwabo.

Umunyamategeko yavuze ko bataruteguye, ariko ko bigiye gukorwa rugashyikirizwa urukiko.

Umucamanza ati “Kubera ko ibijyanye n’indishyi twabishyize ku munsi wa nyuma, umwirondoro murawutegura uyu munsi muwushyikirize urukiko cyangwa muwushyire mu ikoranabuhanga, n’ibyo buri wese mwifuza ko yavugaho. Hanyuma urukiko narwo ruzakora inshingano zarwo zo kubahamagaza.”

Mu rubanza rwajuririwe, abantu 94 baregeye indishyi si ko bose bazibonye.

Nsengiyumva Vincent wahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyabimata yari yaregeye indishyi ya miliyoni 75 Frw kubera ibikomere yatewe n’amasasu yarashwe n’inyeshyamba za FLN n’imitungo ye irimo imodoka yatwitswe. Urukiko rwamugeneye indishyi za miliyoni 21.5 Frw.

TAGGED:featuredPaul RusesabaginaUrukiko rw'Ubujurire
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Cana Challenge: Abaturage ba Mbere Bahawe Imirasire
Next Article U Bwongereza Bwakuyeho Itegeko Ryo Kwambara Agapfukamunwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inganda Z’Intwaro Zungutse 5.9% Kubera Intambara Ya Ukraine N’Iya Gaza

Gisagara: Bakurikiranyweho Guca Umucuruzi Ijosi

Ofisiye Ba Israel Bategetswe Gukoresha Mu Kazi iPhones Gusa 

I Rulindo Ngo Bagira Isuku Nyinshi

Indonesia: Abahitanywe N’Imyuzure Bamaze Kugera Kuri 414

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

Ikipe Y’u Rwanda Ya Basketball Yakubiswe Incuro Ku Mukino Wa Mbere Ugana Ku Gikombe Cy’Isi

Guinea-Bissau: Perezida Umaro Sissoco Embaló Yahiritswe K’Ubutegetsi

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Tshisekedi Hari Ibyo Avuga Ko Atazasinyira i Washington

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Uburayi: Abanyamuryango Ba FPR-Inkotanyi Baganiriye Ku Iterambere Ry’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

RDF Ikomeje Kubakira Ubushobozi Ingabo Za Centrafrique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'Abaturage

Nyamasheke: Bahangayikishijwe N’Uko Bateye Imyaka Ikuma Inzara Ikaba Ibugarije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?