Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ab’i Kigali Ibicurane ‘Byabarembeje’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Ab’i Kigali Ibicurane ‘Byabarembeje’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 May 2021 11:21 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’uko hari abatuye Umujyi wa Kigali benshi batangaza ko barwaye cyangwa barwaje ibicurane ndetse bamwe bakabyandika kuri Twitter, Ikigo cy’igihugu cy’ubuzima kirabagira inama yo kwisuzumisha bakareba niba bitaba ari COVID-19.

Bamwe mu batangaje ko bafite abo mu muryango wabo barwaye ibicurane kandi ari benshi  baba no mu rugo rumwe harimo Madamu Nathalie Munyampenda.

Yanditse ati: “ Ibi bicurane na grippe biri i Kigali birakaze, mwitonde! Twari tumaze umwaka urenga iwanjye tutabirwara ariko ubu hafi ya twese turi gukorora”

Nathalie Munyampenda

Avuga ko mu minsi ishize byari byarazahaje umukobwa we muto, ariko ngo ubu niwe[Munyampenda] byadukiriye. Avuga ko ubwo yabyanduraga yatekereje ko yaba ari ‘ubundi bwoko’ bwa COVID-19.

Umunyamakuru Edmond Kagire nawe kuri Twitter yavuze ko ibicurane biriho muri iki gihe wagira ngo ni ikindi cyorezo, asaba abashakashatsi kubisuzumana ubwitonzi.

Edmond Kagire

RBC iti: Mwitonde hari ubwo yaba ari COVID…

Dr Sabin Nsanzimana uyobora Ikigo cy’igihugu cy’ubuzima yabwiye Taarifa ko ‘koko umubare w’abarwaye ibicurane n’inkorora muri Kigali uri kuzamuka.’

Avuga ko imibare bafite yerekana ko abantu banduye iriya virus  bita influenza ari benshi muri iki gihe.

Dr Nsanzimana avuga ko imwe mu mpamvu iri kubitera ari uko ubutaka buri gukamuka, igihe cy’imvura kikaba kiri gusimburwa n’icy’izuba bityo ivumbi rikazamuka.

N’ubwo bimeze gutyo ariko, asaba abaturage cyane cyane abo mu mujyi wa Kigali kutabifata nk’aho ari ibicurane gusa ahubwo ko banakwipimisha bakareba niba nta bwandu bwa COVID-19 bwaba burimo.

Ati: “ Abantu bafite ibicurane n’inkorora kandi babana mu rugo twabagira inama yo kujya kwisuzumisha kugira ngo harebwe niba nta bwandu bwa COVID-19 bwaba burimo.”

Dr Sabin Nsanzimana

Avuga ko n’ubwo ubwandu muri Kigali bwagabanutse ariko ngo ntawakwemeza ko bwahacitse bityo ko inama nziza ari ukwisuzumisha hakarebwa niba ntawanduye kiriya cyorezo kimaze kwica Abanyarwanda barenga 300.

TAGGED:featuredIbicuraneMunyampendaNatalieNsanzimanaRBCUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inguzanyo Ya Miliyoni $120 Igiye Gutuma U Rwanda Ruhomba Akayabo
Next Article Animateri Wo Muri Saint André Aravugwaho Gukubita Abanyeshuri ‘Bikomeye’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?