Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abibaga Moto Bakazihindurira Plaques Bafashwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Abibaga Moto Bakazihindurira Plaques Bafashwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 January 2025 5:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Abo bantu barakekwaho kwiba moto bakazihindurira plaques
SHARE

Polisi y’u Rwanda yerekanye abantu umunani ikekaho kwiba moto bakazihindurira ibyangombwa hanyuma zigakoreshwa mu yindi mirimo harimo no kuzikoresha ibyaha nk’uko umuvugizi w’uru rwego ACP Boniface Rutikanga abitangaza.

Uru rwego ruvuga ko rwari rumaze iminsi mu mukwabo bucece wo gushakisha ibinyabiziga abantu biba babakabikoresha indi mirimo itari iyo ba nyirabyo babiguriye.

ACP Boniface Rutikanga yavuze ko abakora ubwo bujura biba moto bakazihindurira ibyangombwa bakazambika ibitari ibyazo.

Avuga ko hari moto 136 zahinduriwe ibyangombwa bikozwe n’abazibye cyangwa abandi bafatanya muri ubwo bujura.

Rutikinga avuga ko abo bantu biba ibyo binyabiziga bakajya kubicurishiriza plaques/plate number mu magaraje.

Ati: “Mu iperereza twakoze twasanze moto 136 zose zagiye zihindurirwa ‘plaques’ ndetse 16 muri zo zifite ibyangomwa by’izindi.”

Iyo batazibye muri ayo magaraje, bazigura n’abari  basanganywe ibinyabiziga byashaje ariko ntibasubize plaque zabyo ahubwo bakazibika.

Atangaza ko abafite moto zakorewe ibyo ari bo bakunze gufatirwa mu byaha bitandukanye bikorwa hifashishijwe moto hirya no hino muri Kigali.

Yatangaje ko hari moto nyinshi Polisi yafashe, igiye guteza cyamunara kuko zidafite gikurikirana.

Umwe mu bibwe moto ikaba yabonetse witwa Nakate Josephine yavuze ko hashize imyaka itanu yibwe moto, icyo gihe ikaba yaribiwe mu Murenge wa Mageragere muri Nyarugenge.

Yibwe mu mwaka wa 2019.

Mu gusobanura uko byagenze yagize ati: “Nahaye umuntu ngo ajye atwara moto yanjye hanyuma abajura baramutega baramuniga barayijyana. Nyuma mu mpera za 2024 nibwo kuri Polisi bampamagaye bambwira ko yabonetse gusa bari barayihinduriye ibirango”.

Mugenzi we witwa Muhashyi Jean d’Amour na we  yarabuze moto ye muri Gashyantare, 2024.

Moto ye yari yarayihaye umuhungu we ngo abe ari we uyitwara ariko iza kwibwa.

Avuga ko abantu babiri ari bo bateze umuhungu we baramuniga ntiyamenya aho yarengeye.

Ati “…Bageze mu Gakenke wa wundi bari kumwe na we yahise aza baramuniga batwara n’ibyangombwa byayo byose. Nyuma nayibonye barayinduriye ‘plaque”.

Buri gihe Polisi isaba abantu kwirinda ibyaha kuko bikururira ibyago no gukurikiranwa n’amategeko.

TAGGED:featuredIbyahaMotoPolisiRutikanga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingabo Za Israel Zatangiye Kwitegura Kuva Muri Gaza
Next Article Tshisekedi Yabwiye Abadipolomate Ko Guhana U Rwanda Ari Ngombwa 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?