Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abimukira Nibataza Mu Rwanda Ibyabagenewe Bizakoreshwa N’Abanyarwanda-Mukuralinda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abimukira Nibataza Mu Rwanda Ibyabagenewe Bizakoreshwa N’Abanyarwanda-Mukuralinda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 November 2023 8:11 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Alain Mukuralinda
SHARE

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda wungirije Me Alain Mukuralinda avuga ko kuba ibyo kohereza abimukira mu Rwanda bavuye mu Bwongereza byaraye byanzwe n’Urukiko bitazarubuza gukomeza uwo mutima. Ariko ngo nibataza, ibikorwaremezo byari byarabateganyirijwe bizakoreshwa n’Abanyarwanda.

Mukuralinda avuga ko mu masezerano u Rwanda rufitanye n’Ubwongereza kuri iyi ngingo, avuga ko abo bimukira bari buturane n’Abanyarwanda, bagasangira akabisi n’agahiye.

Avuga ko icyemezo cy’uko batataza nigikomeza kuba impamo, ibyari byarabubakiwe bitazasenywa cyangwa ngo hagire ikintu icyo ari cyose gisubizwa Ubwongereza.

Ni ngombwa kuzirikana ko Ubwongereza bwari bwaremereye u Rwanda  miliyoni € 120 (agera kuri miliyari Frw 150) yo kuzita kuri abo bantu.

Ni amasezerano yasinywe muri Mata, 2022.

U Rwanda ruvuga ko hagize ikindi gihugu cyifuza gukorana n’u Rwanda muri gahunda nk’iriya, rwiteguye kubikora kuko umutima warwo wo kwakira abari mu gihirahiro utigeze uhinduka.

Lord Reed uyobora Urukiko rw’Ikirenga rw’Ubwongereza niwe waraye atangaje ko we na bagenzi be basanze gahunda y’Ubwongereza n’u Rwanda yo kurwoherereza abimukira ngo babanze barubemo mbere yo kwemererwa kuba mu Bwongereza harimo ibidakurikije amategeko.

Ni icyemezo gifashwe nyuma y’uko kuri uyu wa Mbere Suella Braverman wakurikiranaga iby’iyi gahunda ku ruhande rw’Ubwongereza yirukanywe mu nshingano.

Ku ruhande rw’u Rwanda, Umukuru warwo  yavuze kenshi ko rwakoze ibyo rwagombaga gukora ngo iyo gahunda igerweho.

Perezida Kagame yavuze ko igihe cyose Ubwongereza buzaba bwanogeje ibyo kuzana abo bantu mu Rwanda, buzasanga rwiteguye.

Ni kenshi yavuze ko abarushinja kubishakamo indonke bibeshya kuko rwo rwarangiye kera kwakira abagira igihugu.

 

TAGGED:AbimukiraBwongerezaKagameMukuralindaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umugaba W’Ikirenga Yaganiriye N’Inzego Zose Z’Umutekano
Next Article DRC: Ba Guverineri B’Intara N’Abadepite Bamaze Amezi 6 Badahembwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Madagascar: Ingabo Zafashe Ubutegetsi 

Hateranye Inama Y’Abajyanama Ba Perezida Kagame

Njozi: Indirimbo Nshya Ya Element Yatunganyijwe N’Usanzwe Ukorana Na Diamond

Intumwa Za DRC N’Iza AFC/M23 Zongeye Kuganirira i Doha

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

You Might Also Like

IkoranabuhangaImibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Rwanda: Ababyeyi Baraburirwa Ngo Barinde Abana Ibibi Bya Interineti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Ingabire Immaculée Agiye Gushyingurwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rayon Yahagaritse Umutoza Mukuru Bari Bamaze Iminsi Muri Rwaserera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Kagame Yaganiriye N’Abayobora Ikigo Nyafurika Cy’Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?