Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abimukira Nibataza Mu Rwanda Ibyabagenewe Bizakoreshwa N’Abanyarwanda-Mukuralinda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abimukira Nibataza Mu Rwanda Ibyabagenewe Bizakoreshwa N’Abanyarwanda-Mukuralinda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 November 2023 8:11 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Alain Mukuralinda
SHARE

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda wungirije Me Alain Mukuralinda avuga ko kuba ibyo kohereza abimukira mu Rwanda bavuye mu Bwongereza byaraye byanzwe n’Urukiko bitazarubuza gukomeza uwo mutima. Ariko ngo nibataza, ibikorwaremezo byari byarabateganyirijwe bizakoreshwa n’Abanyarwanda.

Mukuralinda avuga ko mu masezerano u Rwanda rufitanye n’Ubwongereza kuri iyi ngingo, avuga ko abo bimukira bari buturane n’Abanyarwanda, bagasangira akabisi n’agahiye.

Avuga ko icyemezo cy’uko batataza nigikomeza kuba impamo, ibyari byarabubakiwe bitazasenywa cyangwa ngo hagire ikintu icyo ari cyose gisubizwa Ubwongereza.

Ni ngombwa kuzirikana ko Ubwongereza bwari bwaremereye u Rwanda  miliyoni € 120 (agera kuri miliyari Frw 150) yo kuzita kuri abo bantu.

Ni amasezerano yasinywe muri Mata, 2022.

U Rwanda ruvuga ko hagize ikindi gihugu cyifuza gukorana n’u Rwanda muri gahunda nk’iriya, rwiteguye kubikora kuko umutima warwo wo kwakira abari mu gihirahiro utigeze uhinduka.

Lord Reed uyobora Urukiko rw’Ikirenga rw’Ubwongereza niwe waraye atangaje ko we na bagenzi be basanze gahunda y’Ubwongereza n’u Rwanda yo kurwoherereza abimukira ngo babanze barubemo mbere yo kwemererwa kuba mu Bwongereza harimo ibidakurikije amategeko.

Ni icyemezo gifashwe nyuma y’uko kuri uyu wa Mbere Suella Braverman wakurikiranaga iby’iyi gahunda ku ruhande rw’Ubwongereza yirukanywe mu nshingano.

Ku ruhande rw’u Rwanda, Umukuru warwo  yavuze kenshi ko rwakoze ibyo rwagombaga gukora ngo iyo gahunda igerweho.

Perezida Kagame yavuze ko igihe cyose Ubwongereza buzaba bwanogeje ibyo kuzana abo bantu mu Rwanda, buzasanga rwiteguye.

Ni kenshi yavuze ko abarushinja kubishakamo indonke bibeshya kuko rwo rwarangiye kera kwakira abagira igihugu.

 

TAGGED:AbimukiraBwongerezaKagameMukuralindaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umugaba W’Ikirenga Yaganiriye N’Inzego Zose Z’Umutekano
Next Article DRC: Ba Guverineri B’Intara N’Abadepite Bamaze Amezi 6 Badahembwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?