Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abunganira Prince Kid Barashaka Ko Abatangabuhamya Bushinja Babikora ‘Imbonankubone’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abunganira Prince Kid Barashaka Ko Abatangabuhamya Bushinja Babikora ‘Imbonankubone’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 November 2022 6:25 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Iki ni icyifuzo cyatanzwe n’abunganira Ishimwe Dieudonné wamenyekanye nka Prince Kid umaze igihe mu nkiko aregwa gusambanya abakobwa bitabiraga irushanwa rya Miss Rwanda yateguraga.

Mu iburanisha ryabaye kuri uyu wa Kane Taliki 17, Ugushyingo, 2022, umucamanza yabanje kwibutsa abari mu rukiko ko hashize igihe byanzuwe ko iri buranisha rigomba kubera mu muhezo.

Ni icyemezo cyafashwe Taliki 28, Ukwakira, 2022 bitewe n’uburemere bw’uru rubanza.

Kubera iyo mpamvu umucamanza yategetse abantu bose gusohoka mu cyumba cy’urukiko ndetse n’abacungagereza biba uko.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

N’ubwo ari uko byagenze, hari amakuru yaje kugera ku itangazamakuru avuga ko abunganira Prince Kid batanze inzitizi z’uko abamushinja bavugira kuri Skype ariko ko bo[abunganizi] ‘batababona ngo bagire icyo bababaza.’

Ubusanzwe uriya musore yunganirwa na Me Emelyne Nyembo na Me Kayijuka Ngabo.

Si iriya nzitizi gusa yatanzwe ahubwo ngo hari n’indi y’uko  Urukiko rwari rwanzuye ko Ubushinjicyaha butavuga kuko bwamaze kuvuga, ahubwo hakaba hari kumvwa abatangabuhamya gusa.

Nyuma  yo kumva izi nzitizi, inteko iburanisha yafashe iminota 15 yo kuzisuzuma igaruka yanzuye ko urubanza rusubikwa ruzasubukurwa ku wa 25 , Ugushyingo,  2022 saa mbiri za mu gitondo.

Bimaze kwanzurwa gutyo, ubwo yari asohotse  Me Emelyne Nyembo yavuze ko we na mugenzi we bafatanyije kunganira Prince Kid  bifuza ko abatangabuhamya bazagaragara mu rukiko kugira ngo bababaze ibibazo.

- Advertisement -

Uregwa akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato.

Urubanza rwe rwahawe nimero ya dosiye RP 00653/2022/TGI/NYGE.

Yafashwe bwa mbere  muri Mata 2022, akaba agiye kumara amezi arindwi muri Gereza ya Nyarugenge.

Prince Kid afite imyaka 34 y’amavuko.

TAGGED:AbunganirafeaturedIshimweMissPrinceRwandaUbuhamyaUrukiko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri Bayisenge Yavuze Ku Kamaro K’Umugore Ufite Ikimwinjiriza Mu Rugo
Next Article Ku Munota Wa Nyuma Qatar Yabuzanyije Kunywera Inzoga Mu Gikombe Cy’Isi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ngoma: Hibutswe Imiryango 15,593 Y’Abatutsi Yishwe Irazima Muri Jenoside 

Rihanna Yapfushije Se

Kabila Aragisha Inama Inararibonye Z’i Goma

Nick Ngendahayo Yasohoye Indirimbo Ibanziriza Igitaramo

Abayahudi Baramagana Ibyo Israel Ikorera Muri Gaza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

M23 Irasaba Uburundi Gucyura Ingabo Zabwo Inzira Zikigendwa

U Rwanda Rugiye Kubaka Uruganda Rubyaza Izuba Amashanyarazi Ya Mega Watt 30

Abajyanama B’Ubuzima Bagiye Gukoresha Ubwenge Buhangano Mu Kazi

RDB Yagize Icyo Ivuga Ku Ntambara Ya DRC

Kigali: Hagiye Gushyirwaho Ingengabihe Yo Gutwara Abagenzi

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ba Rwiyemezamirimo Bagiye Guhatanira Igihembo Cya Miliyoni $1.5

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Musk Yavuye Mu Nshingano Yahawe Na Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Umwanditsi Ukomeye Ngũgĩ wa Thiong’o Yapfuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Pariki Y’Akagera Yinjije Arenga Miliyari Frw 5 Mu Mwaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?