Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 August 2025 9:15 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Amakipe yari ahagarariye u Rwanda yatahiye aho.
SHARE

Haba ikipe y’igihugu y’abagabo ya Basketball haba n’iy’abagore yombi yasezerewe mu marushanwa nyafurika ya Basketball yari yaritabiriye, ataha amara masa.

Ikipe y’abagabo yari ihagarariye u Rwanda mu mikino y’Igikombe cy’Afurika cya Basketball (AfroBasket 2025) yaberaga muri Angola yasezerewe idatsinze n’umukino n’umwe.

Umukino wa nyuma wayo wayihuje n’iya Cape Verde urangira iy’iki gihugu itsinze iy’u Rwanda amanota 75 kuri 62.

N’ubundi rwari rusanzwe ruri ku mwanya wa nyuma mu itsinda ryarwo ari ryo rya A ( Group A) rukagira amanota atatu.

Mu mikino rwakinnye, rwatsinzwe na Côte d’Ivoire ku manota 78 kuri 70 mu mukino ubanza, uwa kabiri rutsindwa na Repubulika ya Demukarasi ya  Congo amanota 65 kuri 58 hanyuma iya Cape Verde irarusezerera ku manota 75 kuri 62.

Ubwo kandi niko n’iy’abagore yatashye nta ntsinzi ikuye muri Côte d’Ivoire kuko rwatashye ruri  ku mwanya wa nyuma mu itsinda rya kane (Group D) n’amanota abiri.

Ndetse n’umukino bita kamarampaka yakinnye na Senegal nawo yarawutsinzwe ku manota 80 kuri 37.

Mu gikombe cy’Afurika cyo mu mwaka wa 2023 mu makipe y’abagore cyabereye i Kigali, ikipe y’Igihugu y’abagore yarangije iri ku mwanya wa kane nyuma yo kugera muri kimwe cya kabiri.

Urutonde rw’impuzamashyirahamwe y’umukino wa Basketball ku isi rwasohotse tariki ya 8, Kanama, 2025 rwerekana ko ikipe y’u Rwanda ya Basketball mu bagabo iri ku mwanya wa 15 muri Afurika, ikaba n’iya 93 ku rutonde rw’isi.

Mu cyiciro cy’abagore, u Rwanda ruri ku mwanya wa 11 muri Afurika na 72 ku isi, rukaba no mu bihugu  bitanu byatakaje amanota menshi kuko rwatakaje arindwi.

Mu myaka itatu ishize ikipe y’abagabo yasubiye inyuma ugereranyije n’aho yari iri mbere.

Amakuru agera kuri Taarifa Rwanda avuga ko mu makipe yombi( iy’abagabo n’iy’abagore) harimo ubwumvikane buke hagati y’abakinnyi n’umutoza ndetse ngo n’umukinnyi ukomeye mu ikipe y’abagabo witwa Nshobozwa ‘ashobora’ gusezera mu ikipe mu gihe kiri imbere.

TAGGED:AbagaboAbagoreAfurikafeaturedGutahaImikinoIrushanwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa
Next Article Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanyarwanda Barashukwa Bakaza Mu Bushinwa Bakisanga Mu Bucakara- Amb Kimonyo 

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

Hamas Irashaka Igihe Cyo Gusesengura Gahunda Y’Amahoro Yateguwe Na Trump

Airtel Rwanda Yahawe Umuyobozi Mushya

Ubwongereza: Abantu Biciwe Mu Rusengero Rw’Abayahudi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu Rwanda

U Rwanda Rugiye Gushinga Ikigo Gitoza Gukumira Ibitero By’Ikoranabuhanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu mahangaUbumenyi N'Ubuhanga

Umuhanga Wabwiye Isi Imibereho Y’Impundu Jane Goodall Yapfuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?