Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Afurika Na Caraibe Barasaba Indishyi Kubera Ubucakara
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi N'Ubuhanga

Afurika Na Caraibe Barasaba Indishyi Kubera Ubucakara

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 July 2023 8:10 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abanyamateka bavuga ko icyaha abantu bakoreye abandi ku isi gikomeye kurusha ibindi kandi ntigihanwe ari ubucakara Abazungu bakoreye Abirabura.

Hagati y’ikinyejana cya 15 nicya 19 nyuma ya Yezu Kristu, miliyoni 12.5 z’Abirabura bari batuye Afurika mu bwami  butandukanye bahatiwe kujya muri Amerika bajyanywe n’Abanyaburayi bazaga kubagura uduhendabana, bakabagura n’abami cyangwa abatware.

Babaga biganjemo abasore b’intarumikwa bahoze ari ingabo zafatiwe ku rugamba, abandi bakaba bari basanzwe ari abacakara.

Ababajyanaga babapakiraga mu bwato bagerekeranyije bamwe bashonje, bagakora urugendo rurerure, abananiwe kwihangana bakijugunya mu Nyanja bagapfa, urwaye bigaragara ko bikomeye bakamuta mu mazi ubwato bugakomeza.

Nyuma yo kugezwa imusozi baragurishwaga ku giciro nk’icy’umuneke, ubundi bakajya gukoreshwa ubucakara mu mirima y’Abazungu y’ibisheke cyangwa indi mirimo ivunanye kandi idahemberwa.

Abanyamateka bemeza ko ubucakara bwakozwe mu binyejana bitatu bukorerwa Abanyafurika ari bwo bwatumye Afurika ikena kandi ari yo yahoze ikize kurusha indi migabane y’isi.

Harifuzwa indishyi…

Reuters yanditse ko abahanga mu mateka, abanyapolitiki, abize ubukungu n’abandi bakomeye mu bihugu by’Afurika baherutse guhurira muri Barbados bemeranya ko ari ngombwa kuregera indishyi zigahabwa abaturage b’Afurika bakorewe ubunyamaswa bikabakenesha kandi ntibahabwe indishyi.

Mu kirwa cya Barbados aho iyi nama yebereye, naho hagejejwemo abacakara k’uburyo hagati y’umwaka wa 1627 n’umwaka wa 1833 hari haranyujijwe abagera ku 600,000.

Akazi k’aba bose kari uguhinga no kwita ku bisheke mu bikingi by’Abongereza.

Muri iki gihe rero, Guverinoma ya Barbados ifatanyije n’Inama ishinzwe imibereho myiza, umuco n’iterambere  mu Muryango w’Afurika yunze ubumwe ndetse na Kaminuza yitwa University of the West Indies (UWI) baricaye bemeranya ko igihe kigeze ngo isi ihe Afurika indishyi z’ibyaha yayikoreye.

Inama yemeranyijwemo ibi yabereye mu Murwa mukuru wa Barbados witwa Brigdetown

Yari yitabiriwe n’abahagarariye ibihugu byabo mu Muryango w’Afurika yunze ubumwe.

Inyandiko isaba guhabwa indishyi zitanzwe n’Abanyaburayi n’Abanyamerika igizwe n’ingingo 10.

Umwe mu bakozi bakuru mu Muryango w’Afurika yunze ubumwe witwa Youssoud Mandoha avuga ako ingaruka z’ubukoloni, ubucakara n’ivangura byakorewe Abirabura bikibagiraho ingaruka aho bari hose ku isi.

Mu ntangiriro za Nyakanga, 2023 ubuyobozi bw’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi bwatangaje ko ubucakara bwakorewe abaturage b’Afurika ari icyaha cyakorewe inyoko muntu.

Icyo amahanga ahanze amaso muri iki gihe ni ukureba niba ubusabe bw’abatuye Afurika ku byerekeye indishyi buzakirwa kandi zigatangwa.

TAGGED:AfurikaAmerikafeaturedIndishyiUbucakaraUburayi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inama Nkuru Y’Umutekano W’u Rwanda Yateranye
Next Article RDF Iranyomoza Ibyavuzwe N’Ingabo Za DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?