Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umugabo W’i Nyanza Uvugwaho Kwihisha Imyaka 23 Kubera Jenoside Yabihakanye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbutabera

Umugabo W’i Nyanza Uvugwaho Kwihisha Imyaka 23 Kubera Jenoside Yabihakanye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 June 2024 7:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uwo ni Ntazinda Emmanuel uherutse kuvumburwa mu mwobo wari iwe, ubugenzacyaha bukavuga ko yari yarawucukuye yihisha kubera uruhare akekwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Kuri uyu wa Kabiri mu rukiko yavuze ko nta Mututsi yishe ndetse ko nta n’igitero yagiyemo.

Mu rukiko rw’ibanze rwa Busasamana mu Karere ka Nyanza uyu mugabo wari wambaye kamambiri z’umutuku, umupira  n’ipantalo y’ubururu yavuze ko muri Jenoside yakorewe Abatutsi icyo yakoze ari ukwangiza imitungo yabo.

Yireguraga atyo mu iburana ku ifungwa cyangwa ifungurwa ry’agateganyo.

Ubushinjacyaha bwo bumurega ibyaha bifitanye isano na Jenoside.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Bwabwiye urukiko ko ibyaha bukurikiranyeho Ntazinda w’imyaka 51 y’amavuko yabikoreye mu Kagari ka Kavumu mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza y’ubu, icyo gihe hari muri Komini Nyabisindu.

Abashinja Ntazinda bavuga ko yahungutse avuye muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo mu mwaka wa 2001 ahishwa n’umugore we Eugénie Mukamana.

Yafatanyije n’uwo mugore gucukura imyobo ibiri, umwe munsi y’igitanda cyo mu cyumba bararamo n’undi mu gikari.

Bamushinja kandi kwica Abatutsi batandukanye barimo n’abo yabanzaga gusambanya.

Ubushinjacyaha bwemeza ko Ntarindwa yayoboye ibitero byiciwemo Abatutsi, akaba yari yarashinze bariyeri ziciwemo Abatutsi, bamwe abajunya mu cyobo nk’uko hari abatangabuhamya baganiriye n’ubushinjacyaha babivuga.

- Advertisement -

Nyuma yo gusobanura uko ibyaha bumurega biteye n’impamvu ‘zikomeye’ busanga urukiko rukwiye guheraho rukamufunga, ubushinjacyaha bwasabye ko Ntarindwa Emmanuel afungwa iminsi 30 y’agateganyo mbere y’urubanza mu mizi.

Ntarindwa Emmanuel ahawe umwanya ngo agire icyo avuga, yavuze ko yagiye kuri bariyeri ziciweho Abatutsi ariko we ntawe yishe.

Ndetse ngo nta n’igitero yayoboye!

Kugeza ubu uyu mugabo aburana atunganiwe.

Yemereye urukiko ko yangije imitungo mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.

Urukiko rwamubajije niba hari icyo yongeraho ku myiregurire ye, avuga ko asaba imbabazi Abanyarwanda bose.

Bagenzi bacu ba UMUSEKE bari aho uru rubanza rwabereye bavuga ko dosiye y’umugore wa Ntarindwa nayo yari yaragejejwe mu bushinjacyaha ariko buza kumurekura kuko ngo ‘atize kandi atanafatanyije’ n’umugabo we gukora Jenoside bityo ko atabiryozwa.

Mu cyumweru gitaha nibwo biteganyijwe ko umwanzuro ku ifungwa cyangwa ifungurwa ry’agateganyo bya Ntarindwa Emmanuel uzatangazwa.

TAGGED:AbatutsifeaturedJenosideNtarindwaNyanzaUbushinjacyaha
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bubiligi: Bangije Urwibutso Rwa Jenoside Yakorewe Abatutsi
Next Article Gukina Kw’Abana Si Uguta Igihe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Intambara Y’Amagambo Hagati Ya Israel N’Ubwongereza

Frank Joe Mu Gahinda Ko Gupfusha Umugore We

Kabila Yambuwe Ubudahangarwa

RIB Yafunze Abanyamahanga Batatu

Gasabo: Hafashwe Abanigaga Abantu Bakabambura

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Hatangajwe Ifoto Yemewe Ya Papa Lewo XIV

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

UN N’u Rwanda Mu Bufatanye Bufite Agaciro Ka Miliyari $1

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Mu Nama Ihuza Afurika N’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Hagiye Kongera Kwibukwa Imiryango Y’Abatutsi Yazimye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?