Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Afurika Yatangije Ikoranabuhanga Mu Kubika No Guhana Amakuru Ku Buzima Bw’Abayituye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Afurika Yatangije Ikoranabuhanga Mu Kubika No Guhana Amakuru Ku Buzima Bw’Abayituye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 March 2023 5:24 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mujyi wa Kigali habereye inama yateguwe n’Ikigo nyafurika kirwanya indwara z’ibyorezo, Africa CDC, yatangirijwemo uburyo bwo kubika no guhanahana amakuru k’ubuzima bw’abatuye Afurika binyuze mu ikoranabuhanga.

Ni uburyo bwo gukusanya, gusesengura, kubika no gusangira amakuru arebana n’ubuzima bw’abatuye ibihugu bigize Umuryango w’Afurika yunze ubumwe hagamijwe gutanga ubuvuzi bwihuse igihe cyose bwaba bukenewe ndetse no kumenya indwara ziganje ahantu runaka kugira ngo zirindwe cyangwa zirwanywe.

Uwari uhagarariye ubuyobozi bukuru bw’iki kigo yabwiye itangazamakuru ko ikigo ayobora kifuza gukorana na za Minisiteri eshatu muri buri Guverinoma y’igihugu nyamuryango.

Izo ni Minisiteri y’ubuzima, Minisiteri y’ikoranabuhanga na Minisiteri y’imari.

Buri Minisiteri izagira uruhare rwayo mu ishyirwa mu bikorwa ry’iriya gahunda bitewe n’inshingano zayo.

Minisiteri y’ubuzima izafasha mu gushyiraho Politiki y’uburyo bizakorwa, Minisiteri y’ikoranabuhanga ishyireho ikoranabuhanga ryo gukusanya, gusesengura, kubika no gusangira amakuru areba iby’ubuzima hanyuma iy’imari itange igice runaka cy’amafaranga azakenerwa mu ishyirwa mu bikorwa byabyo.

Dr Ahmed Ogwell Ouma uyobora Africa CDC yagize ati: “ Dukora uko dushoboye kugira ngo duhuze amakuru arebana n’ubuzima muri buri gihugu kugira ngo azadufashe mu igenamigambi mu rwego rwo guhangana n’indwara zizaduka mu gihe kiri imbere.”

Ogwell Ouma avuga ko imwe mu mbogamizi bahura nazo ari uko ibihugu by’Afurika bitaragera ku rwego rumwe rw’iterambere mu ikoranabuhanga bityo bigatuma hari aho bimwe bizagorwa no gushyira mu bikorwa uriya mugambi.

Icyakora avuga ko Africa CDC yamaze gutegura uburyo bwo kuzafasha ibihugu bizagaraga intege nke kuzamura urwego rwabyo rw’imikorere.

Ubuyobozi bwa Africa CDC buvuga ko bwatoranyije u Rwanda ngo rukorerwemo iriya nama kubera ko rusanzwe ruzwiho gukataza mu ikoranabuhanga kandi rukaba rwaritwaye neza mu guhangana na COVID-19

Ikigo Africa CDC gishamikiye ku ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima, OMS.

Kagame Yakiriye Uyobora Ikigo Nyafurika Cyo Kurwanya Ibyorezo

TAGGED:AbaturageAfurikafeaturedIndwaraKigaliRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Centrafrique: François Bozizé Yahawe Ubuhungiro Muri Guinea Bissau
Next Article Uruzi Rw’Akagera ‘Rugiye’ Kubyazwa Umusaruro Mu Bundi Buryo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu mahangaUbuzima

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?