Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Afurika Yatangije Ikoranabuhanga Mu Kubika No Guhana Amakuru Ku Buzima Bw’Abayituye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Afurika Yatangije Ikoranabuhanga Mu Kubika No Guhana Amakuru Ku Buzima Bw’Abayituye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 March 2023 5:24 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mujyi wa Kigali habereye inama yateguwe n’Ikigo nyafurika kirwanya indwara z’ibyorezo, Africa CDC, yatangirijwemo uburyo bwo kubika no guhanahana amakuru k’ubuzima bw’abatuye Afurika binyuze mu ikoranabuhanga.

Ni uburyo bwo gukusanya, gusesengura, kubika no gusangira amakuru arebana n’ubuzima bw’abatuye ibihugu bigize Umuryango w’Afurika yunze ubumwe hagamijwe gutanga ubuvuzi bwihuse igihe cyose bwaba bukenewe ndetse no kumenya indwara ziganje ahantu runaka kugira ngo zirindwe cyangwa zirwanywe.

Uwari uhagarariye ubuyobozi bukuru bw’iki kigo yabwiye itangazamakuru ko ikigo ayobora kifuza gukorana na za Minisiteri eshatu muri buri Guverinoma y’igihugu nyamuryango.

Izo ni Minisiteri y’ubuzima, Minisiteri y’ikoranabuhanga na Minisiteri y’imari.

Buri Minisiteri izagira uruhare rwayo mu ishyirwa mu bikorwa ry’iriya gahunda bitewe n’inshingano zayo.

Minisiteri y’ubuzima izafasha mu gushyiraho Politiki y’uburyo bizakorwa, Minisiteri y’ikoranabuhanga ishyireho ikoranabuhanga ryo gukusanya, gusesengura, kubika no gusangira amakuru areba iby’ubuzima hanyuma iy’imari itange igice runaka cy’amafaranga azakenerwa mu ishyirwa mu bikorwa byabyo.

Dr Ahmed Ogwell Ouma uyobora Africa CDC yagize ati: “ Dukora uko dushoboye kugira ngo duhuze amakuru arebana n’ubuzima muri buri gihugu kugira ngo azadufashe mu igenamigambi mu rwego rwo guhangana n’indwara zizaduka mu gihe kiri imbere.”

Ogwell Ouma avuga ko imwe mu mbogamizi bahura nazo ari uko ibihugu by’Afurika bitaragera ku rwego rumwe rw’iterambere mu ikoranabuhanga bityo bigatuma hari aho bimwe bizagorwa no gushyira mu bikorwa uriya mugambi.

Icyakora avuga ko Africa CDC yamaze gutegura uburyo bwo kuzafasha ibihugu bizagaraga intege nke kuzamura urwego rwabyo rw’imikorere.

Ubuyobozi bwa Africa CDC buvuga ko bwatoranyije u Rwanda ngo rukorerwemo iriya nama kubera ko rusanzwe ruzwiho gukataza mu ikoranabuhanga kandi rukaba rwaritwaye neza mu guhangana na COVID-19

Ikigo Africa CDC gishamikiye ku ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima, OMS.

Kagame Yakiriye Uyobora Ikigo Nyafurika Cyo Kurwanya Ibyorezo

TAGGED:AbaturageAfurikafeaturedIndwaraKigaliRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Centrafrique: François Bozizé Yahawe Ubuhungiro Muri Guinea Bissau
Next Article Uruzi Rw’Akagera ‘Rugiye’ Kubyazwa Umusaruro Mu Bundi Buryo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC:Abasirikare Basabiwe Gufungwa Imyaka 15 

Nyagatare: Hatangijwe Umushinga Mugari Wo Guhinga Ubutaka Bukomatanyije

Abanyamakuru Barekuwe N’Urukiko Rwa Gisirikare

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Ingengabihe Y’Umwaka Utaha W’Amashuri Yatangajwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Yanditse Igitabo Ku Gahinda Yatewe No Gupfusha Umugore We

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?