Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Afurika Y’Epfo: Abantu Barenga 52 Bahiriye Mu Igorofa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Afurika Y’Epfo: Abantu Barenga 52 Bahiriye Mu Igorofa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 August 2023 9:16 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abashinzwe ubutabazi muri Afurika y’Epfo baraye kandi baramukira mu kazi kenshi ko kuzimya inkongi yaraye yadutse muri rimwe mu magorofa ari i Johannesburg. Abantu 52 nibo bamaze kubarurwa ko bahitanywe n’iriya nkongi ariko hari indi mibare ivuga ko bagera kuri 60.

Kugeza ubu ntiharamenyekana icyateye iriya nkongi

Ikigo gishinzwe ubutabazi kitwa Emergency Services  cyabwiye BBC ko iriya nkongi yatangiye ahagana saa saba n’igice ku isaha mpuzamahanga, ubwo hari saa kenda n’igice z’ijoro ku isaha y’i Kigali.

Ku bw’amahirwe hari bamwe mu bakorera muri iriya nyubako bashoboye guhunga, ariko abandi b’abanyamirwe make bahasiga ubuzima.

Umuvugizi w’Ikigo gishinzwe ubutabazi cyo muri Afurika y’Epfo witwa Robert Mulaudzi avuga ko hari impungenge ko umubare wabo umuriro wahitanye uri bwiyongere.

Avuga ko imirambo 52 ari yo imaze kuboneka ariko ngo baracyashakisha indi.

Ku rundi ruhande, ngo hari abantu 43 bakomeretse ‘bidakomeye.’

Amashusho yashyizwe ku rubuga nkoranyambaga rwa X ( rwahoze ari Twitter) yerekana amakamyo arimo kizimyamwoto ari kwihuta agana aho iriya nkongi yari yadutse ngo barebe ko bazimya hatarangirika byinshi.

Ubwo twandikaga iyi nkuru, Polisi yo muri Afurika y’Epfo yari igihanganye n’iriya nkongi.

TAGGED:AfurikafeaturedInkongiPolisiUmuriro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Rugo Rwishinzwe Umutungo W’Umuhungu Wa Bongo Bahasanze Umuba W’Amafaranga
Next Article Kwita Abana B’Ingagi Amazina Bimariye Iki Umuturage?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?