Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Afurika Y’Epfo Ni Iya Mbere Muri Afurika Kuri Internet Yihuta Ikaba Iya 46 Ku ISI
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Afurika Y’Epfo Ni Iya Mbere Muri Afurika Kuri Internet Yihuta Ikaba Iya 46 Ku ISI

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 October 2022 8:11 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
MTN Rwanda igerageza uko ishoboye ngo ihe abakiliya serivisi bashaka. Icyakora iracyakeneye iminara ihagije
SHARE

Afurika iri inyuma mu bintu byinshi birebana n’iterambere ariko iyo bigeze k’umuvuduko wa murandasi ho usanga bikomeye cyane. Nk’ubu igihugu cya mbere gifite iyihuta kuri uyu mugabane ni Afurika y’Epfo ariko ikaba iya 46 ku isi.

Kuba Afurika ifite murandasi nke bigira ingaruka mu izamuka ry’ubukungu bwayo kubera ko muri iki gihe murandasi isigaye iri mu buzima bw’ibiri ku isi ‘hafi ya byose.’

Ahenshi muri Afurika bakoresha murandasi y’igisekuru cya gatatu mu gihe ahandi bageze ku gisekuru cya gatanu.

Hari n’aho kuri uyu mugabane uzasanga bakoresha murandasi y’igisekuru cya kabiri.

Ikigo kitwa  Speedtest Global cyatangaje ko bigaragara ko umuvuduko wa murandasi muri Afurika uri hasi cyane k’uburyo imibare yerekana ko n’ibihugu bigeragaza kugira nyinshi usanga biri nyuma cyane ku rwego rw’isi.

Ibindi bihugu biza bikurikiye Afurika y’Epfo ariTogo, Ibirwa bya Maurice, Maroc na  Botswana.

Urutonde rwatangajwe na kiriya kigo rwerekana ko ibihugu bifite murandasi yihuta kurusha ibindi ari ibyo muri Aziya ni ukuvuga Leta zunze ubumwe z’Abarabu, Koreya y’Epfo, Qatar, Bulgarie na  Norvège.

U Bufaransa buza ku mwanya wa 27 ku rwego rw’isi.

Abanditse iriya raporo bavuga ko hari za Leta z’ibihugu by’Afurika zihitamo kudaha abaturage murandasi bakeneye zirinda ko bayikoresha kugira ngo baziteshe umutwe.

Hari n’ibihugu bidafite ibikoresho by’ibanze murandasi iremereye ikenera kugira ngo yihute.

Kuba Afurik itaragira murandasi y’igisekuru cya gatanu cyangwa se byibura icya kane nabyo bituma abayituye badakoresha murandasi ifatika.

Hari umwe mu bayobozi ba MTN Rwanda wigeze kubwira ubwanditsi bwa Taarifa ko imwe mu mpamvu murandasi itanga ari nke ari uko n’abenshi mu Banyarwanda bafite mudasobwa na telefoni zigendanwa zitakorewe kwakira murandasi iremereye.

Iyo ni iy’igisekuru cya kane byaba akarusho hakazaza iy’igisekuru cya gatanu.

Mu bihugu 182 byakorewe ho buriya bushakatsi u Rwanda ruza ku mwanya wa 153.

TAGGED:AfurikaBurayiMurandasi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hafashwe Cocaine Ifite Agaciro ka Miliyoni $100
Next Article Mumbwire Icyagerwaho Nta Mahoro Arambye?- Jeannette Kagame Abaza Bagenzi Be
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?