Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Afurika Y’Epfo: Urugomo Rukorerwa Abimukira Rwubuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Afurika Y’Epfo: Urugomo Rukorerwa Abimukira Rwubuye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 April 2022 10:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu mpera z’Icyumweru gishize umugabo ukomoka muri Zimbabwe witwa Elvis Nyathi yafashwe n’abaturage bo muri Afurika y’Epfo bamutwika ari muzima. Ni igikorwa cyatumye Leta ya Afurika y’Epfo ihaguruka itangira kwamagana kiriya gikorwa kuko ngo ntaho cyaba gitaniye na APARTHEID .

Iyi ni Politiki y’ivangura ikomeye yashyizweho n’ubutegetsi bw’Abazungu bategetse Afurika y’Epfo mu mwaka yo hambere y’umwaka wa 1994.

Muri Afurika y’Epfo muri iki gihe hadutse amatsinda y’abiyise ‘Turi Maso’  agamije guhiga abantu bose baba mu Mujyi wa Diepsloot uturanye n’umurwa mukuru wa Politiki w’iki gihugu ari wo Johannesburg.

Bagize itsinda bise  ‘Group of Vigilantes’.

Abagize iri tsinda bamaze iminsi bajya ku rugo ku rundi basaba abarutuye kubereka ko bafite irangamuntu n’ibyangombwa bibemerera kuba muri Afurika y’Epfo.

Ku wa Gatatu w’Icyumweru gishize, abaturage bagiye mu muhanda kwamagana urugomo ruri gufata indi ntera mu Mujyi wa Diepsloot, bagashinja Polisi kubireba ikabirenza ingohe.

Al Jazeera ivuga ko Perezida Ramaphosa yamaganye ibikorwa bya bariya bantu, avuga ko bisa n’uko byari bimeze mu gihe cy’ubutegetsi bwa APARTHEID.

Ramaphosa yagize ati: “Twabonye abantu benshi bahagarikwa mu muhanda  nyabagendwa bagasabwa ibyangombwa ngo harebwe niba atari abimukira.”

Zimbabwe iherereye mu Majyaruguru y’Afurika y’Epfo

Avuga ko uko ari ko byagendaga mu gihe cya APARTHEID.

Yavuze ko mu gihe cy’ubutegetsi bwa APARTHEID , Abirabura bahagarikwaga bakakwa impapuro zibabaza impamvu binjiye mu gice cyagenewe Abazungu gusa.

Kuva biriya bikorwa byatangira, abantu bagera kuri barindwi nibo bamaze kubigwamo.

Muri bo harimo n’abakomoka muri Zimbabwe baje gushakisha imibereho myiza muri Afurika y’Epfo.

Ramaphosa ati: “ Ndababwira ko kuba muri iki gihe muri kwica abaturanyi bacu bo muri Zimbabwe, ejo mukica abo muri Mozambique, Nigeria na Pakistan bizarangira namwe mwicanye hagati yanyu.”

Cyril Ramaphosa Perezida w’Afurika y’Epfo

Yavuze ko kwica abantu ubashinja ko kuba ari abanyamahanga bivuze ko ari abanyarugomo bidakwiye.

Kimwe mu bituma abaturage ba Afurika y’Epfo bagirira abimukira urugomo ni uko muri kiriya gihugu hari ubusumbane bukomeye mu rwego rw’imirimo.

Muri iki gihugu kandi haherutse gutangira icyo abaturage bise Operation Dudula.

Dudula ni ijambo ry’Iki Zulu zivuga ‘Gusohora’, ‘Kwirukana’, ‘Gukura ahantu…’

Ni igikorwa kigamije kwirukana muri kiriya gihugu abamikira bose bahaba badafite ibyengombwa bibemerera kuhaba.

TAGGED:AbimukiraAfurika y'EpfoAPARTHIEDfeaturedRamaphosaZimbabwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ngoma: Inka Y’Uwarokotse Jenoside Yaciwe Itako
Next Article Ibikombe u Bushinwa Bwahaye Israel Bivugwaho Kubamo Ibyuma Bifata Amajwi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?