Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Afurika Y’Epfo Yasabiwe Ibihano Kubera Gucumbikira ‘Abajenosideri’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Afurika Y’Epfo Yasabiwe Ibihano Kubera Gucumbikira ‘Abajenosideri’

admin
Last updated: 09 June 2021 3:11 pm
admin
Share
SHARE

Umushinjacyaha Mukuru w’Urwego rwasigariye inkiko mpuzamahanga mpanabyaha, Serge Brammertz, yavuze ko bafite akazi gakomeye ko gushakisha abakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ariko hari ibihugu byabimye ubufatanye.

Ni ikibazo yagejeje ku Kanama k’Umuryango w’Abibumbye Gashinzwe Umutekano, kuri uyu wa 8 Kamena, ubwo yagaragazaga imirimo barimo gukora muri ruriya rwego.

Brammertz yavuze ko bongereye imbaraga mu gushakisha abakekwaho ibyaha bya Jenoside, kandi zatanze umusaruro kuko zagejeje ku ifatwa rya Kabuga Felicien no kwemeza ko Bizimana Augustin wari minisitiri w’ingabo mu gihe cya jenoside, yaguye muri Congo.

Yavuze ko magingo aya bakomeje gukurikirana abahunze ubutabera, kandi ko hari icyizere ko umusaruro uzaboneka.

Yakomeje ati “Ariko inzitizi y’ibanze dufite ni ukutabona ubufatanye bw’ibihugu binyamuryango. Muri make, ibihugu bimwe ntabwo birimo kubahiriza inshingano mpuzamahanga bifite, bigatuma ibiro byanjye bitabasha gufasha abashakishwa.”

Yahise atanga urugero rw’uburyo mu mezi atandatu ashize, yamenyesheje akanama gashinzwe umutekano ko Fulgence Kayishema ushakishwa n’ubutabera akomeje kwihishahisha muri Afurika y’Epfo. Icyo gihugu ngo cyakomeje kwinangira ku bijyanye n’ubufatanye cyasabwe.

Brammertz yakomeje ati “Ikibabaje ni uko nta cyahindutse, nta ntambwe igaragara yatewe. Uko bimeze ubu ni uko ubuyobozi bwa Afurika y’Epfo burimo gutanga ubutumwa ko igihugu cyabwo ari ubwihisho butekanye by’abajenosideri bahunze ubutabera.”

“Uruhare rw’Akanama gashinzwe umutekano rurakenewe byihutirwa. Gukomeza kunanirwa kubahiriza ibyemezo by’aka kanama bigomba kugira ingaruka.”

Brammertz yavuze ko nubwo amaperereza menshi abangamirwa n’ubushake buke bw’igihugu, hari ayakomeje kugenda atanga umusaruro.

Magingo aya iperereza rishyizweho mbaraga nyinshi ni iryo gufata Protais Mpiranya wayoboraga abasirikare barindaga Perezida Juvenal Habyarimana.

Uretse abakekwaho uruhare muri Jenoside, Afurika y’Epfo inacumbikiye abantu benshi bashakishwa n’u Rwanda kubera ibyaha by’iterabwoba bakekwaho.

Abandi bihisheyo barimo nka Kayumba Nyamwasa, ushakishwa ku byaha bitandukanye.

TAGGED:Afurika y'EpfofeaturedJenosideKabuga FelicienMpiranyaSerge Brammertz
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi Yataye Muri Yombi Abasore Batatu Bafite Ibilo 12 By’Urumogi
Next Article Ibimenyetso Byose Bigaragaza Ko Me Bukuru Ntwali Yiyahuye – RIB
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?