Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Agahenge Hagati Ya M23 Na FARDC Kanze Kavamo Intambara
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Agahenge Hagati Ya M23 Na FARDC Kanze Kavamo Intambara

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 December 2023 1:48 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Bertrand Bisimwa
SHARE

Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa, yatangaje ko ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC ari ryo ryabashotoye guhera kuri uyu wa 21 Ukuboza 2023, bituma bubura intwaro bararwana.

Iyo mirwano iri kubera muri Teritwari ya Masisi mu Ntara y’Amajyaruguru muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, ibaye nyuma y’iminsi 10 y’agahenge kari buzamare ibyumweru bibiri.

Bisiimwa ati: “Guhera kuri uyu wa 21, Ukuboza, 2023 kugeza muri uyu mwanya, ihuriro ry’ingabo za Leta ya Kinshasa ryagabye ibitero bitandukanye ku birindiro bya ARC/M23 muri teritwari ya Masisi, rirenga ku ihagarikwa ry’imirwano ryasabwe n’umuryango mpuzamahanga.”

Yatangaje  ko yakiriye amakuru y’uko ihuriro rya Leta rirakomeza kugaba ibitero ku birindiro by’uyu mutwe hirya no hino.

Ati “Amakuru agaragaza ko iri huriro rifite gahunda yo gukomeza no kwagura ibitero byaryo.”

Mu gihe Bisimwa avuga atyo, nta makuru aratangazwa n’uruhande bahanganye rwa DRC.

Aka gahenge gakomwe mu nkokora mu gihe Leta zunze ubumwe z’Amerika zari zarasabye M23 na DRC gutanga agahenge k’amasaha 72 ariko kaje kongererwa igihe kagezwa ku byumweru bibiri.

Ubwo impande zombi zahanaga agahenge k’amasaha 72, intego yari uko ako gahenge kaha uburyo bwiza ingabo za EAC kuva muri kiriya gihugu nta nkomyi.

Agahenge kakurikiyeho kabaye n’uburyo bwiza bwo kugira ngo amatora y’Umukuru w’igihugu,  Abadepite n’Abajyanama ku rwego rw’Intara nayo abe n’ubwo atabaye hose.

Imirwano yubuye kandi nyuma y’amasaha make ingabo za EAC zari zarasigaye ku butaka bwa RDC zitashye.

Ibice ingabo za EAC zagenzuraga M23 yarabisubiranye, mu gihe byari biteganyijwe ko ingabo za Afurika y’amajyepfo, SADC, ari zo zizabijyamo.

Amerika yari yavuze ko izakurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’aka gahenge.

Haribazwa kandi ikiri bukurikiraho nyuma y’iyi mirwano kubera ko Felix Tshisekedi ( ni Perezida urangije manda ye) yari yavuze ko nyuma y’amatora naramuka atowe hakagira uwo muri M23 wongera kurasa aho ari ho hose muri DRC, azasaba Inteko ishinga amategeko ikamwerera kurasa u Rwanda.

Ntawamenya niba yari amareshyamugeni yo kugira ngo abaturage bamushyigikiye bamutore, ariko uko bigaragara ayo magambo u Rwanda rwayafatanye uburemere bwinshi.

Ntibyatinze Perezida Paul Kagame azamura abasirikare barenga 10,000 mu mapeti, kandi abazamura ari abasirikare bo mu nzego zose.

Ni uguhera kuri Corporal kugeza kuri Jenerali ushyiramo n’Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda.

Kuri uyu wa Kane taliki 21, Ukuboza, 2023 hari kandi abakomando b’u Rwanda binjiye mu gisirikare.

TAGGED:FARDCfeaturedIngaboIntambaraM23
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abapolisi B’u Rwanda Berekanye Ubuhanga Bwo Gukumira Imvururu
Next Article Hari Gahunda Yo Gukundisha Abanyarwanda Kurya Ingurube
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?