Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Agahinda Ko Kurerwa N’Umubyeyi Ufite Uburwayi Bwo Mu Mutwe BUKOMEYE
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Agahinda Ko Kurerwa N’Umubyeyi Ufite Uburwayi Bwo Mu Mutwe BUKOMEYE

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 September 2021 3:06 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Cute sad cartoon black children portraits. African American boy isolated vector illustration. Afro character vector.
SHARE

Impanuka ya mbere umuntu ahura nayo kandi bikarangira imuhitanye ni ukuvuka. Ibi ni rusange ku bantu bose ariko ku bana bavuka bagasanga hari umwe mu babyeyi ufite uburwayi bwo mu mutwe bukomeye, byo ni akandi kaga bahura nako hakiri kare cyane…

Iki gihirahiro gitangira bakiri bato kuko batabona uburere busanzwe butangwa n’abandi babyeyi, na bagenzi babo ntibabure kubannyega bababwira ko umwe mu babyeyi arwaye mu mutwe( hari abavuga ko yasaze).

Iyo umwana wavukiye agakurira muri iriya mimerere amaze guca akenge, atangira kumva ko ari we wabaye nyirabayazana w’ibibazo umwe mu babyeyi be afite, ibi hari ubwo bituma uwo mwana ahitamo gukora uko ashoboye kose ngo abe ari we ukora inshingano z’uwo mubyeyi we ufite uburwayi bwo mu mutwe.

Mu gihe ataragera ku myaka yo kuba yafata uriya mwanzuro, umwana wakuze muri iriya mimerere aba yarakuze yigunga, benewabo n’abaturanyi bamuha akato.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Hari n’ubwo bariya bana nabo barwara mu mutwe kubera gukurira mu gihirahiro no guhabwa akato kandi bari bagikeneye kwitabwaho nk’abandi bana.

Ni ngombwa kwibuka ko uburwayi bwo mu mutwe burutanwa mu bukana.

Iyi nyandiko irasuzuma ingaruka ziba ku muntu wakuriye mu muryango urimo umubyeyi(cyangwa ababyeyi) ufite uburwayi bwo mu mutwe BUKOMEYE.

Ni izihe ngorane umuntu wakuriye mu muryango urimo umubyeyi ufite uburwayi bwo mu mutwe bukomeye ahura nazo?

Umwana atangira kumenya ko hari ibintu agomba kwitaho mu bimukikije agize byibura imyaka itanu.

- Advertisement -

Hari abashobora gutinda, ariko muri rusange ni iyo myaka bitangiriraho.

Aha nibwo abana baba biga mu mashuri y’incuke baba batangiye kugira ubwonko bufite ubushobozi bwabafasha kujya no mu  mashuri abanza.

Ku myaka itanu rero, umwana wavutse agasanga hari umwe mu babyeyi be ufite uburwayi bukomeye bwo mu mutwe, atangira kumenya ko burya atameze nk’abandi, ko burya iwabo hari umuntu witwa Papa cyangwa Mama’ ufite imyitwarire idasanzwe mu bandi, mbese w’umurwayi.

Atangira kumva ko ari ikibazo kuri bagenzi  be kandi ntaba afite ubushobozi bwo kwiyumvisha ko ibibazo Papa cyangwa Mama afite ari uburwayi.

Hari abarwayi babwiye abashakashatsi bo muri Suède ko uburwayi bw’umwe mu babyeyi babo byatambamiye imishyikirano bagombaga kugirana, iyi ikaba ari imishyikirano isanzwe iranga abana n’ababyeyi nko gukina, kuganira n’ibindi.

Ubuhamya bwa bariya barwayi bwemeza ko gukurira mu mimerere nk’iriya byatumye bumva bagomba kuba ari bo biyitaho, kuko babonaga ko umubyeyi wabo atabikora nk’uko byabifuza.

Ikindi abana nka bariya bagomba kwihanganira ni ukubika amakuru y’uko umwe mu babyeyi babo arwaye, bakirinda kubibwira abandi no kubyemera mu ruhame kandi bazi neza ko bitinde cyangwa bitebuke, bizigaragaza.

Ni nko gutwika inzu ugahisha umwotsi!

Babihisha banga ko bagenzi babo bazabaha urwa amenyo n’akato kajyana narwo.

Ntabwo abana bafite umubyeyi urwaye bikomeye mu mutwe bajya bumva batekanye.

Bahorana ubwoba bw’uko uwo mubyeyi yabagirira nabi cyangwa nawe akigirira nabi kandi baba bakimufata nka Papa cyangwa Mama.

Muri rusange abana bafite ababyeyi cyangwa umwe mu babyeyi ufite uburwayi bukomeye bwo mu mutwe, nawe akura afite ibyago byo kuzahungabana mu mutwe.

Akeneye kwitabwaho…

Abana aho bava bakagera bakeneye kwerekwa urukundo

Kubera ko umwana wakuriye mu muryango nk’uriya akura yumva yarateranywe, ni iby’agaciro ko hagira umuntu umwitaho akamwereka ko afite agaciro kandi kandi ko ari umwana nk’abandi.

Abaturanyi, abantu bakuru mu muryango, abarimu n’inshuti z ‘umuryango ni abantu b’agaciro mu kongera kugarurira icyizere umwana wabuze urukundo rw’ababyeyi be kubera uburwayi bwo mu mutwe bukomeye.

Hari ikindi kibabaza abana nka bariya: Kubona umubyeyi we ahora ajyanwa kwa muganga…

Umwana utaraca akange ngo asobanukirwe icyo uburwayi bwo mu mutwe ari cyo, ahora yibaza impamvu Se cyangwa Nyina ahora ajyanwa kwa muganga.

Aba yumva yahabwa ibisobanuro by’icyabaye ariko ntabone ubimuha.

Ikinyamakuru Psychology Today kivuga ko ibi bituma bariya bana bigunga ndetse byatinda bakazarwara indwara y’agahinda gakabije, iyi ndwara kandi hari ubwo iganisha ku kwiyahura.

TAGGED:AgahindafeaturedUburwayiUbuzimaUmutwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nicolas Sarkozy Wayoboye u Bufaransa Yakatiwe Gufungwa Umwaka Umwe
Next Article Bafatiwe I Ngoma Bafite Frw 678,000 Y’Amakorano
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?