Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Aho Marburg Yaje Mu Rwanda Ituruka Hamenyekanye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbuzima

Aho Marburg Yaje Mu Rwanda Ituruka Hamenyekanye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 October 2024 3:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Iki ni ikiganiro cyahuje abanyamakuru na Minisante na WHO/OMS
SHARE

Minisitiri w’ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana avuga ko icyorezo cya Marburg cyadutse mu Rwanda kivuye mu ducurama ariko atavuze aho twari turi.

Yabivugiye mu kiganiro n’itangazamakuru kitabiriwe n’Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye WHO/OMS, Dr. Tedros Gybriesus uri mu Rwanda guhera mu mpera z’iki Cyumweru.

Nsanzimana yabwiye abanyamakuru n’abandi banyacyubahiro barimo abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda ko aho u Rwanda rumenye ko rwinjiriwe na kiriya cyorezo rwahise rutangira kwita ku banduye no kureba niba hamenyekana aho cyateye gituruka.

Avuga ko u Rwanda rwaje gusanga iriya ndwara yarageze mu Banyarwanda ivuye mu nyamaswa.

Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus uyobora WHO/OMS ashima uko u Rwanda rubyitwaramo, akavuga ko yaba Perezida Kagame n’abandi bafatanya mu buyobozi bw’igihugu bakoze uko bashoboye ngo bahagarike iki cyorezo vuba.

Ati: “Naraye mpuye na Perezida Kagame ambwira uko igihugu cyakoze ngo gihagarike Marburg. Ni ibintu namushimiye we n’abo bakorana”.

Ghebreyesus avuga ko yaraye asuye aho abarwayi ba Marburg bari asanga bari kwitabwaho ku rwego rutari rusanzwe rukoreshwa mu bihugu iriya ndwara yagaragayemo.

Ashima kandi ko u Rwanda rwakoresheje neza inkingo rwahawe ngo rukingire abarutuye agashima n’abafatanyabikorwa barwo barugaragarije ubufatanye muri ibyo bibazo.

Umuyobozi wa OMS/WHO avuga kandi ko yarebye uko u Rwanda ruhererekanya amakuru kuri iyi ndwara kugira ngo hamenyekane abanduye kandi bitabweho.

Avuga kandi ko u Rwanda rugeze kure ruteza imbere ibyo gukora urukingo rwa COVID-19 kuko ubwo iki cyorezo cyadukaga mu Rwanda cyatumye abantu babona akamaro ko kugira uruganda rukorera inkingo mu gihugu imbere cyangwa hafi aho.

Yasabye u Rwanda gukomeza gukorana n’abandi mu gukurikirana uko iki cyorezo kirwanywa kugira ngo mu gihe gito kiri imbere kizabe cyaranduwe burundu.

Ati: “WHO/OMS izakomeza gukorana n’u Rwanda mu guhashya iyi ndwara kugira ngo rugere ku ntsinzi”.

Umuyobozi wa OMS/WHO yasabye ibihugu byari byarakomanyirije u Rwanda ku ngendo zabaruturuka mo kubikuraho kuko u Rwanda rwifashe neza muri uru rugamba.

TAGGED:featuredIbihuguInkomokoInyamaswaMarburgRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abantu 87 Bishwe N’Igitero Cy’Indege Za Israel
Next Article Kirehe: Inkuba Yishe Umuturage N’Amatungo 24
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Huye: Abagabo Bane Bakurikiranyweho Gutema Abaturage

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?