Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Aho Marburg Yaje Mu Rwanda Ituruka Hamenyekanye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbuzima

Aho Marburg Yaje Mu Rwanda Ituruka Hamenyekanye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 October 2024 3:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Iki ni ikiganiro cyahuje abanyamakuru na Minisante na WHO/OMS
SHARE

Minisitiri w’ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana avuga ko icyorezo cya Marburg cyadutse mu Rwanda kivuye mu ducurama ariko atavuze aho twari turi.

Yabivugiye mu kiganiro n’itangazamakuru kitabiriwe n’Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye WHO/OMS, Dr. Tedros Gybriesus uri mu Rwanda guhera mu mpera z’iki Cyumweru.

Nsanzimana yabwiye abanyamakuru n’abandi banyacyubahiro barimo abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda ko aho u Rwanda rumenye ko rwinjiriwe na kiriya cyorezo rwahise rutangira kwita ku banduye no kureba niba hamenyekana aho cyateye gituruka.

Avuga ko u Rwanda rwaje gusanga iriya ndwara yarageze mu Banyarwanda ivuye mu nyamaswa.

Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus uyobora WHO/OMS ashima uko u Rwanda rubyitwaramo, akavuga ko yaba Perezida Kagame n’abandi bafatanya mu buyobozi bw’igihugu bakoze uko bashoboye ngo bahagarike iki cyorezo vuba.

Ati: “Naraye mpuye na Perezida Kagame ambwira uko igihugu cyakoze ngo gihagarike Marburg. Ni ibintu namushimiye we n’abo bakorana”.

Ghebreyesus avuga ko yaraye asuye aho abarwayi ba Marburg bari asanga bari kwitabwaho ku rwego rutari rusanzwe rukoreshwa mu bihugu iriya ndwara yagaragayemo.

Ashima kandi ko u Rwanda rwakoresheje neza inkingo rwahawe ngo rukingire abarutuye agashima n’abafatanyabikorwa barwo barugaragarije ubufatanye muri ibyo bibazo.

Umuyobozi wa OMS/WHO avuga kandi ko yarebye uko u Rwanda ruhererekanya amakuru kuri iyi ndwara kugira ngo hamenyekane abanduye kandi bitabweho.

Avuga kandi ko u Rwanda rugeze kure ruteza imbere ibyo gukora urukingo rwa COVID-19 kuko ubwo iki cyorezo cyadukaga mu Rwanda cyatumye abantu babona akamaro ko kugira uruganda rukorera inkingo mu gihugu imbere cyangwa hafi aho.

Yasabye u Rwanda gukomeza gukorana n’abandi mu gukurikirana uko iki cyorezo kirwanywa kugira ngo mu gihe gito kiri imbere kizabe cyaranduwe burundu.

Ati: “WHO/OMS izakomeza gukorana n’u Rwanda mu guhashya iyi ndwara kugira ngo rugere ku ntsinzi”.

Umuyobozi wa OMS/WHO yasabye ibihugu byari byarakomanyirije u Rwanda ku ngendo zabaruturuka mo kubikuraho kuko u Rwanda rwifashe neza muri uru rugamba.

TAGGED:featuredIbihuguInkomokoInyamaswaMarburgRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abantu 87 Bishwe N’Igitero Cy’Indege Za Israel
Next Article Kirehe: Inkuba Yishe Umuturage N’Amatungo 24
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Kabila Arasomerwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

You Might Also Like

IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Abageni Bwari Bucye Basezerana Bakubiswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Rulindo: Yafatanywe Ayo Kwishyura Abacukura Amabuye Mu Buryo Butemewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?