Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Aho Museveni Azarahirira Hakomeje Gutegurwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Aho Museveni Azarahirira Hakomeje Gutegurwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 May 2021 9:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri Uganda barategura irahira rya Perezida Yoweli Kaguta Museveni uherutse gutsindira kongera kuyobora Uganda kuri Manda ya karindwi. Azarahira kuri uyu wa Gatatu tariki 12, Gicurasi, 2021

Azarahirira ku kibuga kiri ahitwa Kololo mu mujyi wa Kampala.

Video yashyizwe kuri Twitter n’ikinyamakuru NTV irerekana abantu bacicikana bashyira ibintu ku murongo kugira ngo uriya muhango uzabere ahantu hasa neza kandi hatekanye.

Biteganyijwe ko hari Abakuru b’ibihugu birenga 20 bazitabira umuhango w’irahira rya Perezida Museveni.

Mu matora y’Umukuru w’igihugu yabaye mu ntangiriro za Mutarama, 2021, Museveni yari ahanganye na Bwana Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi ku izina rya Bobi Wine.

Uyu mugabo wahoze ari umuhanzi ariko akaza kwiyegurira Politiki yashinje Museveni ko yamwibye amajwi, ariko nawe aza kubwira abanyamakuru ko ahubwo Kyagulanyi ariwe wayibye n’ubwo bitamubijije gutsindwa.

Icyo gihe Museveni yavuze ko uduce twibwemo amajwi ari Kampala, Wakiso na Kyotera no mu tundi duce two mu gihugu hagati.

Daily Monitor iherutse kwandika ko Museveni yavuze  ko uwateguye buriya bujura akaba ari nawe wabwungukiyemo ari Bwana Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine.

N’ubwo Perezida Museveni yavuze biriya, uyu Bobi Wine niwe watsinzwe amatora, abantu bakibaza uko yungutse kandi yaratsinzwe!

Museveni yagize ati: “Abaturage ba Uganda bose bazi ko habayeho kwiba amajwi kandi bazi neza ko byakozwe na NUP( Ishyaka rya Bobi Wine) kandi nibo babyungukiyemo.”

Ibyatangajwe na Komisiyo y’amatora muri Uganda byerekanye ko Museveni ari we watsinze amatora y’Umukuru w’igihugu ku majwi 58% naho Wine atsindwa ku majwi 35%.

Hari gutegurwa
Aho abaturage bazaba bicaye bakurikirana irahira rya Museveni
TAGGED:AmatorafeaturedKampalaKurahiraMuseveniPerezidaRobertUgandaWine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Aba Maman B’Abapolisikazi Barashimirwa Ubutwari Bwabo Mu Kazi
Next Article Kalindari Y’Abanyarwanda Ba Kera, Mubazi(Calculator)Ya Mbere Mu Mateka…
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Tshisekedi Arabwira Inteko Iby’Ingenzi Aherutse Kwemeranya Na Perezida Kagame

Perezida wa Benin Yabwiye Abaturage Ko Abashatse Kumuhirika Baruhiye Ubusa

Uko Kugonganisha Ibigo Bitubura Imbuto Byakoze K’Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubuhinzi

Rwanda: Utubari Tugiye Kujya Dufunga Mu Rukerera

Kayonza: Nyemazi Yazize Kubuza Abaturage Gusuhuka Kubera Inzara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko Kugonganisha Ibigo Bitubura Imbuto Byakoze K’Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubuhinzi

Busabizwa Yatanze Kopi Z’Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda Muri Guinée Equatoriale

Kayonza: Nyemazi Yazize Kubuza Abaturage Gusuhuka Kubera Inzara

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

You Might Also Like

Imikino

U Rwanda Rwatangije Irushanwa Rizajya Rihuza Za Kaminuza Muri Siporo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

U Rwanda Rwamurikiye Abanya Congo Brazzaville Aho Rugejeje Ubukungu Bwarwo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Afurika Y’Epfo: Abantu 11 Biciwe Mu Kivunge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Kagame Yaganiriye N’Umuyobozi W’Ikigega Cy’Isi Cy’Imari 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?